Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

radiotv10by radiotv10
10/04/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye abanyamahanga bagaragarije u Rwanda n’Abanyarwanda ko bifatanyije muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

U Rwanda n’Isi yose bari mu cyumweru cyahariwe kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abautsi. Abantu batandukanye barimo abakomeye, bakomeje koherereza Abanyarwanda ubutumwa bwo kubafata mu mugongo.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Paul Kagame, yashimiye abakomeje kugaragaza ko bifatanyije n’u Rwanda muri ibi bihe.

Yagize ati “Turashima abayobozi n’inshuti zo mu bice bitandukanye ku Isi bohereje ubutumwa bwo kwifatanya natwe muri ibi bihe. Ndetse n’abandi bashaka inyito za bo ku byo Igihugu cyacu cyanyuzemo. Kwibuka ni umwanya wo kuzirikana no gukomeza guharanira ukuri. Bidufasha kujya mu cyerekezo gikwiye.”

Bamwe bagaragaje ko bazirikana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bagaha icyubahiro izo nzirakarengane; harimo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres, wavuze mo Isi itagomba kwibagirwa ibyabaye mu Rwanda.

Yagize ati “Hashize ikiragano kimwe kuva jenoside ihagaritswe. Ntitugomba kwibagirwa ibyabaye. Tugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo n’abazaza bazahore bibuka.”

Umuyobozi ushinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano mu Muryango w’Ubumwe bw’uBburayi, Josep Borrell Fontelles, na we wavuze ko bifatanyije n’u Rwanda muri ibi bihe, yavuze ko banashimira intambwe u Rwanda rukomeje gutera.

Yagize ati “Turashima u Rwanda n’Abanyarwanda ku bw’imbaraga zidasanzwe mu guhaguruka bavuye mu muyonga. Bongeye kubaka Igihugu no kwiyunga.”

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony J. Blinken, na we yavuze ko iki Gihugu kifatanyije n’u Rwanda “mu kwibuka ku nshuro 29 inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Ambasaderi wa Canada mu Rwanda, François Quenneville-Dumont, mu butumwa bwanditse mu rurimi rw’ikinyarwanda yagize ati “Uyu munsi, ubwo twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, nifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gihe cyo kunamira ababo babuze ndetse no kwibuka ibihe by’umubabaro banyuzemo, nka bimwe mu bishaririye byaranze amateka ya muntu.”

Ana María Hidalgo uyobora umujyi wa Paris mu Bufaransa yavuze na we yagize icyo avuga mu izina ry’u Bufaransa, avuga ko iki Gihugu na cyo kifatanyije n’u Rwanda kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Nk’uko bisanzwe buri mwaka, duhurira mu gikorwa cyo kunamira inzirakarengane z’Abatutsi, abagore, abana n’abagabo bishwe bazira ko ari Abatutsi.”

Ambasade z’Ibihugu bitandunye mu Rwanda, nk’iy’u Bushinwa n’izindi, na zo zihaganishije abanyarwanda. Ndetse zinashimangira ko ibihugu byabo bizakomeza kuba umufatanyabikorwa ukomeye mu iterambere ry’Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 17 =

Previous Post

Rubavu: Banze gukomeza kubihisha bahishura ibyo bakorerwa na Gitifu bavuga ko barambiwe

Next Post

Abakinnyi b’Ikipe y’ubukombe mu Rwanda batanze ubutumwa bwihariye bwo Kwibuka29

Related Posts

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

IZIHERUKA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi
MU RWANDA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi b’Ikipe y’ubukombe mu Rwanda batanze ubutumwa bwihariye bwo Kwibuka29

Abakinnyi b’Ikipe y’ubukombe mu Rwanda batanze ubutumwa bwihariye bwo Kwibuka29

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.