Wednesday, April 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Paul Kagame yibukije Dr.Ugirashebuja Emmanuel icyo abanyarwanda bamwitezeho

radiotv10by radiotv10
23/09/2021
in MU RWANDA
0
Perezida Paul Kagame yibukije Dr.Ugirashebuja  Emmanuel icyo abanyarwanda bamwitezeho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda,Paul Kagame ubwo yakiraga indahiro ya minisitiri mushya w’ubutabera Yavuzeko abaturage bamwitezeho ubutabera ndetse anamwibutsa ko inshingano afite ziremereye cyane.

Mu ndahiro,  Dr. Ugirashebuja  Emmanuel   yarahiriye imbere ya presida Paul KAGAME yemera kuba minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya  leta yanahise ashyira umukono kuri iyo ndahiro  nyuma gato Umukuru w’igihugu Paul KAGAME  Yavuze ko  ishingano zahawe Ugirashebuja ziremereye, maze amushimira kuba yemeye kuzayikora ndetse ngo ntashidikanya kubushobozi bwe buzanatuma yuzuza inshingano z’ubutabera

Ati “Ibyo rero bizafasha kugira ngo dukomeze gukemura ibibazo bitandukanye. Abanyarwanda bateze byinshi kuri guverinoma muri rusange, abayobozi na za minisiteri zitandukanye. Mu by’ubutabera abanyarwanda birumvikana ko bifuza ko bagira ubutabera mu bibazo bimwe na bimwe bahura na byo.”

Perezida Kagame yavuze ko nta gishya kidasanzwe kuri Dr.Ugirashebuja mu kazi agiye gukora kuko yari asanzwe agafitemo uruhare ndetse akaba yarateguwe kuva yafata inshingano nk’izi.

Who Is Dr. Emmanuel Ugirashebuja, the New Justice Minister? – KT PRESS

Dr. Ugirashebuja  Emmanuel Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa ya  leta

Yakomeje agira ati “Nk’uko bisanzwe twese tuzafatanya gukemura ibibazo, Abanyarwanda cyangwa igihugu duhura na byo. Tuzafatanya na minisitiri mushya umaze kurahira kugira ngo twese tubashe kuzuza inshingano zacu.”

Ikindi presida Kagame yibukije Ministre mushya w’ubutabera ni ukuba abaturage bamutezeho umusaruro mugutanga ubutabera  kubaturage ndetse anamwizeza ubufatanye mugukemura ibyo bibazo

Dr.Ugirashebuja Emmanuel yakoze imirimo itandukanye irimo kuba umwarimu muri kaminuza y’urwanda , Dr Ugirashebuja yari asanzwe ari Perezida w’Urukiko rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Dr.Ugirashebuja Emmanuel  yasimbuye kuri uyu mwanya Businjye Joston wari umaze imyaka umunani  kuri iyi ntebe kuri ubu akaba yaragizwe ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTv10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 12 =

Previous Post

FERWAFA na CAF basoje amahugurwa y’abatoza 13 bazafasha mu kwigisha abandi batoza

Next Post

CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

Related Posts

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

by radiotv10
29/04/2026
0

Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo, wiyita Umupfumu, wari umaze igihe afungiwe ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, yafunguwe...

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

by radiotv10
29/04/2026
0

Urukiko Rukuru rwo muri Malawi, rwakatiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 40 Umunyarwandakazi uba muri iki Gihugu, rumuhamije icyaha cyo kwica umugabo...

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

by radiotv10
29/04/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino ubanza wa 1/2 wahuje ikipe ya Paris Saint Germain isanzwe yamamaza Visit Rwanda na Bayern...

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

by radiotv10
29/04/2026
0

Rwanda is planning a new law that could stop children under the age of 16 from using social media platforms....

Everyday habits that are damaging your mental health without you noticing

Everyday habits that are damaging your mental health without you noticing

by radiotv10
29/04/2026
0

You don’t wake up one day with poor mental health. Most of the time, it builds quietly, through small, everyday...

IZIHERUKA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we
MU RWANDA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

by radiotv10
29/04/2026
0

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

29/04/2026
Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

29/04/2026
Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

29/04/2026
Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

29/04/2026
Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

29/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.