Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yihanganishije mugenzi we wa Guinea, General Mamadi Doumbouya n’abaturage b’Igihugu cye, ku bw’ibyago by’abantu barenga 50 baguye mu bushyamirane bwabereye kuri Sitade ya N’Zérékoré.

Ni nyuma yuko ku Cyumweru tariki 01 Ukuboza 2024, kuri iyi sitade iherereye mu mujyi wa N’Zérékoré wa kabiri mu bunini muri iki Gihugu, habereye ubushyamirane bwahuje abafana nyuma y’icyemezo cy’umusifuzi cyateje impaka mu mukino w’umupira w’amaguru, kigatuma bamwe bagira umujinya w’umuranduranzuzi.

Kugeza ubu, Guverinoma ya Guinea yemeje ko izi mvururu zabereye kuri iyi sitade, zaguyemo abantu 56, abandi benshi bagakomereka.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Perezida Paul Kagame yafashe mu mugondo Perezida wa Guinea ndetse n’Abanya-Guinea ku bw’ibi byago.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Ndihanganisha cyane umuvandimwe wanjye Perezida General Mamadi Doumbouya ndetse n’abaturage ba Guinea ku bwo kubura ubuzima bw’abantu byabereye mu bibazo byabereye kuri Sitade muri N’Zérékoré.”

Perezida Kagame kandi yasezeranyije iki Gihugu n’abagituye ko u Rwanda n’Abanyarwanda bifatanyije na bo, by’umwihariko imiryango yabuze abayo ndetse n’Abanya-Guinea bose.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Guinea ku wa Mbere ubwo izi mvururu zari zimaze amasaha zibaye, ryavugaga ko ubwo abafana batari bishimiye icyemezo cyafashwe n’umusifuzi, bamishije amabuye muri bagenzi babo, ari na byo byaje kuvamo impfu z’aba bantu 56.

Perezida Kagame na General Doumbouya basanzwe ari Abakuru b’Ibihugu bagendererana
Yanitabiriye umuhango w’irahire rye i Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 10 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yashyizeho Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mushya

Next Post

Abajenerali bari mu buyobozi bwa RDF basuye APR mbere y’imikino yihagazeho irimo utegerejwe na benshi (AMAFOTO)

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abajenerali bari mu buyobozi bwa RDF basuye APR mbere y’imikino yihagazeho irimo utegerejwe na benshi (AMAFOTO)

Abajenerali bari mu buyobozi bwa RDF basuye APR mbere y’imikino yihagazeho irimo utegerejwe na benshi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.