Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze icyo yabwira Tshisekedi baramutse bahuye imbonankubone

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko aramutse ari kumwe na Félix Tshisekedi wa DRC, yamubwira ko yakwifuje ko atagakwiye kuba ari Perezida wa kiriya Gihugu cyiza, kandi ko ubutaha nibongera guhura agomba kuzabimubwira amaso ku maso.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Mario Nawfal cyagarutse ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ibibazo byanagize ingaruka ku Rwanda, kuko hari ibishaka kototera umutekano warwo, aho ubutegetsi bwa Congo bwahigiye kenshi gufasha umutwe wa FDLR kugira ngo batere u Rwanda, ariko na rwo rukaba rwakajije ingamba z’ubwirinzi, zanazamuye ibibazo ku mahanga arusaba kuzikuraho.

Muri iki kiganiro, Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cya FDLR cyaganiriweho hagati y’u Rwanda n’ubutegetsi bwose bwagiye bubaho muri DRC, burimo n’uburiho ubu burangajwe imbere na Perezida w’iki Gihugu, Félix Tshisekedi.

Mario Nawfal yahise abaza Perezida Kagame icyo Tshisekedi yakivuzeho, amusubiza agira ati “Ndatekereza ko afite ingengabitekerezo ya Jenoside. Ni ko mbibona arayifite.”

Arongera amubaza niba yarigeze abimubwiraho, amusubiza ko yabimubwiye inshuro nyinshi mbere yuko ibibazo biriho bigere ku rwego biriho ubu.

Yavuze ko aho kugira ngo ubu butegetsi bukemura iki kibazo ahubwo bwiyemeje gukorana n’uyu mutwe mu kwica Abatutsi bari mu burasirazuba bwa DRC, ariko ko bitagarukiye aho ahubwo ko “banashaka guteza ibibazo u Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibazo cyarushijeho kuremera aho Tshisekedi abereye Umukuru w’Igihugu, nubwo inshuro zombi atigeze anatsinda amatora.

 

Nakwifuje ko atakabaye Perezida w’Igihugu cyiza

Mu gusoza iki kiganiro, Mario Nawfal yabajije Perezida Kagame icyo yabwira Tshisekedi igihe baramuka bahuriye mu kiganiro cyihariye, amusubiza agira ati “Namubwira ko nakwifuje ko atagakwiye kuba ari Perezida wa kiriya Gihugu cyiza […] kandi ubutaha nimpura na we ngomba kuzabimwibwirira amaso ku maso.”

Perezida Kagame avuga ko Tshisekedi yazambije ibintu kubera imyitwarire ye, kandi ko ifite n’amateka, aho yahise anatanga urugero ku muryango w’Abataliyani wakoreshaga Tshisekedi i Burayi, watunguwe no kumva ko yabaye umukuru w’Igihugu cya Congo.

Ati “Hari umuntu, ni umuryango w’Abataliyani…urabizi ko Felix yamaze imyaka myinshi mu Bubiligi, yari umushoferi wa taxi [taxi voiture] yari umushoferi, yakoze n’ibindi byinshi nk’ibyo, kandi na bwo afite imyitwarire mibi, umuntu wari waramuhaye akazi uwo muryango w’abataliyani, ubu ni umusaza, yamukoreraga akazi ko kumujyanira Pizza, uyu mugabo ubwo yumvaga ko Félix yabaye Perezida, yaratunguwe, aravuga ati ‘Mana yanjye’ ati ‘uyu muntu koko’ yanditse inkuru ndende, yaratunguwe cyane aravuga ati ‘uyu muntu utaranashoboraga gukora akazi ko kugenda ageza [delivering] Pizza ku baziguze, ni gute yabaye Perezida?’.”

Bamwe mu basesenguzi mu bya Politiki, bavuga ko Félix Tshisekedi yazamukiye ku izina ry’umubyeyi we, umunyapolitiki Étienne Tshisekedi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa DRC akanahatanira inshuro nyinshi kuyobora iki Gihugu ariko bikanga.

Aba basesenguzi bavuga ko umuhungu we ari we Félix Tshisekedi waje kuba Umukuru w’Igihugu, nta bukure cyangwa ubunararibonye yari afite muri Politiki yari gutuma aba Perezida, kuko imirimo yakoze izwi, ari iriya irimo gutwara Taxi-Voiture i Burayi no kugeza Pizza ku baziguze azikura ku maduka yazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 7 =

Previous Post

Hashyizwe hanze raporo yerekana amakuru ateye inkeke ku mwuka wanduye n’Ibihugu byugarijwe

Next Post

Ibiro bya Tshisekedi wavuze ko adateze kuganira na M23 byagize icyo bivuga ku byatangajwe

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Ibiro bya Tshisekedi wavuze ko adateze kuganira na M23 byagize icyo bivuga ku byatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.