• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yise Tshisekedi umuvandimwe we mu butumwa bushimira Ikipe ya Congo

radiotv10by radiotv10
18/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Ndayishimiye yise Tshisekedi umuvandimwe we mu butumwa bushimira Ikipe ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yashimiye ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera uburyo yitwaye mu Gikombe cy’Isi ikanganya n’iya Portugal, asezeranya mugenzi we Felix Tshisekedi yise umuvandimwe ko Igihugu cye kiri inyuma y’icye.

Ni nyuma yuko Ikipe ya DRC [Léopards] inganyije n’iya Portugal ya Cristiano Ronaldo igitego 1-1 mu mukino wayo wa mbere mu Gikombe cy’Isi muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Mu butumwa Perezida Ndayishimiye yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, kuri uyu wa Kane tariki 18 Kamena 2026, yagize ati “Ndashimira byimazeyo Léopards ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku bwo kwitwara neza ejo mu Gikombe cy’Isi.”

Ndayishimiye unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko iyi Kipe ya DRC “yahesheje ishema akarere iki Gihugu giherereyemo ndetse n’Umugabane wa Afurika wose kuko abakinnyi bayo bagaragaje umuhate ntangarugero, impano itangaje ndetse no guhatana bikwiye kuranga Umugabane wose ku ruhando mpuzamahanga.”

Ati “Ku bw’umuhate wanyu mwagaragaje mu kibuga, mwagaragaje imbaraga n’ubushobozi by’urubyiruko rw’Abanyafurika.”

Yavuze kandi ko uburyo abakinnyi b’iyi kipe bitwaye birenze ibo muri siporo gusa ahubwo ko ari ikimenyetso cy’ubumwe, kwihagararaho no kwigirira icyizere bikwiye kuranga Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’Umugabane wa Afurika wose.

Yasoje ubutumwa bwe kandi anizeza Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yise umuvandimwe, ko Igihugu cye cy’u Burundi cyifatanyije na Congo mu buryo bwa kivandimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + nine =

Previous Post

Icyatumye Umucamanza yikura mu rubanza rw’umucungamutungo wa Koperative y’abacunga umutekano

Next Post

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Related Posts

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

by radiotv10
18/06/2026
0

Nyuma yuko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaje ko cyafashe agace ka Minembwe-Centre, hari amakuru avuga ko...

Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23

Tshisekedi yasabwe kwegura anateguzwa imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
17/06/2026
0

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakajije umurego mu bikorwa byo kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga,...

Iran yagaragaje ikitagomba kwirengagizwa mu kurangiza burundu intambara

Iran yagaragaje ikitagomba kwirengagizwa mu kurangiza burundu intambara

by radiotv10
17/06/2026
0

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yatangaje ko amasezerano ayo ari yo yose agamije kurangiza intambara hagati ya Iran...

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi na Bobi Wine yongeye gufata intera

by radiotv10
17/06/2026
0

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine yongeye guterana amagambo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo General...

Iby’ingenzi wamenya ku imurikabikorwa rya mbere ku Isi mu bya gisirikare ryitabiriwe na RDF

Iby’ingenzi wamenya ku imurikabikorwa rya mbere ku Isi mu bya gisirikare ryitabiriwe na RDF

by radiotv10
16/06/2026
0

I Paris mu Bufaransa hari kubera imurikabikorwa mpuzamahanga mu bya Gisirikare rizwi nka ‘Eurosatory’ rya mbere rigari ku Isi, ryitabiriwe...

Next Post
Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Perezida Ndayishimiye yise Tshisekedi umuvandimwe we mu butumwa bushimira Ikipe ya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.