Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

radiotv10by radiotv10
10/04/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye abanyamahanga bagaragarije u Rwanda n’Abanyarwanda ko bifatanyije muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

U Rwanda n’Isi yose bari mu cyumweru cyahariwe kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abautsi. Abantu batandukanye barimo abakomeye, bakomeje koherereza Abanyarwanda ubutumwa bwo kubafata mu mugongo.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Paul Kagame, yashimiye abakomeje kugaragaza ko bifatanyije n’u Rwanda muri ibi bihe.

Yagize ati “Turashima abayobozi n’inshuti zo mu bice bitandukanye ku Isi bohereje ubutumwa bwo kwifatanya natwe muri ibi bihe. Ndetse n’abandi bashaka inyito za bo ku byo Igihugu cyacu cyanyuzemo. Kwibuka ni umwanya wo kuzirikana no gukomeza guharanira ukuri. Bidufasha kujya mu cyerekezo gikwiye.”

Bamwe bagaragaje ko bazirikana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bagaha icyubahiro izo nzirakarengane; harimo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres, wavuze mo Isi itagomba kwibagirwa ibyabaye mu Rwanda.

Yagize ati “Hashize ikiragano kimwe kuva jenoside ihagaritswe. Ntitugomba kwibagirwa ibyabaye. Tugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo n’abazaza bazahore bibuka.”

Umuyobozi ushinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano mu Muryango w’Ubumwe bw’uBburayi, Josep Borrell Fontelles, na we wavuze ko bifatanyije n’u Rwanda muri ibi bihe, yavuze ko banashimira intambwe u Rwanda rukomeje gutera.

Yagize ati “Turashima u Rwanda n’Abanyarwanda ku bw’imbaraga zidasanzwe mu guhaguruka bavuye mu muyonga. Bongeye kubaka Igihugu no kwiyunga.”

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony J. Blinken, na we yavuze ko iki Gihugu kifatanyije n’u Rwanda “mu kwibuka ku nshuro 29 inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Ambasaderi wa Canada mu Rwanda, François Quenneville-Dumont, mu butumwa bwanditse mu rurimi rw’ikinyarwanda yagize ati “Uyu munsi, ubwo twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, nifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gihe cyo kunamira ababo babuze ndetse no kwibuka ibihe by’umubabaro banyuzemo, nka bimwe mu bishaririye byaranze amateka ya muntu.”

Ana María Hidalgo uyobora umujyi wa Paris mu Bufaransa yavuze na we yagize icyo avuga mu izina ry’u Bufaransa, avuga ko iki Gihugu na cyo kifatanyije n’u Rwanda kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Nk’uko bisanzwe buri mwaka, duhurira mu gikorwa cyo kunamira inzirakarengane z’Abatutsi, abagore, abana n’abagabo bishwe bazira ko ari Abatutsi.”

Ambasade z’Ibihugu bitandunye mu Rwanda, nk’iy’u Bushinwa n’izindi, na zo zihaganishije abanyarwanda. Ndetse zinashimangira ko ibihugu byabo bizakomeza kuba umufatanyabikorwa ukomeye mu iterambere ry’Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 2 =

Previous Post

Rubavu: Banze gukomeza kubihisha bahishura ibyo bakorerwa na Gitifu bavuga ko barambiwe

Next Post

Abakinnyi b’Ikipe y’ubukombe mu Rwanda batanze ubutumwa bwihariye bwo Kwibuka29

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi b’Ikipe y’ubukombe mu Rwanda batanze ubutumwa bwihariye bwo Kwibuka29

Abakinnyi b’Ikipe y’ubukombe mu Rwanda batanze ubutumwa bwihariye bwo Kwibuka29

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.