Monday, March 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za America, guhuza imbaraga  mu gufungura umuhora wa Hormuz, ariko bimwe bihita bigaragaza ko bitazabutanga.

Ni nyuma yuko intambara ihanganirije Iran na Leta Zunze Ubumwe za America zifatanyije na Israel, yinjiye mu cyumweru cya gatatu.

Perezida Trump, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Financial Times ubwo yari mu ndege ya Air Force One yerecyeza i Washington, yatangaje ko yaganiriye n’Ibihugu birindwi ku bijyanye n’uriya muhora wa Hormuz, wafunzwe na Iran.

Trump yagaragaje ko uyu muhora ufatiye runini Isi, kuko unyuzwamo ibikomoka kuri peteroli bigera kuri 20% by’ibihanyuzwa bigiye gucuruzwa.

Perezida Trump utavuze Ibihugu yavugishije, yagize ati “Ndasaba ko ibi Bihugu biza bikanadufasha kurinda Ibihugu byabo, kuko ni ubusugire bwabo. Ni ahantu habafasha kubona ingufu zabo.”

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, mu butumwa bwanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga, Trump yavuze ko yizehe ko Ibihugu nk’u Bushinwa, u Bufaransa, u Buyapani, Korea y’Epfo, u Bwongereza ndetse n’ibindi bigomba kujya gutanga ubwo bufasha.

Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Sanae Takaichi; kuri uyu wa Mbere yavuze ko Itegeko Nshinga ry’Igihugu cye rikibuza kwinjira mu by’intambara, kandi ko nta gahunda gifite yo kohereza amato ajya gucungira umutekano andi mato muri kariya gace ku mu burasirazuba bwo hagati nubwo ari ho gikura 95% by’ibikomoka kuri Peteroli.

Avugana n’Inteko Ishinga Amategeko, Takaichi yagize ati “Nta myanzuro twafashe ijyanye no kohereza ubwato buherekeza andi mato. Dukomeje gusuzuma icyo u Buyapani bushobora gukora ku gito cyabwo, ndetse n’igishobora gukorwa hagendewe ku biteganywa n’amategeko”

Igihugu cya Australia, na cyo gisanzwe ari umufatanyabikorwa wa Leta Zunze Ubumwe za America, na cyo gikura ibikomoka kuri Peteroli byinshi mu burasirazuba bwo hagati, na cyo cyavuze ko nta mato kizohereza yo gufasha gufungura kiriya kigobe.

Catherine King, umwe mu bagize Inama y’Abaminisitiri ya Minisitiri w’Intebe Anthony Albanese, aganida na ABC, yagize ati “Tuzi agaciro gakomeye ka hariya, ariko biriya si ibintu twasabwe cyangwa tuzatangamo umusanzu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Next Post

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Related Posts

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

by radiotv10
16/03/2026
0

Urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu majyaruguru y’Umujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, biravugwa ko ari igitero cy’ubujura cyagabwe n’abarimo abasirikare...

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

by radiotv10
13/03/2026
0

Inyandiko y’umusesenguzi ku gitero cya drone cyabaye i Goma, igaragaza ko nubwo kugeza ubu ubwoko bw’iriya ndege n’ubw’igisasu cyarashwe, bitarasobanuka,...

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

by radiotv10
13/03/2026
0

Abarimu bo muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batangaje ko...

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa mbere w’u Bufaransa wishwe kuva intambara ya Iran yatangira

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa mbere w’u Bufaransa wishwe kuva intambara ya Iran yatangira

by radiotv10
13/03/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yemeje urupfu rw’umusirikare wa mbere w’iki Gihugu ubuze ubuzima kuva intambara yo mu burasirazuba bwo...

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

by radiotv10
12/03/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote cyabaye i Goma kigahitana abarimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye,...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma
AMAHANGA

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

by radiotv10
16/03/2026
0

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

16/03/2026
Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

16/03/2026
Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

16/03/2026
Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

16/03/2026
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

16/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n'ababiri inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.