Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

radiotv10by radiotv10
22/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yongeye kubazwa ku cyo ari gukora ku bibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yirinda kugira byinshi abivugaho, icyakora avuga ko hari umuyobozi wo mu butegetsi bwe uri gukora akazi katoroshye mu kubishakira umuti.

Trump yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi, ubwo yakiraga mugenzi we Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa bagiranye ikiganiro, ndetse bakanaganira n’itangazamakuru.

Ubwo yari abajijwe icyo ari gukora mu gushaka umuti w’ibibazo bikomeje kugaragara hagati y’Ibihugu birimo n’iby’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Trump yavuze ko hari akazi gakomeye ari gukora.

Yatanze urugero rwo gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’u Burusiya na Ukraine, ati “Ndi kugerageza gutabara ubuzima bw’abantu, ndi gukorana n’u Burusiya na Ukraine, kandi nagombaga kubikora ubwo intambara yatangiraga ariko si njye wayoboraga, iyo nza kuba ndi ku buyobozi ntabwo intambara yari kuba, ariko ndi kugerageza gutabara ubuzima bw’abaturage.

Naho ku by’u Rwanda, ntacyo mfite cyo gukora ku by’u Rwanda na Congo ariko mfite umuntu wo mu buyobozi bwanjye nohereje hariya, kandi yakoze akazi kadasanzwe kandi ndatekereza ko ngiye kumenya amakuru arambuye kuri byo.”

Mu mpera za Mutarama 2025 ubwo yari amaze iminsi micye agarutse muri White House, Perezida Trump n’ubundi yabajijwe ikibazo nk’iki, ariko na bwo yirinda kugira byinshi akivugaho.

Icyo gihe Trump wavugaga ko ikibazo cy’u Rwanda na DRC, ari “ikibazo gikomeye, ndabizi, ariko ntabwo aka kanya ari igihe cya nyacyo cyo kukivugaho, gusa ndabyemera ko ari ikibazo gikomeye.”

Leta Zunze Ubumwe za America ziherutse kwinjira mu buhuza bugamije gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byazanye igitotsi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse ku ikubitiro Guverinoma ya kiriya Gihugu ikaba yarafashije z’ibi Bihugu byombi gushyira umukono ku mahame agomba kuzagena uko hashakwa umuti w’ibibazo.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC kandi ziherutse kohereza iya Leta Zunze Ubumwe za America imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro agomba kuzasinywa hagati y’u Rwanda na DRC, aho biteganyijwe ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibi Bihugu byombi [u Rwanda na DRC] bagomba kwerecyeza i Washington kugira ngo hanonosorwe iby’aya masezerano biteganyijwe ko azashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Menya impamvu yatumye urubanza ruregwamo ‘Bishop Gafaranga’ rushyirwa mu muhezo

Next Post

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside
MU RWANDA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.