Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23

radiotv10by radiotv10
08/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, bari bakwiye kubanza kumva impamvu uyu mutwe wavutse n’icyo urwanira, kuko ubwayo ikwiye gushyigikirwa.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mata 2024, aho umunyamakuru yamubajije icyo avuga ku birego byakunze gushinjwa u Rwanda ko rufasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo.

Perezida Kagame yagize ati “Abadushinja gufasha M23, nakababajije impamvu ahubwo badafasha uwo mutwe wa M23.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga ko abantu bakwiye kwibaza icyo M23 ari cyo, ati “M23 ni umuryango wavukiye muri Congo, icyo ni icya mbere, icya kabiri, aba bantu ni Abanyekongo.”

Perezida Kagame wabaye nk’ukomoza ku mateka y’igice cy’Abanyekongo bakunze kwitwa Abanyarwanda, kubera uburyo bisanze ku butaka bwa Congo ubwo hakatwaga imipaka, yavuze ko ihohoterwa ryagiye rikorerwa aba Banyekongo, ari imwe mu ntandaro y’ivuka rya M23.

Ati “Babayeho [M23] kubera ko bagiye bamburwa uburenganzira bwabo, bitwa Abanyekongo b’Abatutsi b’u Rwanda. Ibi ni amateka, dufite umuryango w’Abanyarwanda bisanze muri Congo b’abanyekongo.”

Avuga ko ibi atari umwihariko kuko byabaye no ku bindi bice ubwo hakatwaga imipaka muri aka karere ndetse no muri Afurika, ariko ko bariya Banyekongo bagiye batotezwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo ndetse benshi bakagihunga, aho u Rwanda rucumbikiye abarenga ibihumbi 100 bamaze imyaka irenga 20, mu gihe muri Uganda hari abarenga uyu mubare.

Ati “M23 yavutse kubera ibyo bibazo. Ni yo mpamvu nagakwiye kubaza, nti ‘kuki babaza u Rwanda gufasha umutwe wa M23? Ahubwo abo badushinja ibyo bari bakwiye gushinjwa kuba badafasha M23’, kuko bisa nk’aho bashyigikiye akarengane kari gukorerwa uyu muryango mugari kuko bitabaye ibyo ngo ube utabishyigikiye wagakwiye kwibaza impamvu habayeho uyu mutwe wa M23? Kubera iki hari izi mpunzi ibihumbi 100 mu Rwanda?.”

Perezida Kagame yavuze ko abibaza niba u Rwanda rufasha M23 cyangwa rutawufasha, bibaza ikibazo badakwiye kuba bibaza, ahubwo ko bakwiye gutekereza icyatumye havuka uyu mutwe urwanira uburenganzira bwabo.

Umukuru w’u Rwanda kandi yakunze kugaragaza ko umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi iri no kwibukwa muri iki gihe, ukomeje gufatanya n’ubutegetsi bwa Congo mu bikorwa byo guhohotera bariya Banyekongo bo mu Bwoko bw’Abatutsi, na wo uri mu byatumye havuka M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri America yongeye gukoresha imvugo ipfoya Jenoside

Next Post

Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.