Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze icyatumye habaho impinduka nziza mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze icyatumye habaho impinduka nziza mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko hari intambwe iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko iyi ntambwe ibayeho nyuma yuko Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba babyinjiyemo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, mu kiganiro n’Abanyamakuru ubwo yakiraga Perezida wa Kenya William Ruto uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Umwe mu banyamakuru yabajije Abakuru b’Ibihugu byombi, uko babona inzira yo gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo.

Perezida Paul Kagame avuga ko mu byumweru bicye bishize, hagaragaye ko hari intambwe iri guterwa mu kuba iki kibazo cyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyakemuka.

Ati “Twabonye ko hari intambwe nziza yatewe mu kuba ibibazo byakemuka, ariko ntabwo inzira irarangira, hari ibikenewe gukorwa kugira ngo haboneke umuti.”

Perezida Paul Kagame avuga ko ikibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo atari icya vuba kandi ko cyagiye kisubiramo inshuro zitandukanye, kuko abantu bagishakiraga umuti utari uwacyo.

Ati “Imyaka myinshi yatambutse, abantu batindaga mu gushinjanya, ni inde uri mu kuri ni inde utari mu kuri. Byamaze igihe kirekire. Ibyo ubwabyo byagaragazaga ko harimo ikibazo mu gushaka umuti w’ibibazo.”

Yakomeje avuga ko uburyo bwiza bwo gushaka umuti w’ikibazo, ari ukubanza kugsesengurwa, kikigwa neza, ubundi hagashakwa umuti w’umuzi wacyo.

Ati “Iyo utitaye ku muzi w’ibibazo ubundi ugatanga igisubizo kitizweho neza, ibibazo birongera bikisubiramo nyuma y’igihe runaka.”

Perezida Kagame wagarutse no ku bindi bibazo biri ku Isi, yavuze ko ibigenda bibaho bidatanga isomo ryatuma abantu badasubira mu bibazo nk’ibyo banyuzemo mu gihe runaka.

Ati “Rwose nababwiza ukuri ko muri iyi Si yacu abantu badafata isomo rihagije ku bintu, ni na yo mpamvu mubona ibibazo bikomeje kuba ahantu hose, kandi hari ibindi byabibanjirije. Iyo tuza kuba dukura amasomo ku byabaye kandi tukayashyira mu bikorwa twagakwiye kuba dufite ibibazo bicye.”

Yakomeje avuga ko ari na ko bimeze mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko “Ibibazo rimwe byabaga biriho bikongera bikagaruka bisa n’ibyo twagize hano mu Rwanda bikongera bikaba nkabyo muri Congo.”

Perezida Kagame avuga ko ari na byo byakomeje gutuma bamwe bavuga ko ari ibibazo by’u Rwanda, abandi bakavuga ko ari ibya Congo.

Yagarutse ku ruhare rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko nibura ari bwo ibibazo byatangiye gufata umurongo.

Ati “Gushyira hamwe kw’abayobozi b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ubundi kandi ni na bo bari hafi y’ikibazo, kandi kikaba cyanabageraho, iyo bakiganiriyeho, ni uburyo bwo kwishakamo ibisubizo nka Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agaragaza ko “Mfite icyizere ko dushobora kubona igisubizo, wenda abaturutse hanze icyo twabasaba ni ugushyigikira ibiriho bikorwa n’abayobozi ba Afurika ndetse n’inkunga Ibihugu byabo biri gutanga, aho kuba bakwivanga mu byo bakeka ko byaba ibisubizo.”

Yavuze ko nubwo ikibazo kigihari, ariko nibura n’igisubizo na cyo guhari, ati “dukwiye kubiha igihe ku buryo vuba dushobora gukora ibintu tugomba gukora, ubundi hakaba haboneka ibisubizo abantu bategereje igihe kinini.”

Yavuze ko n’ubundi bitumvikanaga uburyo amahanga ya kure yazaga gushaka umuti w’iki kibazo cyo mu Burasirazuba bwa Congo, mu karere k’Ibiyaga bigari, ariko abatuye muri aka karere bakaza nyuma.

Perezida Kagame na Ruto mu kiganiro n’abanyamakuru
William Ruto

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Rutahizamu w’ikipe ikunzwe mu Rwanda ayisohotsemo urugamba rugeze ahakomeye

Next Post

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.