Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashinje Joseph Kabila yasimbuye, kuba ari inyuma yo kwenyegeza ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ndetse ko ashyigikiye ihuriro ririmo umutwe wa M23.

Perezida Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Kanama 2024, mu kiganiro yagiranye Radio Top Congo i Bruxelles mu Bubiligi aho ari ku mpamvu zo kwivuza.

Muri uku gushinja uwo yasimbuye, Perezida Tshisekedi yagize ati “Joseph Kabila yitambitse amatora ya 2023 anategura imyivumbagatanyo. Anashyigikiye AFC.”

Muri iki kiganiro, Perezida Tshisekedi yashimiye bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi mu Gihugu cye, nka Adolphe Muzitu na Denis Mukwege, avuga ko bashyira mu gaciro bagashima ibyo Guverinoma y’Igihugu cyabo ikorera abaturage.

Tshisekedi washinje Joseph Kabila yasimbuye kuba ashyigikiye ihuriro rya AFC ririmo umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC, yongeye kuvuga ko adateze kuzagirana ibiganiro n’uyu mutwe w’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo.

Yagize ati “Ntibizigera bibaho na rimwe igihe cyose nzaba nkiri Perezida wa DRC, sinzigera nohereza intumwa mu izina ryanjye ngo zijye guhura na M23 kugira ngo baganire.”

Tshisekedi wakunze gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha uyu mutwe wa M23, yongeye kuvuga ko we uwo baganira ari Igihugu cy’u Rwanda.

Yavuze ko inzira z’imishyikirano zemerejwe i Luanda muri Angola, ari zo zatanga umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, mu gihe ubutegetsi bwe ari bwo bwakunze kurenga ku myanzuro yagiye ifatirwa mu nama zabaga zabereye i Luanda.

Atangaje ibi, mu gihe mu kiganiro Umuvugizi Wungirije wa M23, Dr Balinda Oscar aherutse kugirana na RADIOTV10, yavuze ko inzira yonyine yatanga umuti, ari uko ubutegetsi bwa Congo bwakwemera kuganira n’uyu mutwe, kuko ikibazo gihari ari icy’Abanyekongo ubwabo, bityo ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bugomba kuganira n’uyu mutwe w’Abanyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Next Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.