Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abashinja u Rwanda ibinyoma ko rwiba amabuye y’agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye guhagaragara kuko na rwo ubwarwo ruyafite ndetse amwe akaba ari meza kurusha kure ayo muri Congo ndetse n’ahandi hose ku Isi.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Werurwe 2023 ubwo yagiranaga ikiganiro n’Abanyamakuru cyagarutse ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakunze gushinja u Rwanda ibinyoma bitandukanye, birimo kuvuga ko rufasha umutwe wa M23 ndetse ngo no gukoresha uyu mutwe ngo rubashe kwiba amabuye y’agaciro.

Umukuru w’u Rwanda yongeye kugaruka ku muzi w’ikibazo nyirizina kiri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gishingiye ku mutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi bakajya kuyikomereza muri kiriya Gihugu bahungiyemo.

Ibi ni na byo byatumye havuka umutwe wa M23 wo kurwanya ubwicanyi n’itotezwa bikorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bikorwa n’imitwe irimo FDLR inaza ku isonga ikaba inashyigikiwe n’ubutegetsi bwa Congo.

Perezida Kagame agaruka ku bindi birego byakunze gushinjwa u Rwanda ko rujya muri Congo kwibayo amabuye y’agaciro, yagize ati “ayo mabuye y’agaciro ko yahozeho cyera kuki Abanyekongo ubwabo batayabyaza umusaruro.”

Yahise aboneraho kuvuga ko ayo mabuye bavuga ko aba muri Congo no mu Rwanda ahari, ati “Ese murabizi ko hano naho dufite amabuye y’agaciro? Ntabwo ari menshi nko muri Congo ariko turayafite.”

Avuga ko nk’ayo mu bwoko bwa coltan akunze no gushinjwa u Rwanda, na ho ahari kandi menshi “meza kurushya kure iy’ahandi hose harimo no muri Congo.”

Yavuze ko n’abantu bakoze ubushakashatsi babyibonera kuko amabuye y’agaciro yo muri ubu bwoko bwa Coltan afite ubwiza bwa buri hagati ya 40% na 60%, mu gihe ayo muri congo ari hagati ya 20 na 30%.

Ngo na Zahabu birirwa baririmba, ntabwo ari umwihariko wa Congo kuko mu myaka ishize ubwo RPF-Inkotanyi yarwanaga urugamba rwo kubohora u Rwanda, hari amabuye ya Zahabu yabonetse mu Rwanda mu gice cy’Amajyaruguru ahazwi nko mu Miyove.

Ati “Twagiye dutora Zahabu ubwo abari mu bihuru bategereje umwanzi, bagiye batoragura Zahabu aho ngaho. Ntabwo ari ugukabya, rwose dufite zahabu kandi irahari muri Miyove.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko izi nkuru zose zihimbwa zigamije kuyobya uburari ku kibazo nyirizina gihari.

Yagarutse ku bitero bya FDLR yagiye igaba mu Rwanda muri 2019, avuga ko yabaga ifite ibikoresho yahawe na Guverinoma ya Congo, aboneraho kwibutsa ko nta na rimwe uzashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda ngo bimuhire.

Yavuze ko ntacyo u Rwanda rushobora kungukira mu kuba Igihugu cy’igituranyi cyabura amahoro, bityo ko ruhora rwifuriza amahoro ibindi Bihugu kuko“Twabuze amahoro igihe kinini, tuzi igisobanuro cyayo kandi tuzi ikiguzi cyayo.”

U Rwanda kandi rumaze iminsi ruvuga ku bushotoranyi bwakozwe na Congo inshuro nyinshi, aho rwagaragaje ko iki Gihugu cy’igituranyi cyakomeje gushotora u Rwanda ngo kirushore mu ntambara bityo kikabona uruhengekero rw’ibyo kirushinja, kandi ko na rwo rwiteguye kurwana intamba yose rwashorwaho.

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’Abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Yagaragaje agahinda mu buryo budasanzwe kubera ibyo yakorewe n’ubuyobozi kandi ‘yaratanze ruswa ya 100.000Frw’

Next Post

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.