Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye anagirana ibiganiro na mugenzi we wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé uherutse guhabwa inshingano zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, waje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye anakiriwe na Perezida Félix Tshisekedi i Kinshasa.

Faure Essozimna Gnassingbé wasimbuye Perezida wa Angola, João Lourenço wari usanganywe izi nshingano zo kuba Umuhuza, yakiriwe na Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere “Muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Faure Essozimna Gnassingbé wa Togo uri mu nshingano yahawe na AU (Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe) nk’umuhuza mu makimbirane yo mu burasirazuba bwa DRC.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yakomeje itangaza ko Abakuru b’Ibihugu byombi “Bagananiriye ku ntambwe y’inzira z’ibiganiro by’akarere bigamije kugera ku mahoro arambye mu karere.”

Faure Essozimna Gnassingbé yaje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye anagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho mu cyumweru gishize tariki 16 Mata, yari yakiriwe na Perezida Félix Tshisekedi, na we bagiranye ibiganiro ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.

Icyo gihe Perezidansi ya DRC yatangaje ko Abakuru b’Ibihugu byombi, baganiriye ku bijyanye n’ibiganiro by’i Luanda n’iby’i Nairobi byamaze guhuzwa.

Icyo gihe Faure Essozimna Gnassingbé yagiye i Kinshasa yabanje kunyura muri Angola, aho yari yabanje guhura na mugenzi we w’iki Gihugu, João Lourenço yanasimbuye kuri izi nshingano z’ubuhuza hagati y’u Rwanda na DRC.

João Lourenço yifuje guhagarika izi nshingano kugira ngo yite ku zindi yahawe zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ari na wo wahaye Gnassingbé izi nshingano zo kuba umuhuza hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

Ubwo Perezida Kagame yajyaga guha ikaze mugenzi we wa Togo
Perezida Kagame yakiriye anagirana ibiganiro na mugenzi we wa Togo wahawe inshingano z’ubuhuza mu bya DRC
Abakuru b’Ibihugu bari kumwe na bamwe mu bayobozi ku mpande zombi

 

Mu cyumweru gishize yari yanakiriwe na Perezida Tshisekedi wa Congo Kinshasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi

Next Post

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.