Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abashinja u Rwanda ibinyoma ko rwiba amabuye y’agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye guhagaragara kuko na rwo ubwarwo ruyafite ndetse amwe akaba ari meza kurusha kure ayo muri Congo ndetse n’ahandi hose ku Isi.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Werurwe 2023 ubwo yagiranaga ikiganiro n’Abanyamakuru cyagarutse ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakunze gushinja u Rwanda ibinyoma bitandukanye, birimo kuvuga ko rufasha umutwe wa M23 ndetse ngo no gukoresha uyu mutwe ngo rubashe kwiba amabuye y’agaciro.

Umukuru w’u Rwanda yongeye kugaruka ku muzi w’ikibazo nyirizina kiri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gishingiye ku mutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi bakajya kuyikomereza muri kiriya Gihugu bahungiyemo.

Ibi ni na byo byatumye havuka umutwe wa M23 wo kurwanya ubwicanyi n’itotezwa bikorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bikorwa n’imitwe irimo FDLR inaza ku isonga ikaba inashyigikiwe n’ubutegetsi bwa Congo.

Perezida Kagame agaruka ku bindi birego byakunze gushinjwa u Rwanda ko rujya muri Congo kwibayo amabuye y’agaciro, yagize ati “ayo mabuye y’agaciro ko yahozeho cyera kuki Abanyekongo ubwabo batayabyaza umusaruro.”

Yahise aboneraho kuvuga ko ayo mabuye bavuga ko aba muri Congo no mu Rwanda ahari, ati “Ese murabizi ko hano naho dufite amabuye y’agaciro? Ntabwo ari menshi nko muri Congo ariko turayafite.”

Avuga ko nk’ayo mu bwoko bwa coltan akunze no gushinjwa u Rwanda, na ho ahari kandi menshi “meza kurushya kure iy’ahandi hose harimo no muri Congo.”

Yavuze ko n’abantu bakoze ubushakashatsi babyibonera kuko amabuye y’agaciro yo muri ubu bwoko bwa Coltan afite ubwiza bwa buri hagati ya 40% na 60%, mu gihe ayo muri congo ari hagati ya 20 na 30%.

Ngo na Zahabu birirwa baririmba, ntabwo ari umwihariko wa Congo kuko mu myaka ishize ubwo RPF-Inkotanyi yarwanaga urugamba rwo kubohora u Rwanda, hari amabuye ya Zahabu yabonetse mu Rwanda mu gice cy’Amajyaruguru ahazwi nko mu Miyove.

Ati “Twagiye dutora Zahabu ubwo abari mu bihuru bategereje umwanzi, bagiye batoragura Zahabu aho ngaho. Ntabwo ari ugukabya, rwose dufite zahabu kandi irahari muri Miyove.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko izi nkuru zose zihimbwa zigamije kuyobya uburari ku kibazo nyirizina gihari.

Yagarutse ku bitero bya FDLR yagiye igaba mu Rwanda muri 2019, avuga ko yabaga ifite ibikoresho yahawe na Guverinoma ya Congo, aboneraho kwibutsa ko nta na rimwe uzashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda ngo bimuhire.

Yavuze ko ntacyo u Rwanda rushobora kungukira mu kuba Igihugu cy’igituranyi cyabura amahoro, bityo ko ruhora rwifuriza amahoro ibindi Bihugu kuko“Twabuze amahoro igihe kinini, tuzi igisobanuro cyayo kandi tuzi ikiguzi cyayo.”

U Rwanda kandi rumaze iminsi ruvuga ku bushotoranyi bwakozwe na Congo inshuro nyinshi, aho rwagaragaje ko iki Gihugu cy’igituranyi cyakomeje gushotora u Rwanda ngo kirushore mu ntambara bityo kikabona uruhengekero rw’ibyo kirushinja, kandi ko na rwo rwiteguye kurwana intamba yose rwashorwaho.

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’Abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + twenty =

Previous Post

Yagaragaje agahinda mu buryo budasanzwe kubera ibyo yakorewe n’ubuyobozi kandi ‘yaratanze ruswa ya 100.000Frw’

Next Post

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Related Posts

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

IZIHERUKA

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

28/07/2025
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.