Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yihanganishije mugenzi we wa Guinea, General Mamadi Doumbouya n’abaturage b’Igihugu cye, ku bw’ibyago by’abantu barenga 50 baguye mu bushyamirane bwabereye kuri Sitade ya N’Zérékoré.

Ni nyuma yuko ku Cyumweru tariki 01 Ukuboza 2024, kuri iyi sitade iherereye mu mujyi wa N’Zérékoré wa kabiri mu bunini muri iki Gihugu, habereye ubushyamirane bwahuje abafana nyuma y’icyemezo cy’umusifuzi cyateje impaka mu mukino w’umupira w’amaguru, kigatuma bamwe bagira umujinya w’umuranduranzuzi.

Kugeza ubu, Guverinoma ya Guinea yemeje ko izi mvururu zabereye kuri iyi sitade, zaguyemo abantu 56, abandi benshi bagakomereka.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Perezida Paul Kagame yafashe mu mugondo Perezida wa Guinea ndetse n’Abanya-Guinea ku bw’ibi byago.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Ndihanganisha cyane umuvandimwe wanjye Perezida General Mamadi Doumbouya ndetse n’abaturage ba Guinea ku bwo kubura ubuzima bw’abantu byabereye mu bibazo byabereye kuri Sitade muri N’Zérékoré.”

Perezida Kagame kandi yasezeranyije iki Gihugu n’abagituye ko u Rwanda n’Abanyarwanda bifatanyije na bo, by’umwihariko imiryango yabuze abayo ndetse n’Abanya-Guinea bose.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Guinea ku wa Mbere ubwo izi mvururu zari zimaze amasaha zibaye, ryavugaga ko ubwo abafana batari bishimiye icyemezo cyafashwe n’umusifuzi, bamishije amabuye muri bagenzi babo, ari na byo byaje kuvamo impfu z’aba bantu 56.

Perezida Kagame na General Doumbouya basanzwe ari Abakuru b’Ibihugu bagendererana
Yanitabiriye umuhango w’irahire rye i Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 16 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yashyizeho Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mushya

Next Post

Abajenerali bari mu buyobozi bwa RDF basuye APR mbere y’imikino yihagazeho irimo utegerejwe na benshi (AMAFOTO)

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe
MU RWANDA

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abajenerali bari mu buyobozi bwa RDF basuye APR mbere y’imikino yihagazeho irimo utegerejwe na benshi (AMAFOTO)

Abajenerali bari mu buyobozi bwa RDF basuye APR mbere y’imikino yihagazeho irimo utegerejwe na benshi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.