Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
04/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rw’amateka agiriye muri iki Gihugu kimaze iminsi cyugarijwe n’ibibazo by’umutekano.

Emmanuel Macron yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Werurwe 2023, yakirizwa akarasisi k’icyubahiro.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’djili cyariho Abanyamakuru benshi, Perezida Macron yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa DRC, Sama Lukonde wari kumwe n’abandi bayobozi muri Guverinoma y’iki Gihugu.

Abandi bayobozi bagiye kwakira Perezida Emmanuel Macron barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula ndetse na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma y’iki Gihugu, Patrick Muyaya.

Biteganyijwe ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Werurwe 2023 mu ma saa yine (10:00’) Perezida Emmanuel Macron yakirwa na Perezida Félix Tshisekedi mu biro bye, bakagirana ibiganiro byihariye byo mu muhezo, biza gukurikirwa n’ikiganiro bagirana n’abanyamakuru.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Emmanuel Macron aza gusura ibindi bikorwa binyuranye muri Congo byiganjemo ibikorwa remezo by’ubuzima nk’ikigo cy’imiti kizwi nka INRB (Institut national de recherches biomédicales) ndetse na Laboratwari nkuru muri iki Gihugu, akaba aza no kwakirwa na Minisitiri w’Ubuzima.

Peezida Emmanuel Macron agiriye uruzinduko muri DRC, nyuma y’igihe iki Gihugu kiri mu bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwacyo, aho igisirikare cya Leta FARDC kimaze iminsi kiri mu mirwano n’umutwe wa M23.

Ni ibibazo byanazamuye umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cya Congo, kubera ibinyoma iki Gihugu cyo mu burengerazuba bw’u Rwanda cyarushinjaga ko rufasha uyu mutwe wa M23, ariko na rwo rukaba rutarahwemye kubinyomoza.

Mbere yuko Emmanuel Macron agera muri Congo, muri iki Gihugu kandi habayeho imyigaragambyo yakozwe na bamwe mu Banyekongo bamwamaganaga bavuga ko Igihugu cye ari igicuti cy’u Rwanda, bityo ko ntaho gitandukaniye na rwo bafata nk’umwanzi.

Muri Nzeri 2022 ubwo i New York haberaga Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye, Perezida Macron yari yahurije Perezida Paul Kagame na Tshisekedi mu biganiro byari bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byabo (u Rwanda na DRC).

Yakiriwe na Minisitiri w’Intebe
Hari kandi Minisitiri w’Ububanyi n’AmahangaChristophe Lutundula n’Umuvugizi wa Guverinoma Patrick Muyaya
Yagiranye ibiganiro na Sama Lukonde

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 10 =

Previous Post

Hatangajwe amakuru arambuye ku musirikare wa Congo warashwe na RDF n’icyakurikiyeho

Next Post

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.