Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abashinja u Rwanda ibinyoma ko rwiba amabuye y’agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye guhagaragara kuko na rwo ubwarwo ruyafite ndetse amwe akaba ari meza kurusha kure ayo muri Congo ndetse n’ahandi hose ku Isi.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Werurwe 2023 ubwo yagiranaga ikiganiro n’Abanyamakuru cyagarutse ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakunze gushinja u Rwanda ibinyoma bitandukanye, birimo kuvuga ko rufasha umutwe wa M23 ndetse ngo no gukoresha uyu mutwe ngo rubashe kwiba amabuye y’agaciro.

Umukuru w’u Rwanda yongeye kugaruka ku muzi w’ikibazo nyirizina kiri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gishingiye ku mutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi bakajya kuyikomereza muri kiriya Gihugu bahungiyemo.

Ibi ni na byo byatumye havuka umutwe wa M23 wo kurwanya ubwicanyi n’itotezwa bikorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bikorwa n’imitwe irimo FDLR inaza ku isonga ikaba inashyigikiwe n’ubutegetsi bwa Congo.

Perezida Kagame agaruka ku bindi birego byakunze gushinjwa u Rwanda ko rujya muri Congo kwibayo amabuye y’agaciro, yagize ati “ayo mabuye y’agaciro ko yahozeho cyera kuki Abanyekongo ubwabo batayabyaza umusaruro.”

Yahise aboneraho kuvuga ko ayo mabuye bavuga ko aba muri Congo no mu Rwanda ahari, ati “Ese murabizi ko hano naho dufite amabuye y’agaciro? Ntabwo ari menshi nko muri Congo ariko turayafite.”

Avuga ko nk’ayo mu bwoko bwa coltan akunze no gushinjwa u Rwanda, na ho ahari kandi menshi “meza kurushya kure iy’ahandi hose harimo no muri Congo.”

Yavuze ko n’abantu bakoze ubushakashatsi babyibonera kuko amabuye y’agaciro yo muri ubu bwoko bwa Coltan afite ubwiza bwa buri hagati ya 40% na 60%, mu gihe ayo muri congo ari hagati ya 20 na 30%.

Ngo na Zahabu birirwa baririmba, ntabwo ari umwihariko wa Congo kuko mu myaka ishize ubwo RPF-Inkotanyi yarwanaga urugamba rwo kubohora u Rwanda, hari amabuye ya Zahabu yabonetse mu Rwanda mu gice cy’Amajyaruguru ahazwi nko mu Miyove.

Ati “Twagiye dutora Zahabu ubwo abari mu bihuru bategereje umwanzi, bagiye batoragura Zahabu aho ngaho. Ntabwo ari ugukabya, rwose dufite zahabu kandi irahari muri Miyove.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko izi nkuru zose zihimbwa zigamije kuyobya uburari ku kibazo nyirizina gihari.

Yagarutse ku bitero bya FDLR yagiye igaba mu Rwanda muri 2019, avuga ko yabaga ifite ibikoresho yahawe na Guverinoma ya Congo, aboneraho kwibutsa ko nta na rimwe uzashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda ngo bimuhire.

Yavuze ko ntacyo u Rwanda rushobora kungukira mu kuba Igihugu cy’igituranyi cyabura amahoro, bityo ko ruhora rwifuriza amahoro ibindi Bihugu kuko“Twabuze amahoro igihe kinini, tuzi igisobanuro cyayo kandi tuzi ikiguzi cyayo.”

U Rwanda kandi rumaze iminsi ruvuga ku bushotoranyi bwakozwe na Congo inshuro nyinshi, aho rwagaragaje ko iki Gihugu cy’igituranyi cyakomeje gushotora u Rwanda ngo kirushore mu ntambara bityo kikabona uruhengekero rw’ibyo kirushinja, kandi ko na rwo rwiteguye kurwana intamba yose rwashorwaho.

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’Abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − three =

Previous Post

Yagaragaje agahinda mu buryo budasanzwe kubera ibyo yakorewe n’ubuyobozi kandi ‘yaratanze ruswa ya 100.000Frw’

Next Post

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.