Wednesday, July 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye uwayoboye Banki Nyafurika itsura Amajyambere

radiotv10by radiotv10
25/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye uwayoboye Banki Nyafurika itsura Amajyambere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Dr. Akinwumi Adesina wabaye Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), uri mu Rwanda mu nama yiga ku isesengura ry’Ubukungu bw’Isi.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko “muri iki gicamunsi muri Urugwiro Village, Perezida Kagame yakiriye Dr. Akinwumi Adesina, Perezida ucyuye Igihe wa Banki Nyafurika itsura Amajyambere.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, ivuga ko Dr. Akinwumi Adesina ari mu Rwanda yitabiriye Inama Ngarukamwaka izwi nka Annual Conference on Global Economic Analysis, yiga ku isesengura ry’Ubukungu bw’Isi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bikomeza bivuga ko Perezida Kagame na Dr. Akinwumi Adesina bagiranye ikiganiro “kibanze ku mikoranire ibyara inyungu hagati y’u Rwanda na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, ndetse n’imikoranire myiza mu nzego z’ingenzi ku buyobozi bwa Dr. Akinwumi Adesina.”

Dr. Akinwumi Adesina, Umunya-Nigeria wabaye Perezida wayoboye (AfDB) akarangiza manda ze ebyiri, yabonye umusimbura mu mpera z’ukwezi gushize, ari we Umunya-Mauritanie Sidi Ould Tah watorewe mu nama ngarukamwaka y’iyi Banki yabereye i Abidjan muri Côte d’Ivoire.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro Dr. Akinwumi Adesina

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 7 =

Previous Post

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Next Post

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

Related Posts

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

by radiotv10
16/07/2025
0

Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2024-2025 mu Rwanda, umwe mu banyeshuri bari gukora ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri...

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

by radiotv10
16/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), n’ubw’Urugaga rw’Abikorera PSF, bwinjiye mu kibazo cya Hoteli Château le Marara yatunzwe agatoki...

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

by radiotv10
16/07/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and the Private Sector Federation (PSF) have stepped in to address the situation surrounding Château...

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

by radiotv10
16/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yongeye gushima Perezida Paul Kagame akunze kwita...

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

by radiotv10
16/07/2025
0

Abadepite bagize Komisiyo mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y'Imari n'Umutungo bya Leta PAC, babajije Ikigega BDF gishinzwe...

IZIHERUKA

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?
MU RWANDA

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

by radiotv10
16/07/2025
0

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

16/07/2025
Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

16/07/2025
Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

16/07/2025
Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

16/07/2025
Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

16/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.