Sunday, July 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse gutangazwa ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse ko bishimangirwa no kuba uyu munsi bahuriye mu nama imwe no mu kiganiro bakaba bicaranye begeranye.

Ubwo imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 na Leta ya DRC yari ikarishye ubwo hafatwaga Umujyi wa Goma, Perezida Paul Kagame na mugenzi we Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa bagize icyo bavuga ku ngabo za Afurika y’Epfo zari ziri mu butumwa bwa SADC.

Umukuru w’u Rwanda yavugaga ko Ibihugu bitari bikwiye kohereza ingabo zijya gufatanya n’ubutegetsi bwa Congo bwariho burwanya abanyagihugu b’iki Gihugu bunakorana n’umutwe w’Abajenosideri wa FDLR ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibyo Umukuru w’u Rwanda yatangazaga kandi, byaje kugaragara ko ari ko bikwiye kugenda, kuko umuryango wa SADC waje gufata icyemezo cyo guhagarika buriya butumwa ndetse ubu ingabo zawo zari muri Congo zikaba zaratangiye gutaha zinanyuze mu Rwanda rwazemereye inzira, ndetse n’ejo hashize hakaba hari izatashye.

Ni mu gihe icyo gihe Perezida wa Afurika y’Epfo, na we yatangazaga ibindi byumvikanaga ko bitari mu murongo w’uko u Rwanda rwabibonaga, byanatumye hari abakeka ko hagati ye na Perezida Kagame baba baragiranye ibibazo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025 ubwo Perezida Paul Kagame na mugezi we Cyril Ramaphosa batangaga ikiganiro mu Ihuriro Africa CEO Forum muri Côte d’Ivoire, Perezida wa Afurika y’Epfo yatanze umucyo ku bakeka ko hagati ye na Perezida Kagame haba harimo ikibazo, avuga ko ntakibazo na gito gihari.

Yariho yuzuza ku byari bimaze gutangazwa na Perezida Kagame ku mbaraga ziri gukoreshwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ramaphosa yagize ati “Ndifuza kuzuza aho kunyuranya n’ibyo Perezida Kagame avuga, ibiganiro biri gukorwa ku rwego rw’Umugabane yaba ibiganiro bya Nairobi cyangwa ibiganiro bya Luanda ndetse n’ibiganiro by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, byabaye umusingi w’ingenzi mu kubaka amasezerano y’amahoro ndetse no kugarura icyizere, kugeza ku mishyikirano yemeranyijweho y’agahenge hagati y’impande zihanganye kugeza no gucyura ingabo za SADC nk’uko turi kuzicyura.”

Akomeza agaruka ku byatangajwe kuri izi ngabo, byanatumye hari abakeka ko hagati ye na Perezida Kagame havutse igitotsi, ati “Abantu bashobora gukeka ko hagati ya Kagame na njye harimo amakimbirane, bamwe muri mwe hari n’abakeka ko niduhura haza guturika ibishashi kandi murabibona ko twicaye twegeranye.” Uwari uyoboye ibigabiro yahise anasaba abari mu cyumba kigari cyaberagamo ibi biganiro kwishimira kubona aba Bakuru b’Ibihugu byombi bicaranye, ndetse na bo bahita bakoma amashyi.

Perezida Cyril Ramaphosa yakomeje avuga ko kuba Igihugu cye cyari cyohereje ingabo muri buriya butumwa bwa SADC byanatumye hazamuka ako gatotsi, cyari kigamije gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba, ariko ko cyo n’ibindi bihuriye muri SADC, byabonye ko hari izindi nzira zakoreshwa atari iz’imbaraga za gisirikare, kandi ko ziri gutanga umusaruro.

Yavuze ko ibi byose bigenda bigaragaza ko ibisubizo by’ibibazo bya Afurika bigomba kuva muri uyu Mugabane ubwawo, kandi ko n’ibisubizo by’ibibazo byo muri Congo bizava mu Banyafurika.

Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko ntakibazo kiri hagati ye na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Next Post

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Related Posts

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

by radiotv10
19/07/2025
0

Abakoze ubwarimu bw’igihe gito mu bigo by’amashuri bitandukanye byo mu Karere ka Nyamasheke basigariraho abarimu bagiye mu biruhuko byo kubyara,...

The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

by radiotv10
19/07/2025
0

We’ve all heard it growing up: “Work hard and you’ll succeed.” We always saw it on school posters, graduation speeches,...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo...

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y'ikoranabuhanga muri serivisi z'imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB), ari...

IZIHERUKA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro
AMAHANGA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

19/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

19/07/2025
The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

19/07/2025
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

18/07/2025
Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.