Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka [Walk to Remember] n’Ijoro ry’Ikiriyo, biri mu bikorwa byakozwe ku munsi wa mbere w’Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uru rugendo rwo Kwibuka rwabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Mata 2025, rwatangiriye ku Biro by’Akarere ka Gasabo, rusorezwa kuri BK Arena ahabereye Ijoro ry’Ikiriyo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yitabiriye uru rugendo rwarimo n’abandi bayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, ndetse rwanitabiriwe n’abiganjemo urubyiruko rurimo abasanzwe bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane ndetse n’abo mu zindi nzego nko mu buhanzi.

Nyuma yuko abitabiriye uru rugendo bageze kuri BK Arena, hanabaye Umugoroba w’ikiriyo waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo ubuhamya bwatanzwe na Murangwayire Liliane uvuka Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera.

Mu buhamya bwe, Murangwayire yagaragaje ubugome ndengakamere Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe, aho umuryango yavukagamo wari ugizwe n’abantu 12 barimo ababyeyi babiri, ariko ukaba wararokotsemo abantu batatu.

Muri iri Joro ry’Ikiriyo, Perezida w’Umuryango uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside, IBUKA, Dr Gakwenzire Philibert, yibukije ko igikorwa cyo Kwibuka kigamije kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no kubaho icyubahiro.

Nanone kandi igihe nk’iki kigomba kubera abantu umwanya wo gutekereza ku nkomoka y’amacakubiri yabibwe mu Banyarwanda akageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe, kugira ngo ibyabaye bitazongera ukundi.

Yavuze ko nanone abantu baba bakwiye kongera kuzirikana ku rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa byafashije Abanyarwanda bakaba bageze aho bageze ubu nyuma y’imyaka 31.

Perezida Kagame yitabiriye urugendo rwo Kwibuka

Ni Urugendo rwarimo abiganjemo urubyiruko

Uru rugendo rwakurikiwe n’Umugoroba w’Ikiriyo
Hacanywe urumuri hazirikanwa inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Murangwayire Liliane yagaragaje uburyo Jenoside yakoranywe ubugome ndengakamere
Abanyeshuri ba Muzika bataramiye abitabiriye umugoroba w’Ikiriyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − twelve =

Previous Post

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Next Post

Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.