Wednesday, June 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

radiotv10by radiotv10
22/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yongeye kubazwa ku cyo ari gukora ku bibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yirinda kugira byinshi abivugaho, icyakora avuga ko hari umuyobozi wo mu butegetsi bwe uri gukora akazi katoroshye mu kubishakira umuti.

Trump yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi, ubwo yakiraga mugenzi we Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa bagiranye ikiganiro, ndetse bakanaganira n’itangazamakuru.

Ubwo yari abajijwe icyo ari gukora mu gushaka umuti w’ibibazo bikomeje kugaragara hagati y’Ibihugu birimo n’iby’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Trump yavuze ko hari akazi gakomeye ari gukora.

Yatanze urugero rwo gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’u Burusiya na Ukraine, ati “Ndi kugerageza gutabara ubuzima bw’abantu, ndi gukorana n’u Burusiya na Ukraine, kandi nagombaga kubikora ubwo intambara yatangiraga ariko si njye wayoboraga, iyo nza kuba ndi ku buyobozi ntabwo intambara yari kuba, ariko ndi kugerageza gutabara ubuzima bw’abaturage.

Naho ku by’u Rwanda, ntacyo mfite cyo gukora ku by’u Rwanda na Congo ariko mfite umuntu wo mu buyobozi bwanjye nohereje hariya, kandi yakoze akazi kadasanzwe kandi ndatekereza ko ngiye kumenya amakuru arambuye kuri byo.”

Mu mpera za Mutarama 2025 ubwo yari amaze iminsi micye agarutse muri White House, Perezida Trump n’ubundi yabajijwe ikibazo nk’iki, ariko na bwo yirinda kugira byinshi akivugaho.

Icyo gihe Trump wavugaga ko ikibazo cy’u Rwanda na DRC, ari “ikibazo gikomeye, ndabizi, ariko ntabwo aka kanya ari igihe cya nyacyo cyo kukivugaho, gusa ndabyemera ko ari ikibazo gikomeye.”

Leta Zunze Ubumwe za America ziherutse kwinjira mu buhuza bugamije gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byazanye igitotsi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse ku ikubitiro Guverinoma ya kiriya Gihugu ikaba yarafashije z’ibi Bihugu byombi gushyira umukono ku mahame agomba kuzagena uko hashakwa umuti w’ibibazo.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC kandi ziherutse kohereza iya Leta Zunze Ubumwe za America imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro agomba kuzasinywa hagati y’u Rwanda na DRC, aho biteganyijwe ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibi Bihugu byombi [u Rwanda na DRC] bagomba kwerecyeza i Washington kugira ngo hanonosorwe iby’aya masezerano biteganyijwe ko azashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eleven =

Previous Post

Menya impamvu yatumye urubanza ruregwamo ‘Bishop Gafaranga’ rushyirwa mu muhezo

Next Post

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Related Posts

AGEZWEHO: Umuhanda uva Kigali werecyeza mu Majyaruguru utari nyabagendwa byakemutse

AGEZWEHO: Umuhanda uva Kigali werecyeza mu Majyaruguru utari nyabagendwa byakemutse

by radiotv10
18/06/2025
0

UPDATE- Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Gakenke utari nyabagendwa nyuma y’impanduka yawubereyemo y’imodoka yawuguyemo ikawufunga, waje kongera kuba nyabagendwa....

Eng.-What Politician Ingabire Victoire says about being summoned in coup plot case

Eng.-What Politician Ingabire Victoire says about being summoned in coup plot case

by radiotv10
18/06/2025
0

Rwandan opposition figure Ingabire Victoire Umuhoza has confirmed being summoned by the High Court incase involving nine people accused of...

Icyo umunyapolitiki Ingabire Victoire avuga ku guhamagazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi

Icyo umunyapolitiki Ingabire Victoire avuga ku guhamagazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi

by radiotv10
18/06/2025
0

Nyuma yuko Urukiko Rukuru rutumije Ingabire Victoire Umuhoza mu rubanza ruregwamo itsinda ry’abaregwa ibyaha birimo gushaka guhirika ubutegetsi, uyu munyapolitiki...

Awaken the genius within: Unlock your true potential

Awaken the genius within: Unlock your true potential

by radiotv10
18/06/2025
0

All great ideas follow a certain process for it to be productive and this article will go through how this...

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

by radiotv10
17/06/2025
0

Sosiyete y’ingendo z’inzege ya RwandAir, yatangaje ko yegukanye igihembo nka komanyi ya mbere nziza ku Mugabane wa Afurika zikora iby’ingendo...

IZIHERUKA

AGEZWEHO: Umuhanda uva Kigali werecyeza mu Majyaruguru utari nyabagendwa byakemutse
MU RWANDA

AGEZWEHO: Umuhanda uva Kigali werecyeza mu Majyaruguru utari nyabagendwa byakemutse

by radiotv10
18/06/2025
0

What made a popular Rwandan artist Fireman joining commission based land brokerage work

What made a popular Rwandan artist Fireman joining commission based land brokerage work

18/06/2025
Igisubizo kigufi umuhanzi King James yatanze abajijwe ikibazo akunze kubazwa

Igisubizo kigufi umuhanzi King James yatanze abajijwe ikibazo akunze kubazwa

18/06/2025
Eng.-What Politician Ingabire Victoire says about being summoned in coup plot case

Eng.-What Politician Ingabire Victoire says about being summoned in coup plot case

18/06/2025
Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

18/06/2025
Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

18/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AGEZWEHO: Umuhanda uva Kigali werecyeza mu Majyaruguru utari nyabagendwa byakemutse

What made a popular Rwandan artist Fireman joining commission based land brokerage work

Igisubizo kigufi umuhanzi King James yatanze abajijwe ikibazo akunze kubazwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.