Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Guinea-Bissau uherutse gusimbuka ‘Coup d’Etat’ yasuye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/03/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Guinea-Bissau uherutse gusimbuka ‘Coup d’Etat’ yasuye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló uherutse gukorerwa ibikorwa byari bigamije kumuhirika ku butegetsi ariko bigapfuba, yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, mu ruzinduko rw’iminsi itatu.

Perezida Umaro Sissoco Embaló yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Weruwe 2022.

Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe, yakiriwe na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Biteganyijwe ko  Umaro Sissoco Embaló yakirwa na Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro bakagirana ibiganiro byibanda ku mubona n’imikoranire y’Ibihugu byombi.

Perezida Umaro Sissoco Embaló aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye, akorewe ibikorwa byari bigamije kumuhirika ku butegetsi ariko bikaburizwamo.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize kwa Gashyantare 2022, ubwo Perezida Umaro Sissoco Embaló yari kumwe n’abagize Guverinoma ye bose, bagabweho igitero cy’abari bagamije kubica, bashaka kumuhirika ku butegetsi.

Nyuma y’iki gikorwa, Perezida Umaro Sissoco Embaló yatangaje ko abageageje kumuhirika ku buetegetsi bafite aho bahuriye n’ibikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Guverinoma y’iki Gihugu yatangaje ko abantu 11 bapfiriye muri biriya bikorwa.

Ku Kibuga cy’Indege yakiriwe na Minisitiri Vincent Biruta
Banagiranye ibiganiro
U Rwanda na Guinea-Bissau bisanzwe bifitanye umubano mwiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + five =

Previous Post

Banki zirasabwa gutega amatwi abakiriya bazo zikumva ibyifuzo byabo zikanabasubiza zitabaryarya

Next Post

Jado Castar yagabanyirijwe igihano

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Jado Castar yagabanyirijwe igihano

Jado Castar yagabanyirijwe igihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.