Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yakiniye u Rwanda mu mukino ufungura Sitade yitiriwe rurangiranwa Pelé

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in FOOTBALL, MU RWANDA, SIPORO
0
Perezida Kagame yakiniye u Rwanda mu mukino ufungura Sitade yitiriwe rurangiranwa Pelé
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakinnye mu ikipe y’u Rwanda mu mukino wo gufungura ku mugaragaro sitade yahoze ari iya Kigali ubu yamaze kwitirirwa rurangiranwa muri ruhago y’Isi uherutse kwitaba Imana Pelé, warangiye u Rwanda rutsinze FIFA 3-2.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bakinnye uyu mukino aho yari mu ikipe y’uuhande rw’u Rwanda yahye n’ikipe y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).

Iyi kipe y’u Rwanda, uretse Perezida Paul Kagame, yanakinnyemo na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Olivier Nizeyimana Mugabo ndetse n’abandi bakanyujijeho muri ruhago.

Naho ikipe ya FIFA yahuye n’iy’u Rwanda, yo irimo Perezida w’iyi Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infatino ndetse na bamwe mu bakanyujijeho muri ruhago y’Isi.

Uyu mukino wabimburiwe n’umuhango nyirizina wo gufungura iyi sitade yiswe Kigali Pele Stadium, wakozwe na Perezida Paul Kagame ndetse na Gianni Infatino.

Ni umukino wasifuwe n’umusifuzi mpuzamahanga w’Umunyarwandakazi Salma Mukansanga Rhadia, wari urimo abakanyujijeho muri ruhago ku Isi, bakinnye ku mpande zombi yaba mu ikipe y’u Rwanda ndetse n’ikipe ya FIFA.

Mukansanga akimara guhuha mu ifirimbi ngo umukino utangire, umupira wa mbere watewe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame wahereje abo bakinaga mu ikipe imwe, bahita batangira gusatira ikipe ya Fifa yari iyobowe na Gianni Infatino.

Ikipe y’u Rwanda yagiye isatira cyane iya FIFA ndetse biza no kuyihira itsinda ibitego bitatu kuri bibiri by’ikipe ya FIFA, birimo bibiri bya Jay Jay Okocha.

Ubwo bafunguraga ku mugaragaro iyi sitade
Perezida Kagame yakinnye mu ikipe yarimo Umunya-Nigeria Jay Jay Okocha (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − two =

Previous Post

Amakuru mashya ku mugore w’umuraperi nyarwanda umaze iminsi amutabariza

Next Post

Ibyabaye ku mugabo birababaje ariko ababibonye bose babivuganaga urwenya rwinshi

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabaye ku mugabo birababaje ariko ababibonye bose babivuganaga urwenya rwinshi

Ibyabaye ku mugabo birababaje ariko ababibonye bose babivuganaga urwenya rwinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.