Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran kizashyirirwaho umusoro wa 25% ku bicuruzwa byose gicuruzanya na Amerika.

mu gihe Washington iri gusuzuma uko yakwitwara ku bibera muri Iran, aho kuri ubu imyigaragambyo irwanya ubutegetsi ikomeje gufata indi ntera.

Abinyujije ku rubuga Truth Social, Trump yagize ati: “Kuva aka kanya, igihugu icyo ari cyo cyose gikora ubucuruzi na Repubulika ya Islamu ya Iran kizishyura umusoro wa 25% ku bucuruzi bwose kizakorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kandi iri tegeko ni ntakuka.”

Iyo misoro ya gasutamo kandi izajya yishyurwa n’abatumiza ibicuruzwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika babivanye muri ibyo bihugu.

Igihugu cya Iran, kiri mu muryango w’ibihugu bitunganya peteroli bya OPEC, cyari kimaze imyaka myinshi n’ubundi cyarafatiwe ibihano bikomeye na Washington, ndetse cyari gisanzwe cyohereza igice kinini cya peteroli yacyo mu Bushinwa, mu gihe Turikiya, Iraq, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) n’u Buhinde biri mu bihugu bikomeye ikorana na byo mu bucuruzi.

Ambasade y’u Bushinwa i Washington yanenze iki cyemezo cya Trump, ivuga ko u Bushinwa buzafata ingamba zose zikenewe mu kurengera inyungu zabwo, ndetse yamagana ibihano byose bitemewe bishyirwaho ku ruhande rumwe n’uburyo Trump akoresha ububasha afite no hanze y’imbibi z’igihugu cye.

Abinyujije ku rubuga X, Umuvugizi wa Ambasade y’u Bushinwa i Washington yagize ati: “Uko u Bushinwa buhagarara burwanya ishyirwaho ry’imisoro ya gasutamo mu buryo butarobanura ni ihame ridahinduka kandi risobanutse. Intambara z’imisoro n’iz’ubucuruzi nta batsinzi zigira, kandi igitutu n’igitugu ntibishobora gukemura ibibazo.”

Ni mu gihe ibihugu by’u Buyapani na Koreya y’Epfo, byombi biheruka kumvikana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku masezerano y’ubucuruzi umwaka ushize, byatangaje kuri uyu wa Kabiri ko bihanze amaso ikigiye gukurikiraho.

Minisiteri y’Ubucuruzi ya Koreya y’Epfo yagize iti: “Twiteguye kuzafata ingamba zose zikenewe, mu gihe ibikorwa bya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bizaba bimaze gusobanuka.”

Trump atangaje ibi bihano ku bihugu bikorana ubucuruzi na Iran, mu gihe imibare ya vuba ya Banki y’Isi igaragaza ko mu mwaka wa 2022 Iran yohereje ibicuruzwa mu bihugu 147 byari abafatanyabikorwa bayo mu bucuruzi.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 18 =

Previous Post

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Related Posts

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

IZIHERUKA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.