Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye zirimo ibyatangijwe na Guverinoma ya Qatar ndetse n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, ariko ko byose bitaragera ku musaruro wifuzwa nubwo hari ibiri gukorwa.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje none tariki 12 Gicurasi mu kiganiro yatangiye i Abidjan muri Côte d’Ivoire, ubwo yabazwaga ku biganiro bihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigamije gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.

Perezida Kagame avuga ko hari intambwe ziri guterwa yaba mu biganiro bya Qatar ndetse n’ibya Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’ibyo ku rwego rwa Afurika, ariko byose bitaragera ku ntambwe yifuzwa.

Ati “Ndetse n’ubu tuvugana yaba ari Qatar cyangwa Leta Zunze Ubumwe za America, ntabwo twavuga ko twageze ahifuzwa, buri wese ari kugerageza.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko nubwo hari ubushake bw’ibi Bihugu birimo gushaka uburyo byakemura ibibazo bihari, ariko ubushake bwa mbere bugomba kuva mu barebwa n’ibyo bibazo.

Uwari uyoboye iki kiganiro yavuze ko akurikije intambwe imaze guterwa kuva Guverinoma ya Qatar n’iya Leta Zunze Ubumwe zakwinjira muri ubu buhuza, hari intambwe yatewe kurusha uko byari bimeze ubwo byari biyobowe n’Imiryango yo ku rwego rw’Umugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko hari n’intambwe yatewe ku Mugabane wa Afurika nk’uko n’ubundi hari ibigenda bigerwaho n’uyu Mugabane ubwawo.

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho gutanga urugero rw’ibyo Umugabane wa Afurika ugenda ukora biri mu nyungu zawo, kandi bigenda bitanga umusaruro, ariko byose biva mu bushake bw’abantu baba bumva ko hari ibyo bageraho bibavuyemo.

Ati “N’iyo urebye ibiriho bikorwa ku Mugabane wacu, hari intambwe nyinshi zatewe ndakeka ko tutakwirengagiza ibyakozwe, yaba ari iby’amavugurura, mbona ko Abanyafurika bagenda bashyira hamwe, bagenda bavuga rumwe kandi hari intambwe ishimishije ijyenda iterwa.”

Perezida Kagame yavuze ko iryo terambere ryagiye rigerwaho mu binyacumi bicye bitambutse, binagaragariza Umugabane wa Afurika ko hari byinshi wagakwiye gukora bitari byarakozwe mbere.

Yatanze urugero ry’urwego rw’ubutumwa bw’amahoro n’umutekano ku rwego rwa Afurika Yunze Ubumwe, rwaterwaga inkunga n’amahanga ijana ku ijana, kandi ayo mahanga na yo ubu akaba afite ibyo bibazo agomba guhangana nabyo, bityo ko Umugabane wa Afurika wari ukwiye kwishakamo ubushobozi bwo gutera inkunga ibi bikorwa biba bikenewe, udategereje inkunga z’amahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

Next Post

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.