Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yakiniye u Rwanda mu mukino ufungura Sitade yitiriwe rurangiranwa Pelé

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in FOOTBALL, MU RWANDA, SIPORO
0
Perezida Kagame yakiniye u Rwanda mu mukino ufungura Sitade yitiriwe rurangiranwa Pelé
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakinnye mu ikipe y’u Rwanda mu mukino wo gufungura ku mugaragaro sitade yahoze ari iya Kigali ubu yamaze kwitirirwa rurangiranwa muri ruhago y’Isi uherutse kwitaba Imana Pelé, warangiye u Rwanda rutsinze FIFA 3-2.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bakinnye uyu mukino aho yari mu ikipe y’uuhande rw’u Rwanda yahye n’ikipe y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).

Iyi kipe y’u Rwanda, uretse Perezida Paul Kagame, yanakinnyemo na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Olivier Nizeyimana Mugabo ndetse n’abandi bakanyujijeho muri ruhago.

Naho ikipe ya FIFA yahuye n’iy’u Rwanda, yo irimo Perezida w’iyi Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infatino ndetse na bamwe mu bakanyujijeho muri ruhago y’Isi.

Uyu mukino wabimburiwe n’umuhango nyirizina wo gufungura iyi sitade yiswe Kigali Pele Stadium, wakozwe na Perezida Paul Kagame ndetse na Gianni Infatino.

Ni umukino wasifuwe n’umusifuzi mpuzamahanga w’Umunyarwandakazi Salma Mukansanga Rhadia, wari urimo abakanyujijeho muri ruhago ku Isi, bakinnye ku mpande zombi yaba mu ikipe y’u Rwanda ndetse n’ikipe ya FIFA.

Mukansanga akimara guhuha mu ifirimbi ngo umukino utangire, umupira wa mbere watewe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame wahereje abo bakinaga mu ikipe imwe, bahita batangira gusatira ikipe ya Fifa yari iyobowe na Gianni Infatino.

Ikipe y’u Rwanda yagiye isatira cyane iya FIFA ndetse biza no kuyihira itsinda ibitego bitatu kuri bibiri by’ikipe ya FIFA, birimo bibiri bya Jay Jay Okocha.

Ubwo bafunguraga ku mugaragaro iyi sitade
Perezida Kagame yakinnye mu ikipe yarimo Umunya-Nigeria Jay Jay Okocha (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 15 =

Previous Post

Amakuru mashya ku mugore w’umuraperi nyarwanda umaze iminsi amutabariza

Next Post

Ibyabaye ku mugabo birababaje ariko ababibonye bose babivuganaga urwenya rwinshi

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabaye ku mugabo birababaje ariko ababibonye bose babivuganaga urwenya rwinshi

Ibyabaye ku mugabo birababaje ariko ababibonye bose babivuganaga urwenya rwinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.