Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze icyatumye habaho impinduka nziza mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze icyatumye habaho impinduka nziza mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko hari intambwe iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko iyi ntambwe ibayeho nyuma yuko Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba babyinjiyemo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, mu kiganiro n’Abanyamakuru ubwo yakiraga Perezida wa Kenya William Ruto uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Umwe mu banyamakuru yabajije Abakuru b’Ibihugu byombi, uko babona inzira yo gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo.

Perezida Paul Kagame avuga ko mu byumweru bicye bishize, hagaragaye ko hari intambwe iri guterwa mu kuba iki kibazo cyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyakemuka.

Ati “Twabonye ko hari intambwe nziza yatewe mu kuba ibibazo byakemuka, ariko ntabwo inzira irarangira, hari ibikenewe gukorwa kugira ngo haboneke umuti.”

Perezida Paul Kagame avuga ko ikibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo atari icya vuba kandi ko cyagiye kisubiramo inshuro zitandukanye, kuko abantu bagishakiraga umuti utari uwacyo.

Ati “Imyaka myinshi yatambutse, abantu batindaga mu gushinjanya, ni inde uri mu kuri ni inde utari mu kuri. Byamaze igihe kirekire. Ibyo ubwabyo byagaragazaga ko harimo ikibazo mu gushaka umuti w’ibibazo.”

Yakomeje avuga ko uburyo bwiza bwo gushaka umuti w’ikibazo, ari ukubanza kugsesengurwa, kikigwa neza, ubundi hagashakwa umuti w’umuzi wacyo.

Ati “Iyo utitaye ku muzi w’ibibazo ubundi ugatanga igisubizo kitizweho neza, ibibazo birongera bikisubiramo nyuma y’igihe runaka.”

Perezida Kagame wagarutse no ku bindi bibazo biri ku Isi, yavuze ko ibigenda bibaho bidatanga isomo ryatuma abantu badasubira mu bibazo nk’ibyo banyuzemo mu gihe runaka.

Ati “Rwose nababwiza ukuri ko muri iyi Si yacu abantu badafata isomo rihagije ku bintu, ni na yo mpamvu mubona ibibazo bikomeje kuba ahantu hose, kandi hari ibindi byabibanjirije. Iyo tuza kuba dukura amasomo ku byabaye kandi tukayashyira mu bikorwa twagakwiye kuba dufite ibibazo bicye.”

Yakomeje avuga ko ari na ko bimeze mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko “Ibibazo rimwe byabaga biriho bikongera bikagaruka bisa n’ibyo twagize hano mu Rwanda bikongera bikaba nkabyo muri Congo.”

Perezida Kagame avuga ko ari na byo byakomeje gutuma bamwe bavuga ko ari ibibazo by’u Rwanda, abandi bakavuga ko ari ibya Congo.

Yagarutse ku ruhare rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko nibura ari bwo ibibazo byatangiye gufata umurongo.

Ati “Gushyira hamwe kw’abayobozi b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ubundi kandi ni na bo bari hafi y’ikibazo, kandi kikaba cyanabageraho, iyo bakiganiriyeho, ni uburyo bwo kwishakamo ibisubizo nka Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agaragaza ko “Mfite icyizere ko dushobora kubona igisubizo, wenda abaturutse hanze icyo twabasaba ni ugushyigikira ibiriho bikorwa n’abayobozi ba Afurika ndetse n’inkunga Ibihugu byabo biri gutanga, aho kuba bakwivanga mu byo bakeka ko byaba ibisubizo.”

Yavuze ko nubwo ikibazo kigihari, ariko nibura n’igisubizo na cyo guhari, ati “dukwiye kubiha igihe ku buryo vuba dushobora gukora ibintu tugomba gukora, ubundi hakaba haboneka ibisubizo abantu bategereje igihe kinini.”

Yavuze ko n’ubundi bitumvikanaga uburyo amahanga ya kure yazaga gushaka umuti w’iki kibazo cyo mu Burasirazuba bwa Congo, mu karere k’Ibiyaga bigari, ariko abatuye muri aka karere bakaza nyuma.

Perezida Kagame na Ruto mu kiganiro n’abanyamakuru
William Ruto

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Rutahizamu w’ikipe ikunzwe mu Rwanda ayisohotsemo urugamba rugeze ahakomeye

Next Post

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.