Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashinje Joseph Kabila yasimbuye, kuba ari inyuma yo kwenyegeza ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ndetse ko ashyigikiye ihuriro ririmo umutwe wa M23.

Perezida Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Kanama 2024, mu kiganiro yagiranye Radio Top Congo i Bruxelles mu Bubiligi aho ari ku mpamvu zo kwivuza.

Muri uku gushinja uwo yasimbuye, Perezida Tshisekedi yagize ati “Joseph Kabila yitambitse amatora ya 2023 anategura imyivumbagatanyo. Anashyigikiye AFC.”

Muri iki kiganiro, Perezida Tshisekedi yashimiye bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi mu Gihugu cye, nka Adolphe Muzitu na Denis Mukwege, avuga ko bashyira mu gaciro bagashima ibyo Guverinoma y’Igihugu cyabo ikorera abaturage.

Tshisekedi washinje Joseph Kabila yasimbuye kuba ashyigikiye ihuriro rya AFC ririmo umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC, yongeye kuvuga ko adateze kuzagirana ibiganiro n’uyu mutwe w’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo.

Yagize ati “Ntibizigera bibaho na rimwe igihe cyose nzaba nkiri Perezida wa DRC, sinzigera nohereza intumwa mu izina ryanjye ngo zijye guhura na M23 kugira ngo baganire.”

Tshisekedi wakunze gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha uyu mutwe wa M23, yongeye kuvuga ko we uwo baganira ari Igihugu cy’u Rwanda.

Yavuze ko inzira z’imishyikirano zemerejwe i Luanda muri Angola, ari zo zatanga umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, mu gihe ubutegetsi bwe ari bwo bwakunze kurenga ku myanzuro yagiye ifatirwa mu nama zabaga zabereye i Luanda.

Atangaje ibi, mu gihe mu kiganiro Umuvugizi Wungirije wa M23, Dr Balinda Oscar aherutse kugirana na RADIOTV10, yavuze ko inzira yonyine yatanga umuti, ari uko ubutegetsi bwa Congo bwakwemera kuganira n’uyu mutwe, kuko ikibazo gihari ari icy’Abanyekongo ubwabo, bityo ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bugomba kuganira n’uyu mutwe w’Abanyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + eight =

Previous Post

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Next Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

Related Posts

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.