Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro mu bice byegereye u Rwanda, yahamagaye mugenzi we Evariste Ndayishimiye akabimubazaho, undi akamuhakanira.

Perezida Kagame yabitangaje ubwo yagarukaga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bifite amateka atari aya vuba aha.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ikibabaje ari uko uko ibi bibazo bigenda bibyuka, bihora byegekwa ku Rwanda, nyamara ahubwo na rwo rufite ibibazo biri muri DRC birubangamiye, byagakwiye kubazwa kiriya Gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko aya mateka n’ibibazo bigerekwa ku Rwanda, “birimo ubugome n’ibinyoma byinshi, kandi bifitanye isano n’amateka yacu” atanga urugero ubwo intambara zo mu burasirazuba bwa DRC zari zubuye, habanje kujyayo ingabo za EAC zitari zirimo iz’u Rwanda, ariko rugasaba ko ikibazo kirubangamiye cyazakemurwa, ariko ko na zo zitamazeyo kabiri, ahubwo ko zirukanywe na DRC ubwayo.

Ati “Muri uko kuzirukana, Congo ihitamo kwirukana bamwe isigarana abandi, isigarana ingabo z’u Burundi kuko bari bafite ubwumvikane bahuriyeho na bwo bufitanye isano n’amateka yacu.”

U Burundi kandi bwarushijeho kongera ingabo muri DRC ndetse zerecyeza mu bice byegereye u Rwanda, bigatuma afata icyemezo cyo kubiganiraho na Perezida Evariste Ndayishimiye wa kiriya Gihugu.

Ati “Nafashe telefone nterefona Perezida w’u Burundi Ndayishimiye ndamubaza nti ‘ingabo zari ziri muri EAC, ko bazirukanye iz’u Burundi zigasigara, u Burundi bwagiye muri SADC? mwagiyeyo se ko kubera ko gusa muri inshuti za Congo mushaka kuyishyigikira mu byari ibyo byose bakora. Avuga ko Congo yabibasabye.”

Yavuze ko yanamubajije iby’izindi ngabo z’u Burundi zari zikomeje kwiyongera zijyayo ariko zikajya gushinga ibirindiro mu majyaruguru y’u Rwanda hafi yarwo, zirimo izajya i Goma na Rutshuru, kandi ko yari afite amakuru yizewe, ariko Ndayishimiye akamuhakanira, ko nta ngabo z’u Burundi ziri mu majyaruguru y’u Rwanda.

Ati “Yarabanje arambwira ngo bafite ibibazo bikomoka muri Congo by’umutekano wabo, avuga ko biri mu majyepfo, za Uvira na za Minembwe, ngo ni yo mpamvu bagiye muri Congo.”

Ngo akomeje kubimubazaho, Ndayishimiye “Arambwira ngo ni nde wakubwiye ko dufite ingabo aho ngaho? Ndamubwira nti ‘Hari ababimbwiye ariko nanjye nabyemeye kuko bampaye ibimenyetso. Ariko ntabwo nari kubyemera burundu ntabanje kukubaza wowe ubwawe ngo numve icyo umbwira’. Ati ‘Oya, uwakubwiye yarakubeshye, nta ngabo zacu ziri aho ngaho mu majyaruguru yanyu’.”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Ndamubwira nti ni ‘byiza’, nti ubwo uri Umuyobozi w’Igihugu cyawe ubinyibwiriye ubwo ndabyemeye. Ntabwo hashize kabiri, ndetse benshi bafatirwayo mu mirwano.”

Muri ibyo bihe byose kandi habayeho n’inama zahuzaga abo mu nzego z’umutekano z’Ibihugu byombi (u Rwanda n’u Burundi), bakagerageza kwihakana n’abo bafatiwe ku rugamba, ariko u Rwanda rukabibemeza, bakabura ibyo basobanura.

Ati “Hanyuma hakurikiraho inama z’abayobozi b’u Rwanda, u Burundi, bagashaka guhakana, abandi bakabereka bati ‘Ese noneho mwihakanye n’abasirikare banyu? ntimukibashaka? Tugira ngo ahubwo turebe uko twavugana n’ababafite hakurya hariya, bababahe’.”

Perezida Kagame yavuze ko nubwo u Burundi bwakomeje aya macenga, ariko amakuru agaragaza ko iki Gihugu ubu gifite ingabo zibarirwa mu bihumbi 20 muri DRC.

RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − two =

Previous Post

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Next Post

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.