Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse gutangazwa ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse ko bishimangirwa no kuba uyu munsi bahuriye mu nama imwe no mu kiganiro bakaba bicaranye begeranye.

Ubwo imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 na Leta ya DRC yari ikarishye ubwo hafatwaga Umujyi wa Goma, Perezida Paul Kagame na mugenzi we Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa bagize icyo bavuga ku ngabo za Afurika y’Epfo zari ziri mu butumwa bwa SADC.

Umukuru w’u Rwanda yavugaga ko Ibihugu bitari bikwiye kohereza ingabo zijya gufatanya n’ubutegetsi bwa Congo bwariho burwanya abanyagihugu b’iki Gihugu bunakorana n’umutwe w’Abajenosideri wa FDLR ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibyo Umukuru w’u Rwanda yatangazaga kandi, byaje kugaragara ko ari ko bikwiye kugenda, kuko umuryango wa SADC waje gufata icyemezo cyo guhagarika buriya butumwa ndetse ubu ingabo zawo zari muri Congo zikaba zaratangiye gutaha zinanyuze mu Rwanda rwazemereye inzira, ndetse n’ejo hashize hakaba hari izatashye.

Ni mu gihe icyo gihe Perezida wa Afurika y’Epfo, na we yatangazaga ibindi byumvikanaga ko bitari mu murongo w’uko u Rwanda rwabibonaga, byanatumye hari abakeka ko hagati ye na Perezida Kagame baba baragiranye ibibazo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025 ubwo Perezida Paul Kagame na mugezi we Cyril Ramaphosa batangaga ikiganiro mu Ihuriro Africa CEO Forum muri Côte d’Ivoire, Perezida wa Afurika y’Epfo yatanze umucyo ku bakeka ko hagati ye na Perezida Kagame haba harimo ikibazo, avuga ko ntakibazo na gito gihari.

Yariho yuzuza ku byari bimaze gutangazwa na Perezida Kagame ku mbaraga ziri gukoreshwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ramaphosa yagize ati “Ndifuza kuzuza aho kunyuranya n’ibyo Perezida Kagame avuga, ibiganiro biri gukorwa ku rwego rw’Umugabane yaba ibiganiro bya Nairobi cyangwa ibiganiro bya Luanda ndetse n’ibiganiro by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, byabaye umusingi w’ingenzi mu kubaka amasezerano y’amahoro ndetse no kugarura icyizere, kugeza ku mishyikirano yemeranyijweho y’agahenge hagati y’impande zihanganye kugeza no gucyura ingabo za SADC nk’uko turi kuzicyura.”

Akomeza agaruka ku byatangajwe kuri izi ngabo, byanatumye hari abakeka ko hagati ye na Perezida Kagame havutse igitotsi, ati “Abantu bashobora gukeka ko hagati ya Kagame na njye harimo amakimbirane, bamwe muri mwe hari n’abakeka ko niduhura haza guturika ibishashi kandi murabibona ko twicaye twegeranye.” Uwari uyoboye ibigabiro yahise anasaba abari mu cyumba kigari cyaberagamo ibi biganiro kwishimira kubona aba Bakuru b’Ibihugu byombi bicaranye, ndetse na bo bahita bakoma amashyi.

Perezida Cyril Ramaphosa yakomeje avuga ko kuba Igihugu cye cyari cyohereje ingabo muri buriya butumwa bwa SADC byanatumye hazamuka ako gatotsi, cyari kigamije gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba, ariko ko cyo n’ibindi bihuriye muri SADC, byabonye ko hari izindi nzira zakoreshwa atari iz’imbaraga za gisirikare, kandi ko ziri gutanga umusaruro.

Yavuze ko ibi byose bigenda bigaragaza ko ibisubizo by’ibibazo bya Afurika bigomba kuva muri uyu Mugabane ubwawo, kandi ko n’ibisubizo by’ibibazo byo muri Congo bizava mu Banyafurika.

Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko ntakibazo kiri hagati ye na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − four =

Previous Post

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Next Post

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Related Posts

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’Uburenge ifata amatungo yagaragaye mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Rubavu, yatumye Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu...

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

by radiotv10
22/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi; yakiriye mugenzi we wa Somalia, n’Umugaba Wungirije w’Ingabo za Qatar...

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

by radiotv10
22/10/2025
0

Abasenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; bamushimiye icyizere yabagiriye cyo gukomeza gukorera Igihugu, bamwizeza kuzakorana umurava. Aba...

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

IZIHERUKA

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba
IMIBEREHO MYIZA

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

22/10/2025
Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

22/10/2025
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

22/10/2025
Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

22/10/2025
Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.