Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye anagirana ibiganiro na mugenzi we wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé uherutse guhabwa inshingano zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, waje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye anakiriwe na Perezida Félix Tshisekedi i Kinshasa.

Faure Essozimna Gnassingbé wasimbuye Perezida wa Angola, João Lourenço wari usanganywe izi nshingano zo kuba Umuhuza, yakiriwe na Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere “Muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Faure Essozimna Gnassingbé wa Togo uri mu nshingano yahawe na AU (Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe) nk’umuhuza mu makimbirane yo mu burasirazuba bwa DRC.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yakomeje itangaza ko Abakuru b’Ibihugu byombi “Bagananiriye ku ntambwe y’inzira z’ibiganiro by’akarere bigamije kugera ku mahoro arambye mu karere.”

Faure Essozimna Gnassingbé yaje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye anagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho mu cyumweru gishize tariki 16 Mata, yari yakiriwe na Perezida Félix Tshisekedi, na we bagiranye ibiganiro ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.

Icyo gihe Perezidansi ya DRC yatangaje ko Abakuru b’Ibihugu byombi, baganiriye ku bijyanye n’ibiganiro by’i Luanda n’iby’i Nairobi byamaze guhuzwa.

Icyo gihe Faure Essozimna Gnassingbé yagiye i Kinshasa yabanje kunyura muri Angola, aho yari yabanje guhura na mugenzi we w’iki Gihugu, João Lourenço yanasimbuye kuri izi nshingano z’ubuhuza hagati y’u Rwanda na DRC.

João Lourenço yifuje guhagarika izi nshingano kugira ngo yite ku zindi yahawe zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ari na wo wahaye Gnassingbé izi nshingano zo kuba umuhuza hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

Ubwo Perezida Kagame yajyaga guha ikaze mugenzi we wa Togo
Perezida Kagame yakiriye anagirana ibiganiro na mugenzi we wa Togo wahawe inshingano z’ubuhuza mu bya DRC
Abakuru b’Ibihugu bari kumwe na bamwe mu bayobozi ku mpande zombi

 

Mu cyumweru gishize yari yanakiriwe na Perezida Tshisekedi wa Congo Kinshasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − one =

Previous Post

Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi

Next Post

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.