• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Paul Kagame yibukije Dr.Ugirashebuja Emmanuel icyo abanyarwanda bamwitezeho

radiotv10by radiotv10
23/09/2021
in MU RWANDA
0
Perezida Paul Kagame yibukije Dr.Ugirashebuja  Emmanuel icyo abanyarwanda bamwitezeho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda,Paul Kagame ubwo yakiraga indahiro ya minisitiri mushya w’ubutabera Yavuzeko abaturage bamwitezeho ubutabera ndetse anamwibutsa ko inshingano afite ziremereye cyane.

Mu ndahiro,  Dr. Ugirashebuja  Emmanuel   yarahiriye imbere ya presida Paul KAGAME yemera kuba minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya  leta yanahise ashyira umukono kuri iyo ndahiro  nyuma gato Umukuru w’igihugu Paul KAGAME  Yavuze ko  ishingano zahawe Ugirashebuja ziremereye, maze amushimira kuba yemeye kuzayikora ndetse ngo ntashidikanya kubushobozi bwe buzanatuma yuzuza inshingano z’ubutabera

Ati “Ibyo rero bizafasha kugira ngo dukomeze gukemura ibibazo bitandukanye. Abanyarwanda bateze byinshi kuri guverinoma muri rusange, abayobozi na za minisiteri zitandukanye. Mu by’ubutabera abanyarwanda birumvikana ko bifuza ko bagira ubutabera mu bibazo bimwe na bimwe bahura na byo.”

Perezida Kagame yavuze ko nta gishya kidasanzwe kuri Dr.Ugirashebuja mu kazi agiye gukora kuko yari asanzwe agafitemo uruhare ndetse akaba yarateguwe kuva yafata inshingano nk’izi.

Who Is Dr. Emmanuel Ugirashebuja, the New Justice Minister? – KT PRESS

Dr. Ugirashebuja  Emmanuel Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa ya  leta

Yakomeje agira ati “Nk’uko bisanzwe twese tuzafatanya gukemura ibibazo, Abanyarwanda cyangwa igihugu duhura na byo. Tuzafatanya na minisitiri mushya umaze kurahira kugira ngo twese tubashe kuzuza inshingano zacu.”

Ikindi presida Kagame yibukije Ministre mushya w’ubutabera ni ukuba abaturage bamutezeho umusaruro mugutanga ubutabera  kubaturage ndetse anamwizeza ubufatanye mugukemura ibyo bibazo

Dr.Ugirashebuja Emmanuel yakoze imirimo itandukanye irimo kuba umwarimu muri kaminuza y’urwanda , Dr Ugirashebuja yari asanzwe ari Perezida w’Urukiko rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Dr.Ugirashebuja Emmanuel  yasimbuye kuri uyu mwanya Businjye Joston wari umaze imyaka umunani  kuri iyi ntebe kuri ubu akaba yaragizwe ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTv10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

FERWAFA na CAF basoje amahugurwa y’abatoza 13 bazafasha mu kwigisha abandi batoza

Next Post

CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

Related Posts

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

by radiotv10
10/06/2026
0

Umugabo wo mu murenge wa Nyakarenzo bivugwa ko yari asanzwe ajyana amakara muri repuburika iharanira demokarasi ya Congo yabonywe mu...

Rusizi: Abangirijwe imyaka mu ikorwa ry’umuhanda Rusizi-Bugarama bafite impungenge ku ngurane

Rusizi: Abangirijwe imyaka mu ikorwa ry’umuhanda Rusizi-Bugarama bafite impungenge ku ngurane

by radiotv10
10/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Bugarama bafite imitungo yangijwe n’ikorwa ry’umuhanda wa Rusizi-Bugarama baravuga ko bafite impungenge zo...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

by radiotv10
09/06/2026
0

Inama y’Abaminisitiri yemeje ishyirwaho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano AI (Artificial Intelligence) cyitezweho guteza imbere ubu bwenge hibandwa ku...

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Abatega bisi mu Mujyi wa Kigali bagarukanye amashimwe nyuma y’amezi atandatu hashyizwemo impinduka zifatika

by radiotv10
09/06/2026
0

Abatega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko amavugurura yashyizwemo, yagize akamaro gakomeye kuko...

Hagaragajwe ibisobanuro bitangwa n’umugabo ukurikiranyweho kwicisha isuka mushiki we amusanze mu murima

Hagaragajwe ibisobanuro bitangwa n’umugabo ukurikiranyweho kwicisha isuka mushiki we amusanze mu murima

by radiotv10
09/06/2026
0

Umugabo w’imyaka 54 wo mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, akurikiranyweho kwica mushiki w’imyaka 66 bapfa amakimbirane ashingiye...

Next Post
CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.