Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka [Walk to Remember] n’Ijoro ry’Ikiriyo, biri mu bikorwa byakozwe ku munsi wa mbere w’Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uru rugendo rwo Kwibuka rwabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Mata 2025, rwatangiriye ku Biro by’Akarere ka Gasabo, rusorezwa kuri BK Arena ahabereye Ijoro ry’Ikiriyo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yitabiriye uru rugendo rwarimo n’abandi bayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, ndetse rwanitabiriwe n’abiganjemo urubyiruko rurimo abasanzwe bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane ndetse n’abo mu zindi nzego nko mu buhanzi.

Nyuma yuko abitabiriye uru rugendo bageze kuri BK Arena, hanabaye Umugoroba w’ikiriyo waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo ubuhamya bwatanzwe na Murangwayire Liliane uvuka Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera.

Mu buhamya bwe, Murangwayire yagaragaje ubugome ndengakamere Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe, aho umuryango yavukagamo wari ugizwe n’abantu 12 barimo ababyeyi babiri, ariko ukaba wararokotsemo abantu batatu.

Muri iri Joro ry’Ikiriyo, Perezida w’Umuryango uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside, IBUKA, Dr Gakwenzire Philibert, yibukije ko igikorwa cyo Kwibuka kigamije kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no kubaho icyubahiro.

Nanone kandi igihe nk’iki kigomba kubera abantu umwanya wo gutekereza ku nkomoka y’amacakubiri yabibwe mu Banyarwanda akageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe, kugira ngo ibyabaye bitazongera ukundi.

Yavuze ko nanone abantu baba bakwiye kongera kuzirikana ku rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa byafashije Abanyarwanda bakaba bageze aho bageze ubu nyuma y’imyaka 31.

Perezida Kagame yitabiriye urugendo rwo Kwibuka

Ni Urugendo rwarimo abiganjemo urubyiruko

Uru rugendo rwakurikiwe n’Umugoroba w’Ikiriyo
Hacanywe urumuri hazirikanwa inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Murangwayire Liliane yagaragaje uburyo Jenoside yakoranywe ubugome ndengakamere
Abanyeshuri ba Muzika bataramiye abitabiriye umugoroba w’Ikiriyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Next Post

Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.