Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame wari umaze imyaka ibiri ari Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), yarangije manda ye, avuga ko byari iby’agaciro ku Gihugu cy’u Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu Nama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize uyu Muryango iteraniye muri Samoa.

Ni inama ibaye ikurikira iyabereye mu Rwanda muri 2022, yanasize u Rwanda ari rwo ruyoboye uyu Muryango wa Commonwealth muri manda y’imyaka ibiri.

Perezida Paul Kagame, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi nama iri kubera muri Samoa, yavuze ko “Byari iby’agaciro ku Rwanda kuba Igihugu kiyoboye uyu Muryango muri iyi myaka ibiri ishize.”

Yaboneyeho kandi gushimira no kwifuriza ishya n’ihirwe, Minisitiri w’Intebe wa Samoa, Fiamē Naomi Mata’afa wamusimbuye kuri izi nshingano, ati “ndakwifuriza kuzesa imihigo nk’Umuyobozi Mukuru.”

Yaboneyeho kandi kwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu warwo mu buzima no mu kugera ku ntego z’uyu Muryango w’Ibihugu bikoresha icyongereza.

Yanashimiye kandi Umunyamabana Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland ku nshingano ze yujuje neza mu miyoborere ye.

Igihugu cya Samoa kandi kibaye icya mbere cyo mu Birwa bya Pacific cyakiriye iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri Commonwealth.

Perezida Kagame yavuze ko “Ibi biziye igihe cy’ingingo itureba. Igipimo cy’ubushyuhe kirakomeza kuzamuka, kandi nk’Ibihugu by’Ibirwa bito muri Pacific na Caribbe, ibi bifite icyo bisobanuye mu guhangana na bwo.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko uyu mutwaro, usangiwe n’Imigabane yombi ya Afurika na Asia.

Ati “Bibiri bya gatatu by’Ibihugu bito ku Isi, ni ibinyamuryango bya Commonwealth. Ntabwo dushobora kwirengagiza amajwi y’abakomeje kwikorera umutwaro w’iki kibazo, kandi ntabwo bigomba kwingingira inkunga yacu.”

Yavuze ko mu gihe hategerejwe inama ya COP-29 izaba mu byumweru bicye biri imbere, Ibihugu bigize Commonwealth bikwiye gutanga urugero rwiza mu guhangana n’ibikomeza guteza imihindagurikire y’ikirere, bikarushaho gushyira mu bikorwa ibyo byagiye bisesezeranya muri uru rugendo.

Yasabye ibi Bihugu kandi gukomeza gushyigikira Gahunda ya Sustainable Markets Initiative yatangijwe n’Umwami w’u Bwongereza, Charles III, nk’igishushanyo mbonera cy’imikoranire mu ishoramari ritangiza ibidukikije, binyujijwe mu muryango wa Commonwealth.

Yavuze ko kugira ngo intego zo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere zigerweho, zikwiye gushorwamo imari n’Ibihugu bikize.

Yanagarutse kandi ku bikorwa bigomba gushyirwamo imbaraga kugira ngo abatuye Ibihugu bigize Commonwealth barusheho gutera imbere no kugira imibereho myiza, avuga ko hakenewe gushorwa imari mu mirimo y’ikoranabuhanga izamura abagore n’urubyiruko.

Ati “Tugomba gukomeza guhanga amaso amahirwe ari mu guhanga udushya mu ikoranabuhanga, mu gushakira umuti imbogamizi zigihari z’izamuka ry’ubushomeri ndetse n’ikibazo cy’abimukira cya hato na hato.”

Yavuze kandi ko ibi bizanaba ikiraro cyo gukuraho icyuho cy’ubumenyi kigihari, ndetse no gushora imari mu bushobozi bw’abantu.

Nanone kandi yavuze ko ubwenge buhangano butagomba kuba ikibazo ku bantu ahubwo ko bukwiye gukoreshwa neza mu kuzanira amahirwe abantu.

Ati “Nitubukoresha mu buryo bukwiye kandi tugashyiraho imirongo migari myiza, bizatuma tubyaza umusaruro ubwenge ntekerezo, kandi butume turushaho kwigira.”

Yanagarutse kandi ku rugendo rw’iterambere ry’uyu Muryango wa Commonwealth, wujuje imyaka 75 ubayeho, aho watangiye ugizwe n’Ibihugu umunani gusa, ubu ukaba ugizwe n’Ibihugu 56, kandi ukaba ugishikamye ku ndangagaciro zawo, z’uburinganire, guhuriza hamwe ab’ingeri zose ndetse no guhuza imbaraga.

Perezida Kagame yavuze ko byari iby’agaciro ku Rwanda kuba Umuyobozi wa Commonwealth mu myaka ibiri ishize

Umwami w’u Bwongereza Charles III yayoboye iyi nama
Perezida Kagame yagaragaje ibikwiye gushyirwamo imbaraga n’Ibihugu bigize uyu Muryango

Umukuru w’u Rwanda kandi yashimiye Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth

Perezida Kagame ari kumwe na bamwe mu bayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda
Iyi nama yabereye mu Kirwa cya Samoa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 9 =

Previous Post

Huye: Abashumba badukanye ingeso igaragaza ko barutisha amatungo yabo ubuzima bw’abaturage

Next Post

Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n’Ibihugu bakomokamo

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n’Ibihugu bakomokamo

Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n'Ibihugu bakomokamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.