Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23

radiotv10by radiotv10
08/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, bari bakwiye kubanza kumva impamvu uyu mutwe wavutse n’icyo urwanira, kuko ubwayo ikwiye gushyigikirwa.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mata 2024, aho umunyamakuru yamubajije icyo avuga ku birego byakunze gushinjwa u Rwanda ko rufasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo.

Perezida Kagame yagize ati “Abadushinja gufasha M23, nakababajije impamvu ahubwo badafasha uwo mutwe wa M23.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga ko abantu bakwiye kwibaza icyo M23 ari cyo, ati “M23 ni umuryango wavukiye muri Congo, icyo ni icya mbere, icya kabiri, aba bantu ni Abanyekongo.”

Perezida Kagame wabaye nk’ukomoza ku mateka y’igice cy’Abanyekongo bakunze kwitwa Abanyarwanda, kubera uburyo bisanze ku butaka bwa Congo ubwo hakatwaga imipaka, yavuze ko ihohoterwa ryagiye rikorerwa aba Banyekongo, ari imwe mu ntandaro y’ivuka rya M23.

Ati “Babayeho [M23] kubera ko bagiye bamburwa uburenganzira bwabo, bitwa Abanyekongo b’Abatutsi b’u Rwanda. Ibi ni amateka, dufite umuryango w’Abanyarwanda bisanze muri Congo b’abanyekongo.”

Avuga ko ibi atari umwihariko kuko byabaye no ku bindi bice ubwo hakatwaga imipaka muri aka karere ndetse no muri Afurika, ariko ko bariya Banyekongo bagiye batotezwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo ndetse benshi bakagihunga, aho u Rwanda rucumbikiye abarenga ibihumbi 100 bamaze imyaka irenga 20, mu gihe muri Uganda hari abarenga uyu mubare.

Ati “M23 yavutse kubera ibyo bibazo. Ni yo mpamvu nagakwiye kubaza, nti ‘kuki babaza u Rwanda gufasha umutwe wa M23? Ahubwo abo badushinja ibyo bari bakwiye gushinjwa kuba badafasha M23’, kuko bisa nk’aho bashyigikiye akarengane kari gukorerwa uyu muryango mugari kuko bitabaye ibyo ngo ube utabishyigikiye wagakwiye kwibaza impamvu habayeho uyu mutwe wa M23? Kubera iki hari izi mpunzi ibihumbi 100 mu Rwanda?.”

Perezida Kagame yavuze ko abibaza niba u Rwanda rufasha M23 cyangwa rutawufasha, bibaza ikibazo badakwiye kuba bibaza, ahubwo ko bakwiye gutekereza icyatumye havuka uyu mutwe urwanira uburenganzira bwabo.

Umukuru w’u Rwanda kandi yakunze kugaragaza ko umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi iri no kwibukwa muri iki gihe, ukomeje gufatanya n’ubutegetsi bwa Congo mu bikorwa byo guhohotera bariya Banyekongo bo mu Bwoko bw’Abatutsi, na wo uri mu byatumye havuka M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri America yongeye gukoresha imvugo ipfoya Jenoside

Next Post

Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.