Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
04/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rw’amateka agiriye muri iki Gihugu kimaze iminsi cyugarijwe n’ibibazo by’umutekano.

Emmanuel Macron yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Werurwe 2023, yakirizwa akarasisi k’icyubahiro.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’djili cyariho Abanyamakuru benshi, Perezida Macron yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa DRC, Sama Lukonde wari kumwe n’abandi bayobozi muri Guverinoma y’iki Gihugu.

Abandi bayobozi bagiye kwakira Perezida Emmanuel Macron barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula ndetse na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma y’iki Gihugu, Patrick Muyaya.

Biteganyijwe ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Werurwe 2023 mu ma saa yine (10:00’) Perezida Emmanuel Macron yakirwa na Perezida Félix Tshisekedi mu biro bye, bakagirana ibiganiro byihariye byo mu muhezo, biza gukurikirwa n’ikiganiro bagirana n’abanyamakuru.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Emmanuel Macron aza gusura ibindi bikorwa binyuranye muri Congo byiganjemo ibikorwa remezo by’ubuzima nk’ikigo cy’imiti kizwi nka INRB (Institut national de recherches biomédicales) ndetse na Laboratwari nkuru muri iki Gihugu, akaba aza no kwakirwa na Minisitiri w’Ubuzima.

Peezida Emmanuel Macron agiriye uruzinduko muri DRC, nyuma y’igihe iki Gihugu kiri mu bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwacyo, aho igisirikare cya Leta FARDC kimaze iminsi kiri mu mirwano n’umutwe wa M23.

Ni ibibazo byanazamuye umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cya Congo, kubera ibinyoma iki Gihugu cyo mu burengerazuba bw’u Rwanda cyarushinjaga ko rufasha uyu mutwe wa M23, ariko na rwo rukaba rutarahwemye kubinyomoza.

Mbere yuko Emmanuel Macron agera muri Congo, muri iki Gihugu kandi habayeho imyigaragambyo yakozwe na bamwe mu Banyekongo bamwamaganaga bavuga ko Igihugu cye ari igicuti cy’u Rwanda, bityo ko ntaho gitandukaniye na rwo bafata nk’umwanzi.

Muri Nzeri 2022 ubwo i New York haberaga Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye, Perezida Macron yari yahurije Perezida Paul Kagame na Tshisekedi mu biganiro byari bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byabo (u Rwanda na DRC).

Yakiriwe na Minisitiri w’Intebe
Hari kandi Minisitiri w’Ububanyi n’AmahangaChristophe Lutundula n’Umuvugizi wa Guverinoma Patrick Muyaya
Yagiranye ibiganiro na Sama Lukonde

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − seven =

Previous Post

Hatangajwe amakuru arambuye ku musirikare wa Congo warashwe na RDF n’icyakurikiyeho

Next Post

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Related Posts

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.