Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda intambwe bagezeho bikingiza COVID19

radiotv10by radiotv10
28/12/2021
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda intambwe bagezeho bikingiza COVID19
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko guhera umwaka utaha wa 2022 mu Rwanda hatangira gukorerwa imiti hamwe n’inkingo za Covid-19, ariko anashima urwego gukingira bigezeho, kuko 80% by’Abanyarwanda guhera ku myaka 12 bamaze guhabwa nibura doze imwe y’urukingo.

Mu ijambo rye umukuru w’igihugu yavuze ko uyu mwaka ubaye uwa kabiri ushojwe igihugu gihanganye n’icyorezo cya Covid-19, ariko kandi ngo byasabye ko igihugu cyiga uburyo bwo gukomeza guhangana n’icyorezo cyagiye kigira ingaruka zikomeye, ari na ho yahereye ashimira Abanyarwanda uruhare bakomeje kugira mu mibereho hamwe n’iterambere ry’igihugu mu bijyanye no guhangana Covid-19.

Perezida Kagame avuga ko hari intambwe ikomeje guterwa kuko 80% by’Abanyarwanda bafite imyaka 12 kuzamura bamaze kubona nibura doze imwe y’urukingo rwa Covid-19.

Yagize ati “Bumwe mu buryo bw’ingenzi twifashishije mu kurinda Abanyarwanda ni ugukingira igihugu cyose, kugeza ubu 80% by’abaturage bacu, guhera ku bafite imyaka 12 kuzamura bahawe nibura urukingo rumwe.Turashimira ababigizemo uruhare bose, harimo n’abafatanyabikorwa baduhaye inkingo n’izindi nkunga”.

Yakomeje agira ati “Uko dukomeza gutera intambwe tujya imbere tugomba kurushaho kwigira, kandi tukitegura guhangana n’icyashaka kuduhungabanya. Ni yo mpamvu twatangiye gufatanya n’imiryango, ari Ubumwe bw’Afurika n’Ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi ndetse n’amasosiyete nka BionTech, mu gukorera inkingo n’indi miti mu Rwanda guhera mu mwaka utaha”.

Umukuru w’igihugu yanagarutse ku buryo Covid-19 yashimangiye isano hagati y’ikoranabuhanga n’iterambere ry’ubukungu.

Ati “Kuba u Rwanda rwarashyize imbaraga muri gahunda z’ikoranabuhanga hakiri kare, byaradufashije, bituma igihugu cyacu kitabohwa n’iki cyorezo ndetse n’ibindi bizaza. Turashishikariza Abanyarwanda bose, cyane cyane urubyiruko rwacu, gukomeza guhanga udushya no gushakira ibisubizo ibibazo bitwugarije uyu munsi n’ejo hazaza”.

Perezida Kagame yavuze ko nyuma yo gufunga kenshi amashuri hirya no hino mu Rwanda, yongeye gufungura kandi agakomeza no gukora mu gice kinini cy’uyu mwaka, kuko abanyeshuri bashoboye gukora ibizamini bya Leta ndetse banimukira mu kindi cyiciro gikurikiraho cy’amasomo yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + fifteen =

Previous Post

Somalia: Perezida yahagaritse Minisitiri w’Intebe arinangira akomeza akazi

Next Post

Uganda: Umugore arakekwaho kwica amanitse abana be babiri na we agahita yiyahura

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Umugore arakekwaho kwica amanitse abana be babiri na we agahita yiyahura

Uganda: Umugore arakekwaho kwica amanitse abana be babiri na we agahita yiyahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.