Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze icyatumye habaho impinduka nziza mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze icyatumye habaho impinduka nziza mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko hari intambwe iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko iyi ntambwe ibayeho nyuma yuko Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba babyinjiyemo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, mu kiganiro n’Abanyamakuru ubwo yakiraga Perezida wa Kenya William Ruto uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Umwe mu banyamakuru yabajije Abakuru b’Ibihugu byombi, uko babona inzira yo gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo.

Perezida Paul Kagame avuga ko mu byumweru bicye bishize, hagaragaye ko hari intambwe iri guterwa mu kuba iki kibazo cyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyakemuka.

Ati “Twabonye ko hari intambwe nziza yatewe mu kuba ibibazo byakemuka, ariko ntabwo inzira irarangira, hari ibikenewe gukorwa kugira ngo haboneke umuti.”

Perezida Paul Kagame avuga ko ikibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo atari icya vuba kandi ko cyagiye kisubiramo inshuro zitandukanye, kuko abantu bagishakiraga umuti utari uwacyo.

Ati “Imyaka myinshi yatambutse, abantu batindaga mu gushinjanya, ni inde uri mu kuri ni inde utari mu kuri. Byamaze igihe kirekire. Ibyo ubwabyo byagaragazaga ko harimo ikibazo mu gushaka umuti w’ibibazo.”

Yakomeje avuga ko uburyo bwiza bwo gushaka umuti w’ikibazo, ari ukubanza kugsesengurwa, kikigwa neza, ubundi hagashakwa umuti w’umuzi wacyo.

Ati “Iyo utitaye ku muzi w’ibibazo ubundi ugatanga igisubizo kitizweho neza, ibibazo birongera bikisubiramo nyuma y’igihe runaka.”

Perezida Kagame wagarutse no ku bindi bibazo biri ku Isi, yavuze ko ibigenda bibaho bidatanga isomo ryatuma abantu badasubira mu bibazo nk’ibyo banyuzemo mu gihe runaka.

Ati “Rwose nababwiza ukuri ko muri iyi Si yacu abantu badafata isomo rihagije ku bintu, ni na yo mpamvu mubona ibibazo bikomeje kuba ahantu hose, kandi hari ibindi byabibanjirije. Iyo tuza kuba dukura amasomo ku byabaye kandi tukayashyira mu bikorwa twagakwiye kuba dufite ibibazo bicye.”

Yakomeje avuga ko ari na ko bimeze mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko “Ibibazo rimwe byabaga biriho bikongera bikagaruka bisa n’ibyo twagize hano mu Rwanda bikongera bikaba nkabyo muri Congo.”

Perezida Kagame avuga ko ari na byo byakomeje gutuma bamwe bavuga ko ari ibibazo by’u Rwanda, abandi bakavuga ko ari ibya Congo.

Yagarutse ku ruhare rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko nibura ari bwo ibibazo byatangiye gufata umurongo.

Ati “Gushyira hamwe kw’abayobozi b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ubundi kandi ni na bo bari hafi y’ikibazo, kandi kikaba cyanabageraho, iyo bakiganiriyeho, ni uburyo bwo kwishakamo ibisubizo nka Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agaragaza ko “Mfite icyizere ko dushobora kubona igisubizo, wenda abaturutse hanze icyo twabasaba ni ugushyigikira ibiriho bikorwa n’abayobozi ba Afurika ndetse n’inkunga Ibihugu byabo biri gutanga, aho kuba bakwivanga mu byo bakeka ko byaba ibisubizo.”

Yavuze ko nubwo ikibazo kigihari, ariko nibura n’igisubizo na cyo guhari, ati “dukwiye kubiha igihe ku buryo vuba dushobora gukora ibintu tugomba gukora, ubundi hakaba haboneka ibisubizo abantu bategereje igihe kinini.”

Yavuze ko n’ubundi bitumvikanaga uburyo amahanga ya kure yazaga gushaka umuti w’iki kibazo cyo mu Burasirazuba bwa Congo, mu karere k’Ibiyaga bigari, ariko abatuye muri aka karere bakaza nyuma.

Perezida Kagame na Ruto mu kiganiro n’abanyamakuru
William Ruto

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Rutahizamu w’ikipe ikunzwe mu Rwanda ayisohotsemo urugamba rugeze ahakomeye

Next Post

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.