Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Uganda mu nama idasanzwe

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Uganda mu nama idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yahagurutse mu Gihugu cye yerecyeza i Kampala muri Uganda, mu nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bifite ingabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Somalia.

Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yafashe indege mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023, yerecyeza i Kampaka muri Uganda.

Itangazo dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi ryagiye kuri Twitter mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, rigira riti “Nyakubawa Evariste Ndayishimiye amaze gufata indege yerecyeza i Kampala muri Uganda, aho yitabiriye Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bifite ingabo zagiye gufasha kugarura amahoro mu Gihugu cya Somalia.”

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bifite ingabo ziri muri Somalia zigize urwego rwa ATMIS (The African Union Transition Mission in Somalia), irateranira i Kampala muri Uganda kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.

Iyi nama igiye kubera muri Uganda nyuma yuko Perezida w’iki Gihugu, Yoweri Kaguta Museveni na Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud; bahuriye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America ubwo bari bitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yabaye mu mpera z’umwaka ushize.

Ubwo aba Bakuru b’Ibihugu byombi bahuraga, Perezida wa Somalia, Hassan Mohamud yasabye mugenzi we Museveni ko yazakira Inteko idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bifite ingabo ziri mu butumwa muri Somalia, zigize urwego rwa ATIMS, birimo u Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya na Uganda.

Perezida Ndayishimiye ubwo yari agiye guhaguruka ku kibuga cy’Indege
Yasezeye ku bayobozi bakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Next Post

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.