Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze icyo yabwira Tshisekedi baramutse bahuye imbonankubone

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko aramutse ari kumwe na Félix Tshisekedi wa DRC, yamubwira ko yakwifuje ko atagakwiye kuba ari Perezida wa kiriya Gihugu cyiza, kandi ko ubutaha nibongera guhura agomba kuzabimubwira amaso ku maso.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Mario Nawfal cyagarutse ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ibibazo byanagize ingaruka ku Rwanda, kuko hari ibishaka kototera umutekano warwo, aho ubutegetsi bwa Congo bwahigiye kenshi gufasha umutwe wa FDLR kugira ngo batere u Rwanda, ariko na rwo rukaba rwakajije ingamba z’ubwirinzi, zanazamuye ibibazo ku mahanga arusaba kuzikuraho.

Muri iki kiganiro, Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cya FDLR cyaganiriweho hagati y’u Rwanda n’ubutegetsi bwose bwagiye bubaho muri DRC, burimo n’uburiho ubu burangajwe imbere na Perezida w’iki Gihugu, Félix Tshisekedi.

Mario Nawfal yahise abaza Perezida Kagame icyo Tshisekedi yakivuzeho, amusubiza agira ati “Ndatekereza ko afite ingengabitekerezo ya Jenoside. Ni ko mbibona arayifite.”

Arongera amubaza niba yarigeze abimubwiraho, amusubiza ko yabimubwiye inshuro nyinshi mbere yuko ibibazo biriho bigere ku rwego biriho ubu.

Yavuze ko aho kugira ngo ubu butegetsi bukemura iki kibazo ahubwo bwiyemeje gukorana n’uyu mutwe mu kwica Abatutsi bari mu burasirazuba bwa DRC, ariko ko bitagarukiye aho ahubwo ko “banashaka guteza ibibazo u Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibazo cyarushijeho kuremera aho Tshisekedi abereye Umukuru w’Igihugu, nubwo inshuro zombi atigeze anatsinda amatora.

 

Nakwifuje ko atakabaye Perezida w’Igihugu cyiza

Mu gusoza iki kiganiro, Mario Nawfal yabajije Perezida Kagame icyo yabwira Tshisekedi igihe baramuka bahuriye mu kiganiro cyihariye, amusubiza agira ati “Namubwira ko nakwifuje ko atagakwiye kuba ari Perezida wa kiriya Gihugu cyiza […] kandi ubutaha nimpura na we ngomba kuzabimwibwirira amaso ku maso.”

Perezida Kagame avuga ko Tshisekedi yazambije ibintu kubera imyitwarire ye, kandi ko ifite n’amateka, aho yahise anatanga urugero ku muryango w’Abataliyani wakoreshaga Tshisekedi i Burayi, watunguwe no kumva ko yabaye umukuru w’Igihugu cya Congo.

Ati “Hari umuntu, ni umuryango w’Abataliyani…urabizi ko Felix yamaze imyaka myinshi mu Bubiligi, yari umushoferi wa taxi [taxi voiture] yari umushoferi, yakoze n’ibindi byinshi nk’ibyo, kandi na bwo afite imyitwarire mibi, umuntu wari waramuhaye akazi uwo muryango w’abataliyani, ubu ni umusaza, yamukoreraga akazi ko kumujyanira Pizza, uyu mugabo ubwo yumvaga ko Félix yabaye Perezida, yaratunguwe, aravuga ati ‘Mana yanjye’ ati ‘uyu muntu koko’ yanditse inkuru ndende, yaratunguwe cyane aravuga ati ‘uyu muntu utaranashoboraga gukora akazi ko kugenda ageza [delivering] Pizza ku baziguze, ni gute yabaye Perezida?’.”

Bamwe mu basesenguzi mu bya Politiki, bavuga ko Félix Tshisekedi yazamukiye ku izina ry’umubyeyi we, umunyapolitiki Étienne Tshisekedi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa DRC akanahatanira inshuro nyinshi kuyobora iki Gihugu ariko bikanga.

Aba basesenguzi bavuga ko umuhungu we ari we Félix Tshisekedi waje kuba Umukuru w’Igihugu, nta bukure cyangwa ubunararibonye yari afite muri Politiki yari gutuma aba Perezida, kuko imirimo yakoze izwi, ari iriya irimo gutwara Taxi-Voiture i Burayi no kugeza Pizza ku baziguze azikura ku maduka yazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − fifteen =

Previous Post

Hashyizwe hanze raporo yerekana amakuru ateye inkeke ku mwuka wanduye n’Ibihugu byugarijwe

Next Post

Ibiro bya Tshisekedi wavuze ko adateze kuganira na M23 byagize icyo bivuga ku byatangajwe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Ibiro bya Tshisekedi wavuze ko adateze kuganira na M23 byagize icyo bivuga ku byatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.