Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi

radiotv10by radiotv10
15/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko kimwe mu bimutera ishema, ari ukuba yaratanze umusanzu mu gukumira ko Igihugu cy’u Rwanda gisenyuka nk’uko hari ababonaga ko cyarangiye mu myaka 30 ishize, ariko kikaba kigeze ku bitaratekerezwaga ko byashoboka.

Umukuru w’u Rwanda yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya NTV ikorera muri Kenya, cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo, Politiki y’akarere, umutekano, ndetse n’iterambere ry’u Rwanda.

Perezida Paul Kagame abajijwe ikimutera ishema kurusha ibindi nk’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yavuze ko ari byinshi ariko ko yabimbatirira hamwe.

Ati “Ntabwo ari ikintu kimwe, ni ibintu byinshi, ariko nterwa ishema no kuba mu nshingano zanjye naratanze umusanzu mu gukumira ko iki Gihugu gisenyuka [failed state] ariko ntibigarukire aho gusa, ahubwo kikaniyubaka.

Aho Igihugu kigeze ubu nta muntu watekerezaga ko cyahagera mu myaka 30 ishize kuva mu 1994, yewe na bamwe muri twe, hari ibijya bidutangaza.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi byagezweho kubera umusanzu w’Abanyarwanda bose baharaniye kwigira no kutabohwa n’amateka y’ibihe bigoye bari bavuyemo mu 1994.

Ati “Habayeho guharanira kwigira kw’abaturage bacu, habaho no kubyemera ko bashobora kuva muri ibyo bibazo. Ibyo ni byo bintera ishema, nubwo atari ikintu kimwe ariko muri rusange ni uruhurirane rw’ibyo byose.”

Perezida Kagame kandi mu bihe bitandukanye, yakunze kuvuga ko nanone yishimira kubona imyumvire y’Abanyarwanda yarakuze, ku buryo nta muntu ucyumva ko yabeshwaho n’undi.

Mu kiganiro yatanze mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize wa 2023, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro ikigo Norrsken Kigali House gifasha ba rwiyemezamirimo b’imishinga y’ikoranabuhanga, Perezida Kagame yabajijwe icyagezweho na Guverinoma y’u Rwanda kitari cyitezwe, avuga ko ari uguhindura imyumvire y’Abanyarwanda.

Icyo gihe yagize ati “Kuva ku guhora bategereje inkunga z’abandi, bakagera ku rwego rwo kwigira ubwacu ariko nanone tukanakorana n’abandi. Ariko kuba imyumvire yarahindutse, ni ingenzi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Nyaruguru: Barijujutira Kompanyi y’ubwubatsi kubera ibyo yabakoreye byabashyiriye ubuzima mu kaga

Next Post

Abatoza bategereje ko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo baza mu myitozo baraheba

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatoza bategereje ko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo baza mu myitozo baraheba

Abatoza bategereje ko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo baza mu myitozo baraheba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.