Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Uganda mu nama idasanzwe

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Uganda mu nama idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yahagurutse mu Gihugu cye yerecyeza i Kampala muri Uganda, mu nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bifite ingabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Somalia.

Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yafashe indege mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023, yerecyeza i Kampaka muri Uganda.

Itangazo dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi ryagiye kuri Twitter mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, rigira riti “Nyakubawa Evariste Ndayishimiye amaze gufata indege yerecyeza i Kampala muri Uganda, aho yitabiriye Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bifite ingabo zagiye gufasha kugarura amahoro mu Gihugu cya Somalia.”

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bifite ingabo ziri muri Somalia zigize urwego rwa ATMIS (The African Union Transition Mission in Somalia), irateranira i Kampala muri Uganda kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.

Iyi nama igiye kubera muri Uganda nyuma yuko Perezida w’iki Gihugu, Yoweri Kaguta Museveni na Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud; bahuriye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America ubwo bari bitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yabaye mu mpera z’umwaka ushize.

Ubwo aba Bakuru b’Ibihugu byombi bahuraga, Perezida wa Somalia, Hassan Mohamud yasabye mugenzi we Museveni ko yazakira Inteko idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bifite ingabo ziri mu butumwa muri Somalia, zigize urwego rwa ATIMS, birimo u Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya na Uganda.

Perezida Ndayishimiye ubwo yari agiye guhaguruka ku kibuga cy’Indege
Yasezeye ku bayobozi bakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 4 =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Next Post

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.