Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye zirimo ibyatangijwe na Guverinoma ya Qatar ndetse n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, ariko ko byose bitaragera ku musaruro wifuzwa nubwo hari ibiri gukorwa.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje none tariki 12 Gicurasi mu kiganiro yatangiye i Abidjan muri Côte d’Ivoire, ubwo yabazwaga ku biganiro bihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigamije gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.

Perezida Kagame avuga ko hari intambwe ziri guterwa yaba mu biganiro bya Qatar ndetse n’ibya Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’ibyo ku rwego rwa Afurika, ariko byose bitaragera ku ntambwe yifuzwa.

Ati “Ndetse n’ubu tuvugana yaba ari Qatar cyangwa Leta Zunze Ubumwe za America, ntabwo twavuga ko twageze ahifuzwa, buri wese ari kugerageza.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko nubwo hari ubushake bw’ibi Bihugu birimo gushaka uburyo byakemura ibibazo bihari, ariko ubushake bwa mbere bugomba kuva mu barebwa n’ibyo bibazo.

Uwari uyoboye iki kiganiro yavuze ko akurikije intambwe imaze guterwa kuva Guverinoma ya Qatar n’iya Leta Zunze Ubumwe zakwinjira muri ubu buhuza, hari intambwe yatewe kurusha uko byari bimeze ubwo byari biyobowe n’Imiryango yo ku rwego rw’Umugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko hari n’intambwe yatewe ku Mugabane wa Afurika nk’uko n’ubundi hari ibigenda bigerwaho n’uyu Mugabane ubwawo.

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho gutanga urugero rw’ibyo Umugabane wa Afurika ugenda ukora biri mu nyungu zawo, kandi bigenda bitanga umusaruro, ariko byose biva mu bushake bw’abantu baba bumva ko hari ibyo bageraho bibavuyemo.

Ati “N’iyo urebye ibiriho bikorwa ku Mugabane wacu, hari intambwe nyinshi zatewe ndakeka ko tutakwirengagiza ibyakozwe, yaba ari iby’amavugurura, mbona ko Abanyafurika bagenda bashyira hamwe, bagenda bavuga rumwe kandi hari intambwe ishimishije ijyenda iterwa.”

Perezida Kagame yavuze ko iryo terambere ryagiye rigerwaho mu binyacumi bicye bitambutse, binagaragariza Umugabane wa Afurika ko hari byinshi wagakwiye gukora bitari byarakozwe mbere.

Yatanze urugero ry’urwego rw’ubutumwa bw’amahoro n’umutekano ku rwego rwa Afurika Yunze Ubumwe, rwaterwaga inkunga n’amahanga ijana ku ijana, kandi ayo mahanga na yo ubu akaba afite ibyo bibazo agomba guhangana nabyo, bityo ko Umugabane wa Afurika wari ukwiye kwishakamo ubushobozi bwo gutera inkunga ibi bikorwa biba bikenewe, udategereje inkunga z’amahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + seventeen =

Previous Post

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

Next Post

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.