Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yihanganishije mugenzi we wa Guinea, General Mamadi Doumbouya n’abaturage b’Igihugu cye, ku bw’ibyago by’abantu barenga 50 baguye mu bushyamirane bwabereye kuri Sitade ya N’Zérékoré.

Ni nyuma yuko ku Cyumweru tariki 01 Ukuboza 2024, kuri iyi sitade iherereye mu mujyi wa N’Zérékoré wa kabiri mu bunini muri iki Gihugu, habereye ubushyamirane bwahuje abafana nyuma y’icyemezo cy’umusifuzi cyateje impaka mu mukino w’umupira w’amaguru, kigatuma bamwe bagira umujinya w’umuranduranzuzi.

Kugeza ubu, Guverinoma ya Guinea yemeje ko izi mvururu zabereye kuri iyi sitade, zaguyemo abantu 56, abandi benshi bagakomereka.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Perezida Paul Kagame yafashe mu mugondo Perezida wa Guinea ndetse n’Abanya-Guinea ku bw’ibi byago.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Ndihanganisha cyane umuvandimwe wanjye Perezida General Mamadi Doumbouya ndetse n’abaturage ba Guinea ku bwo kubura ubuzima bw’abantu byabereye mu bibazo byabereye kuri Sitade muri N’Zérékoré.”

Perezida Kagame kandi yasezeranyije iki Gihugu n’abagituye ko u Rwanda n’Abanyarwanda bifatanyije na bo, by’umwihariko imiryango yabuze abayo ndetse n’Abanya-Guinea bose.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Guinea ku wa Mbere ubwo izi mvururu zari zimaze amasaha zibaye, ryavugaga ko ubwo abafana batari bishimiye icyemezo cyafashwe n’umusifuzi, bamishije amabuye muri bagenzi babo, ari na byo byaje kuvamo impfu z’aba bantu 56.

Perezida Kagame na General Doumbouya basanzwe ari Abakuru b’Ibihugu bagendererana
Yanitabiriye umuhango w’irahire rye i Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yashyizeho Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mushya

Next Post

Abajenerali bari mu buyobozi bwa RDF basuye APR mbere y’imikino yihagazeho irimo utegerejwe na benshi (AMAFOTO)

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka
AMAHANGA

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abajenerali bari mu buyobozi bwa RDF basuye APR mbere y’imikino yihagazeho irimo utegerejwe na benshi (AMAFOTO)

Abajenerali bari mu buyobozi bwa RDF basuye APR mbere y’imikino yihagazeho irimo utegerejwe na benshi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.