Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye anagirana ibiganiro na mugenzi we wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé uherutse guhabwa inshingano zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, waje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye anakiriwe na Perezida Félix Tshisekedi i Kinshasa.

Faure Essozimna Gnassingbé wasimbuye Perezida wa Angola, João Lourenço wari usanganywe izi nshingano zo kuba Umuhuza, yakiriwe na Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere “Muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Faure Essozimna Gnassingbé wa Togo uri mu nshingano yahawe na AU (Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe) nk’umuhuza mu makimbirane yo mu burasirazuba bwa DRC.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yakomeje itangaza ko Abakuru b’Ibihugu byombi “Bagananiriye ku ntambwe y’inzira z’ibiganiro by’akarere bigamije kugera ku mahoro arambye mu karere.”

Faure Essozimna Gnassingbé yaje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye anagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho mu cyumweru gishize tariki 16 Mata, yari yakiriwe na Perezida Félix Tshisekedi, na we bagiranye ibiganiro ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.

Icyo gihe Perezidansi ya DRC yatangaje ko Abakuru b’Ibihugu byombi, baganiriye ku bijyanye n’ibiganiro by’i Luanda n’iby’i Nairobi byamaze guhuzwa.

Icyo gihe Faure Essozimna Gnassingbé yagiye i Kinshasa yabanje kunyura muri Angola, aho yari yabanje guhura na mugenzi we w’iki Gihugu, João Lourenço yanasimbuye kuri izi nshingano z’ubuhuza hagati y’u Rwanda na DRC.

João Lourenço yifuje guhagarika izi nshingano kugira ngo yite ku zindi yahawe zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ari na wo wahaye Gnassingbé izi nshingano zo kuba umuhuza hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

Ubwo Perezida Kagame yajyaga guha ikaze mugenzi we wa Togo
Perezida Kagame yakiriye anagirana ibiganiro na mugenzi we wa Togo wahawe inshingano z’ubuhuza mu bya DRC
Abakuru b’Ibihugu bari kumwe na bamwe mu bayobozi ku mpande zombi

 

Mu cyumweru gishize yari yanakiriwe na Perezida Tshisekedi wa Congo Kinshasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 9 =

Previous Post

Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi

Next Post

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Related Posts

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura
MU RWANDA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.