Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
04/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rw’amateka agiriye muri iki Gihugu kimaze iminsi cyugarijwe n’ibibazo by’umutekano.

Emmanuel Macron yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Werurwe 2023, yakirizwa akarasisi k’icyubahiro.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’djili cyariho Abanyamakuru benshi, Perezida Macron yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa DRC, Sama Lukonde wari kumwe n’abandi bayobozi muri Guverinoma y’iki Gihugu.

Abandi bayobozi bagiye kwakira Perezida Emmanuel Macron barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula ndetse na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma y’iki Gihugu, Patrick Muyaya.

Biteganyijwe ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Werurwe 2023 mu ma saa yine (10:00’) Perezida Emmanuel Macron yakirwa na Perezida Félix Tshisekedi mu biro bye, bakagirana ibiganiro byihariye byo mu muhezo, biza gukurikirwa n’ikiganiro bagirana n’abanyamakuru.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Emmanuel Macron aza gusura ibindi bikorwa binyuranye muri Congo byiganjemo ibikorwa remezo by’ubuzima nk’ikigo cy’imiti kizwi nka INRB (Institut national de recherches biomédicales) ndetse na Laboratwari nkuru muri iki Gihugu, akaba aza no kwakirwa na Minisitiri w’Ubuzima.

Peezida Emmanuel Macron agiriye uruzinduko muri DRC, nyuma y’igihe iki Gihugu kiri mu bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwacyo, aho igisirikare cya Leta FARDC kimaze iminsi kiri mu mirwano n’umutwe wa M23.

Ni ibibazo byanazamuye umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cya Congo, kubera ibinyoma iki Gihugu cyo mu burengerazuba bw’u Rwanda cyarushinjaga ko rufasha uyu mutwe wa M23, ariko na rwo rukaba rutarahwemye kubinyomoza.

Mbere yuko Emmanuel Macron agera muri Congo, muri iki Gihugu kandi habayeho imyigaragambyo yakozwe na bamwe mu Banyekongo bamwamaganaga bavuga ko Igihugu cye ari igicuti cy’u Rwanda, bityo ko ntaho gitandukaniye na rwo bafata nk’umwanzi.

Muri Nzeri 2022 ubwo i New York haberaga Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye, Perezida Macron yari yahurije Perezida Paul Kagame na Tshisekedi mu biganiro byari bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byabo (u Rwanda na DRC).

Yakiriwe na Minisitiri w’Intebe
Hari kandi Minisitiri w’Ububanyi n’AmahangaChristophe Lutundula n’Umuvugizi wa Guverinoma Patrick Muyaya
Yagiranye ibiganiro na Sama Lukonde

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 6 =

Previous Post

Hatangajwe amakuru arambuye ku musirikare wa Congo warashwe na RDF n’icyakurikiyeho

Next Post

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.