Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze icyo yabwira Tshisekedi baramutse bahuye imbonankubone

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko aramutse ari kumwe na Félix Tshisekedi wa DRC, yamubwira ko yakwifuje ko atagakwiye kuba ari Perezida wa kiriya Gihugu cyiza, kandi ko ubutaha nibongera guhura agomba kuzabimubwira amaso ku maso.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Mario Nawfal cyagarutse ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ibibazo byanagize ingaruka ku Rwanda, kuko hari ibishaka kototera umutekano warwo, aho ubutegetsi bwa Congo bwahigiye kenshi gufasha umutwe wa FDLR kugira ngo batere u Rwanda, ariko na rwo rukaba rwakajije ingamba z’ubwirinzi, zanazamuye ibibazo ku mahanga arusaba kuzikuraho.

Muri iki kiganiro, Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cya FDLR cyaganiriweho hagati y’u Rwanda n’ubutegetsi bwose bwagiye bubaho muri DRC, burimo n’uburiho ubu burangajwe imbere na Perezida w’iki Gihugu, Félix Tshisekedi.

Mario Nawfal yahise abaza Perezida Kagame icyo Tshisekedi yakivuzeho, amusubiza agira ati “Ndatekereza ko afite ingengabitekerezo ya Jenoside. Ni ko mbibona arayifite.”

Arongera amubaza niba yarigeze abimubwiraho, amusubiza ko yabimubwiye inshuro nyinshi mbere yuko ibibazo biriho bigere ku rwego biriho ubu.

Yavuze ko aho kugira ngo ubu butegetsi bukemura iki kibazo ahubwo bwiyemeje gukorana n’uyu mutwe mu kwica Abatutsi bari mu burasirazuba bwa DRC, ariko ko bitagarukiye aho ahubwo ko “banashaka guteza ibibazo u Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibazo cyarushijeho kuremera aho Tshisekedi abereye Umukuru w’Igihugu, nubwo inshuro zombi atigeze anatsinda amatora.

 

Nakwifuje ko atakabaye Perezida w’Igihugu cyiza

Mu gusoza iki kiganiro, Mario Nawfal yabajije Perezida Kagame icyo yabwira Tshisekedi igihe baramuka bahuriye mu kiganiro cyihariye, amusubiza agira ati “Namubwira ko nakwifuje ko atagakwiye kuba ari Perezida wa kiriya Gihugu cyiza […] kandi ubutaha nimpura na we ngomba kuzabimwibwirira amaso ku maso.”

Perezida Kagame avuga ko Tshisekedi yazambije ibintu kubera imyitwarire ye, kandi ko ifite n’amateka, aho yahise anatanga urugero ku muryango w’Abataliyani wakoreshaga Tshisekedi i Burayi, watunguwe no kumva ko yabaye umukuru w’Igihugu cya Congo.

Ati “Hari umuntu, ni umuryango w’Abataliyani…urabizi ko Felix yamaze imyaka myinshi mu Bubiligi, yari umushoferi wa taxi [taxi voiture] yari umushoferi, yakoze n’ibindi byinshi nk’ibyo, kandi na bwo afite imyitwarire mibi, umuntu wari waramuhaye akazi uwo muryango w’abataliyani, ubu ni umusaza, yamukoreraga akazi ko kumujyanira Pizza, uyu mugabo ubwo yumvaga ko Félix yabaye Perezida, yaratunguwe, aravuga ati ‘Mana yanjye’ ati ‘uyu muntu koko’ yanditse inkuru ndende, yaratunguwe cyane aravuga ati ‘uyu muntu utaranashoboraga gukora akazi ko kugenda ageza [delivering] Pizza ku baziguze, ni gute yabaye Perezida?’.”

Bamwe mu basesenguzi mu bya Politiki, bavuga ko Félix Tshisekedi yazamukiye ku izina ry’umubyeyi we, umunyapolitiki Étienne Tshisekedi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa DRC akanahatanira inshuro nyinshi kuyobora iki Gihugu ariko bikanga.

Aba basesenguzi bavuga ko umuhungu we ari we Félix Tshisekedi waje kuba Umukuru w’Igihugu, nta bukure cyangwa ubunararibonye yari afite muri Politiki yari gutuma aba Perezida, kuko imirimo yakoze izwi, ari iriya irimo gutwara Taxi-Voiture i Burayi no kugeza Pizza ku baziguze azikura ku maduka yazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 3 =

Previous Post

Hashyizwe hanze raporo yerekana amakuru ateye inkeke ku mwuka wanduye n’Ibihugu byugarijwe

Next Post

Ibiro bya Tshisekedi wavuze ko adateze kuganira na M23 byagize icyo bivuga ku byatangajwe

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Ibiro bya Tshisekedi wavuze ko adateze kuganira na M23 byagize icyo bivuga ku byatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.