Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame wari umaze imyaka ibiri ari Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), yarangije manda ye, avuga ko byari iby’agaciro ku Gihugu cy’u Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu Nama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize uyu Muryango iteraniye muri Samoa.

Ni inama ibaye ikurikira iyabereye mu Rwanda muri 2022, yanasize u Rwanda ari rwo ruyoboye uyu Muryango wa Commonwealth muri manda y’imyaka ibiri.

Perezida Paul Kagame, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi nama iri kubera muri Samoa, yavuze ko “Byari iby’agaciro ku Rwanda kuba Igihugu kiyoboye uyu Muryango muri iyi myaka ibiri ishize.”

Yaboneyeho kandi gushimira no kwifuriza ishya n’ihirwe, Minisitiri w’Intebe wa Samoa, Fiamē Naomi Mata’afa wamusimbuye kuri izi nshingano, ati “ndakwifuriza kuzesa imihigo nk’Umuyobozi Mukuru.”

Yaboneyeho kandi kwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu warwo mu buzima no mu kugera ku ntego z’uyu Muryango w’Ibihugu bikoresha icyongereza.

Yanashimiye kandi Umunyamabana Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland ku nshingano ze yujuje neza mu miyoborere ye.

Igihugu cya Samoa kandi kibaye icya mbere cyo mu Birwa bya Pacific cyakiriye iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri Commonwealth.

Perezida Kagame yavuze ko “Ibi biziye igihe cy’ingingo itureba. Igipimo cy’ubushyuhe kirakomeza kuzamuka, kandi nk’Ibihugu by’Ibirwa bito muri Pacific na Caribbe, ibi bifite icyo bisobanuye mu guhangana na bwo.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko uyu mutwaro, usangiwe n’Imigabane yombi ya Afurika na Asia.

Ati “Bibiri bya gatatu by’Ibihugu bito ku Isi, ni ibinyamuryango bya Commonwealth. Ntabwo dushobora kwirengagiza amajwi y’abakomeje kwikorera umutwaro w’iki kibazo, kandi ntabwo bigomba kwingingira inkunga yacu.”

Yavuze ko mu gihe hategerejwe inama ya COP-29 izaba mu byumweru bicye biri imbere, Ibihugu bigize Commonwealth bikwiye gutanga urugero rwiza mu guhangana n’ibikomeza guteza imihindagurikire y’ikirere, bikarushaho gushyira mu bikorwa ibyo byagiye bisesezeranya muri uru rugendo.

Yasabye ibi Bihugu kandi gukomeza gushyigikira Gahunda ya Sustainable Markets Initiative yatangijwe n’Umwami w’u Bwongereza, Charles III, nk’igishushanyo mbonera cy’imikoranire mu ishoramari ritangiza ibidukikije, binyujijwe mu muryango wa Commonwealth.

Yavuze ko kugira ngo intego zo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere zigerweho, zikwiye gushorwamo imari n’Ibihugu bikize.

Yanagarutse kandi ku bikorwa bigomba gushyirwamo imbaraga kugira ngo abatuye Ibihugu bigize Commonwealth barusheho gutera imbere no kugira imibereho myiza, avuga ko hakenewe gushorwa imari mu mirimo y’ikoranabuhanga izamura abagore n’urubyiruko.

Ati “Tugomba gukomeza guhanga amaso amahirwe ari mu guhanga udushya mu ikoranabuhanga, mu gushakira umuti imbogamizi zigihari z’izamuka ry’ubushomeri ndetse n’ikibazo cy’abimukira cya hato na hato.”

Yavuze kandi ko ibi bizanaba ikiraro cyo gukuraho icyuho cy’ubumenyi kigihari, ndetse no gushora imari mu bushobozi bw’abantu.

Nanone kandi yavuze ko ubwenge buhangano butagomba kuba ikibazo ku bantu ahubwo ko bukwiye gukoreshwa neza mu kuzanira amahirwe abantu.

Ati “Nitubukoresha mu buryo bukwiye kandi tugashyiraho imirongo migari myiza, bizatuma tubyaza umusaruro ubwenge ntekerezo, kandi butume turushaho kwigira.”

Yanagarutse kandi ku rugendo rw’iterambere ry’uyu Muryango wa Commonwealth, wujuje imyaka 75 ubayeho, aho watangiye ugizwe n’Ibihugu umunani gusa, ubu ukaba ugizwe n’Ibihugu 56, kandi ukaba ugishikamye ku ndangagaciro zawo, z’uburinganire, guhuriza hamwe ab’ingeri zose ndetse no guhuza imbaraga.

Perezida Kagame yavuze ko byari iby’agaciro ku Rwanda kuba Umuyobozi wa Commonwealth mu myaka ibiri ishize

Umwami w’u Bwongereza Charles III yayoboye iyi nama
Perezida Kagame yagaragaje ibikwiye gushyirwamo imbaraga n’Ibihugu bigize uyu Muryango

Umukuru w’u Rwanda kandi yashimiye Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth

Perezida Kagame ari kumwe na bamwe mu bayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda
Iyi nama yabereye mu Kirwa cya Samoa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Huye: Abashumba badukanye ingeso igaragaza ko barutisha amatungo yabo ubuzima bw’abaturage

Next Post

Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n’Ibihugu bakomokamo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n’Ibihugu bakomokamo

Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n'Ibihugu bakomokamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.