Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23

radiotv10by radiotv10
08/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, bari bakwiye kubanza kumva impamvu uyu mutwe wavutse n’icyo urwanira, kuko ubwayo ikwiye gushyigikirwa.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mata 2024, aho umunyamakuru yamubajije icyo avuga ku birego byakunze gushinjwa u Rwanda ko rufasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo.

Perezida Kagame yagize ati “Abadushinja gufasha M23, nakababajije impamvu ahubwo badafasha uwo mutwe wa M23.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga ko abantu bakwiye kwibaza icyo M23 ari cyo, ati “M23 ni umuryango wavukiye muri Congo, icyo ni icya mbere, icya kabiri, aba bantu ni Abanyekongo.”

Perezida Kagame wabaye nk’ukomoza ku mateka y’igice cy’Abanyekongo bakunze kwitwa Abanyarwanda, kubera uburyo bisanze ku butaka bwa Congo ubwo hakatwaga imipaka, yavuze ko ihohoterwa ryagiye rikorerwa aba Banyekongo, ari imwe mu ntandaro y’ivuka rya M23.

Ati “Babayeho [M23] kubera ko bagiye bamburwa uburenganzira bwabo, bitwa Abanyekongo b’Abatutsi b’u Rwanda. Ibi ni amateka, dufite umuryango w’Abanyarwanda bisanze muri Congo b’abanyekongo.”

Avuga ko ibi atari umwihariko kuko byabaye no ku bindi bice ubwo hakatwaga imipaka muri aka karere ndetse no muri Afurika, ariko ko bariya Banyekongo bagiye batotezwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo ndetse benshi bakagihunga, aho u Rwanda rucumbikiye abarenga ibihumbi 100 bamaze imyaka irenga 20, mu gihe muri Uganda hari abarenga uyu mubare.

Ati “M23 yavutse kubera ibyo bibazo. Ni yo mpamvu nagakwiye kubaza, nti ‘kuki babaza u Rwanda gufasha umutwe wa M23? Ahubwo abo badushinja ibyo bari bakwiye gushinjwa kuba badafasha M23’, kuko bisa nk’aho bashyigikiye akarengane kari gukorerwa uyu muryango mugari kuko bitabaye ibyo ngo ube utabishyigikiye wagakwiye kwibaza impamvu habayeho uyu mutwe wa M23? Kubera iki hari izi mpunzi ibihumbi 100 mu Rwanda?.”

Perezida Kagame yavuze ko abibaza niba u Rwanda rufasha M23 cyangwa rutawufasha, bibaza ikibazo badakwiye kuba bibaza, ahubwo ko bakwiye gutekereza icyatumye havuka uyu mutwe urwanira uburenganzira bwabo.

Umukuru w’u Rwanda kandi yakunze kugaragaza ko umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi iri no kwibukwa muri iki gihe, ukomeje gufatanya n’ubutegetsi bwa Congo mu bikorwa byo guhohotera bariya Banyekongo bo mu Bwoko bw’Abatutsi, na wo uri mu byatumye havuka M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri America yongeye gukoresha imvugo ipfoya Jenoside

Next Post

Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.