Friday, July 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

radiotv10by radiotv10
23/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya ari we Dr Justin Nsengiyumva asimbuye Dr Edouard Ngirente wari umaze imyaka umunani muri izi nshingano.

Izi mpinduka z’ukuriye Guverinoma y’u Rwanda, zatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2025.

Itangazo ritangaza Minisitiri w’Intebe mushya, rigira riti “Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika, amaze gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya ariwe Dr. Justin Nsengiyumva.”

Dr Justin Nsengiyumva asimbuye Dr Edouard Ngirente wari Minisitiri w’Intebe kuva muri 2017, aho yari yarongeye kugirirwa icyizere ahabwa kuyobora Guverinoma y’u Rwanda no muri Manda yatangiye umwaka ushize muri 2024.

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Justin Nsengiyumva yari amaze amezi atanu ari Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, aho yari yahawe izi nshingano muri Gashyantare uyu mwaka.

Dr. Nsengiyumva ufite impamyabumenyi y’ikirenga mu bijyanye n’Ubukungu yakuye muri Kaminuza ya Leicester mu Bwongereza, asanzwe ari inzobere mu bijyanye n’Ubukungu, yakoze imirimo inyuranye mu Rwanda ndetse no hanze yarwo, aho kuva muri Mata 2017 yari Umujyanama Mukuru mu bijyanye n’Ubukungu mu Biro bishinzwe ibikorwa remezo by’Imihanda muri Guverinoma y’u Bwongereza.

Yanabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda muri 2008 ndetse no muri Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi hagati ya 2005 na 2008.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − ten =

Previous Post

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Next Post

Eng.-President Kagame appoints new Prime Minister

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi

by radiotv10
24/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya nyuma yo gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya, aho benshi mu...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

by radiotv10
24/07/2025
0

Muhizi Anatole wigeze kugeza ikibazo kuri Perezida Paul Kagame cyagarukaga ku mutungo we wafatiriwe na Banki Nkuru y’u Rwanda, we...

Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Uwitije Elie wo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, wasezerewe n'Ikigo cya Mutobo kinyuzwamo abahoze mu mitwe yitwaje...

Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

by radiotv10
24/07/2025
0

Dr. Edouard Ngirente, who was replaced from the position of Prime Minister after serving for eight years, expressed his gratitude...

Why do weddings nowadays cost so much and seem like a competition?

Why do weddings nowadays cost so much and seem like a competition?

by radiotv10
24/07/2025
0

In many societies especially across Africa, including Rwanda, a wedding is not just a ceremony. It’s a cultural spectacle, a...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi
MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi

by radiotv10
24/07/2025
0

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

24/07/2025
Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

24/07/2025
Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

24/07/2025
Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

24/07/2025
Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

24/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-President Kagame appoints new Prime Minister

Eng.-President Kagame appoints new Prime Minister

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.