Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse gutangazwa ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse ko bishimangirwa no kuba uyu munsi bahuriye mu nama imwe no mu kiganiro bakaba bicaranye begeranye.

Ubwo imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 na Leta ya DRC yari ikarishye ubwo hafatwaga Umujyi wa Goma, Perezida Paul Kagame na mugenzi we Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa bagize icyo bavuga ku ngabo za Afurika y’Epfo zari ziri mu butumwa bwa SADC.

Umukuru w’u Rwanda yavugaga ko Ibihugu bitari bikwiye kohereza ingabo zijya gufatanya n’ubutegetsi bwa Congo bwariho burwanya abanyagihugu b’iki Gihugu bunakorana n’umutwe w’Abajenosideri wa FDLR ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibyo Umukuru w’u Rwanda yatangazaga kandi, byaje kugaragara ko ari ko bikwiye kugenda, kuko umuryango wa SADC waje gufata icyemezo cyo guhagarika buriya butumwa ndetse ubu ingabo zawo zari muri Congo zikaba zaratangiye gutaha zinanyuze mu Rwanda rwazemereye inzira, ndetse n’ejo hashize hakaba hari izatashye.

Ni mu gihe icyo gihe Perezida wa Afurika y’Epfo, na we yatangazaga ibindi byumvikanaga ko bitari mu murongo w’uko u Rwanda rwabibonaga, byanatumye hari abakeka ko hagati ye na Perezida Kagame baba baragiranye ibibazo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025 ubwo Perezida Paul Kagame na mugezi we Cyril Ramaphosa batangaga ikiganiro mu Ihuriro Africa CEO Forum muri Côte d’Ivoire, Perezida wa Afurika y’Epfo yatanze umucyo ku bakeka ko hagati ye na Perezida Kagame haba harimo ikibazo, avuga ko ntakibazo na gito gihari.

Yariho yuzuza ku byari bimaze gutangazwa na Perezida Kagame ku mbaraga ziri gukoreshwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ramaphosa yagize ati “Ndifuza kuzuza aho kunyuranya n’ibyo Perezida Kagame avuga, ibiganiro biri gukorwa ku rwego rw’Umugabane yaba ibiganiro bya Nairobi cyangwa ibiganiro bya Luanda ndetse n’ibiganiro by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, byabaye umusingi w’ingenzi mu kubaka amasezerano y’amahoro ndetse no kugarura icyizere, kugeza ku mishyikirano yemeranyijweho y’agahenge hagati y’impande zihanganye kugeza no gucyura ingabo za SADC nk’uko turi kuzicyura.”

Akomeza agaruka ku byatangajwe kuri izi ngabo, byanatumye hari abakeka ko hagati ye na Perezida Kagame havutse igitotsi, ati “Abantu bashobora gukeka ko hagati ya Kagame na njye harimo amakimbirane, bamwe muri mwe hari n’abakeka ko niduhura haza guturika ibishashi kandi murabibona ko twicaye twegeranye.” Uwari uyoboye ibigabiro yahise anasaba abari mu cyumba kigari cyaberagamo ibi biganiro kwishimira kubona aba Bakuru b’Ibihugu byombi bicaranye, ndetse na bo bahita bakoma amashyi.

Perezida Cyril Ramaphosa yakomeje avuga ko kuba Igihugu cye cyari cyohereje ingabo muri buriya butumwa bwa SADC byanatumye hazamuka ako gatotsi, cyari kigamije gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba, ariko ko cyo n’ibindi bihuriye muri SADC, byabonye ko hari izindi nzira zakoreshwa atari iz’imbaraga za gisirikare, kandi ko ziri gutanga umusaruro.

Yavuze ko ibi byose bigenda bigaragaza ko ibisubizo by’ibibazo bya Afurika bigomba kuva muri uyu Mugabane ubwawo, kandi ko n’ibisubizo by’ibibazo byo muri Congo bizava mu Banyafurika.

Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko ntakibazo kiri hagati ye na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Next Post

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.