Thursday, July 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

radiotv10by radiotv10
22/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yongeye kubazwa ku cyo ari gukora ku bibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yirinda kugira byinshi abivugaho, icyakora avuga ko hari umuyobozi wo mu butegetsi bwe uri gukora akazi katoroshye mu kubishakira umuti.

Trump yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi, ubwo yakiraga mugenzi we Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa bagiranye ikiganiro, ndetse bakanaganira n’itangazamakuru.

Ubwo yari abajijwe icyo ari gukora mu gushaka umuti w’ibibazo bikomeje kugaragara hagati y’Ibihugu birimo n’iby’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Trump yavuze ko hari akazi gakomeye ari gukora.

Yatanze urugero rwo gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’u Burusiya na Ukraine, ati “Ndi kugerageza gutabara ubuzima bw’abantu, ndi gukorana n’u Burusiya na Ukraine, kandi nagombaga kubikora ubwo intambara yatangiraga ariko si njye wayoboraga, iyo nza kuba ndi ku buyobozi ntabwo intambara yari kuba, ariko ndi kugerageza gutabara ubuzima bw’abaturage.

Naho ku by’u Rwanda, ntacyo mfite cyo gukora ku by’u Rwanda na Congo ariko mfite umuntu wo mu buyobozi bwanjye nohereje hariya, kandi yakoze akazi kadasanzwe kandi ndatekereza ko ngiye kumenya amakuru arambuye kuri byo.”

Mu mpera za Mutarama 2025 ubwo yari amaze iminsi micye agarutse muri White House, Perezida Trump n’ubundi yabajijwe ikibazo nk’iki, ariko na bwo yirinda kugira byinshi akivugaho.

Icyo gihe Trump wavugaga ko ikibazo cy’u Rwanda na DRC, ari “ikibazo gikomeye, ndabizi, ariko ntabwo aka kanya ari igihe cya nyacyo cyo kukivugaho, gusa ndabyemera ko ari ikibazo gikomeye.”

Leta Zunze Ubumwe za America ziherutse kwinjira mu buhuza bugamije gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byazanye igitotsi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse ku ikubitiro Guverinoma ya kiriya Gihugu ikaba yarafashije z’ibi Bihugu byombi gushyira umukono ku mahame agomba kuzagena uko hashakwa umuti w’ibibazo.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC kandi ziherutse kohereza iya Leta Zunze Ubumwe za America imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro agomba kuzasinywa hagati y’u Rwanda na DRC, aho biteganyijwe ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibi Bihugu byombi [u Rwanda na DRC] bagomba kwerecyeza i Washington kugira ngo hanonosorwe iby’aya masezerano biteganyijwe ko azashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − four =

Previous Post

Menya impamvu yatumye urubanza ruregwamo ‘Bishop Gafaranga’ rushyirwa mu muhezo

Next Post

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Related Posts

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

by radiotv10
09/07/2025
0

HOME POINT, one of Rwanda’s most trusted electronics and home appliance retailers, has opened a new branch in Kicukiro, Kigali,...

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Abagabo batatu bafatiwe mu cyuho bari gutekera kanyanga mu rugo rw’umwe muri bo ruherereye mu Murenge wa Gikomero mu Karere...

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheke, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

IZIHERUKA

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market
MU RWANDA

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

by radiotv10
09/07/2025
0

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

09/07/2025
Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

09/07/2025
Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

09/07/2025
Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

09/07/2025
Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

09/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.