Thursday, April 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Paul Kagame yibukije Dr.Ugirashebuja Emmanuel icyo abanyarwanda bamwitezeho

radiotv10by radiotv10
23/09/2021
in MU RWANDA
0
Perezida Paul Kagame yibukije Dr.Ugirashebuja  Emmanuel icyo abanyarwanda bamwitezeho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda,Paul Kagame ubwo yakiraga indahiro ya minisitiri mushya w’ubutabera Yavuzeko abaturage bamwitezeho ubutabera ndetse anamwibutsa ko inshingano afite ziremereye cyane.

Mu ndahiro,  Dr. Ugirashebuja  Emmanuel   yarahiriye imbere ya presida Paul KAGAME yemera kuba minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya  leta yanahise ashyira umukono kuri iyo ndahiro  nyuma gato Umukuru w’igihugu Paul KAGAME  Yavuze ko  ishingano zahawe Ugirashebuja ziremereye, maze amushimira kuba yemeye kuzayikora ndetse ngo ntashidikanya kubushobozi bwe buzanatuma yuzuza inshingano z’ubutabera

Ati “Ibyo rero bizafasha kugira ngo dukomeze gukemura ibibazo bitandukanye. Abanyarwanda bateze byinshi kuri guverinoma muri rusange, abayobozi na za minisiteri zitandukanye. Mu by’ubutabera abanyarwanda birumvikana ko bifuza ko bagira ubutabera mu bibazo bimwe na bimwe bahura na byo.”

Perezida Kagame yavuze ko nta gishya kidasanzwe kuri Dr.Ugirashebuja mu kazi agiye gukora kuko yari asanzwe agafitemo uruhare ndetse akaba yarateguwe kuva yafata inshingano nk’izi.

Who Is Dr. Emmanuel Ugirashebuja, the New Justice Minister? – KT PRESS

Dr. Ugirashebuja  Emmanuel Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa ya  leta

Yakomeje agira ati “Nk’uko bisanzwe twese tuzafatanya gukemura ibibazo, Abanyarwanda cyangwa igihugu duhura na byo. Tuzafatanya na minisitiri mushya umaze kurahira kugira ngo twese tubashe kuzuza inshingano zacu.”

Ikindi presida Kagame yibukije Ministre mushya w’ubutabera ni ukuba abaturage bamutezeho umusaruro mugutanga ubutabera  kubaturage ndetse anamwizeza ubufatanye mugukemura ibyo bibazo

Dr.Ugirashebuja Emmanuel yakoze imirimo itandukanye irimo kuba umwarimu muri kaminuza y’urwanda , Dr Ugirashebuja yari asanzwe ari Perezida w’Urukiko rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Dr.Ugirashebuja Emmanuel  yasimbuye kuri uyu mwanya Businjye Joston wari umaze imyaka umunani  kuri iyi ntebe kuri ubu akaba yaragizwe ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTv10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + eleven =

Previous Post

FERWAFA na CAF basoje amahugurwa y’abatoza 13 bazafasha mu kwigisha abandi batoza

Next Post

CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

Related Posts

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

by radiotv10
22/04/2026
0

Uwari umukozi wa WASAC mu Karere ka Rubavu waherukaga kugaragara mu cyumweru gishize, yasanzwe mu nzu yabagamo mu Murenge wa...

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

by radiotv10
22/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko iperereza ku rupfu rw'umwanditsi w’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye uherutse gusangwa mu muferege yapfuye mu...

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

by radiotv10
22/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yategetse ibigo bya Leta ko mu modoka bigura hagomba kubamo nibura izingana...

How to make your business earn more money and grow fast

How to make your business earn more money and grow fast

by radiotv10
22/04/2026
0

Making a profit in business feels good but what you do next with that money is what truly determines your...

Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Rwandans advised on how to respond to the global challenge of rising fuel prices, which may continue

by radiotv10
21/04/2026
0

The State Minister in the Ministry of Infrastructure, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, has said that shortages of essential goods...

IZIHERUKA

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban
AMAHANGA

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

by radiotv10
22/04/2026
0

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

22/04/2026
Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

22/04/2026
Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

22/04/2026
Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

22/04/2026
Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

22/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.