Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashinje Joseph Kabila yasimbuye, kuba ari inyuma yo kwenyegeza ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ndetse ko ashyigikiye ihuriro ririmo umutwe wa M23.

Perezida Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Kanama 2024, mu kiganiro yagiranye Radio Top Congo i Bruxelles mu Bubiligi aho ari ku mpamvu zo kwivuza.

Muri uku gushinja uwo yasimbuye, Perezida Tshisekedi yagize ati “Joseph Kabila yitambitse amatora ya 2023 anategura imyivumbagatanyo. Anashyigikiye AFC.”

Muri iki kiganiro, Perezida Tshisekedi yashimiye bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi mu Gihugu cye, nka Adolphe Muzitu na Denis Mukwege, avuga ko bashyira mu gaciro bagashima ibyo Guverinoma y’Igihugu cyabo ikorera abaturage.

Tshisekedi washinje Joseph Kabila yasimbuye kuba ashyigikiye ihuriro rya AFC ririmo umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC, yongeye kuvuga ko adateze kuzagirana ibiganiro n’uyu mutwe w’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo.

Yagize ati “Ntibizigera bibaho na rimwe igihe cyose nzaba nkiri Perezida wa DRC, sinzigera nohereza intumwa mu izina ryanjye ngo zijye guhura na M23 kugira ngo baganire.”

Tshisekedi wakunze gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha uyu mutwe wa M23, yongeye kuvuga ko we uwo baganira ari Igihugu cy’u Rwanda.

Yavuze ko inzira z’imishyikirano zemerejwe i Luanda muri Angola, ari zo zatanga umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, mu gihe ubutegetsi bwe ari bwo bwakunze kurenga ku myanzuro yagiye ifatirwa mu nama zabaga zabereye i Luanda.

Atangaje ibi, mu gihe mu kiganiro Umuvugizi Wungirije wa M23, Dr Balinda Oscar aherutse kugirana na RADIOTV10, yavuze ko inzira yonyine yatanga umuti, ari uko ubutegetsi bwa Congo bwakwemera kuganira n’uyu mutwe, kuko ikibazo gihari ari icy’Abanyekongo ubwabo, bityo ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bugomba kuganira n’uyu mutwe w’Abanyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 3 =

Previous Post

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Next Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.