Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Pologne utegerejwe mu Rwanda yageze mu karere ruherereyemo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
05/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa Pologne utegerejwe mu Rwanda yageze mu karere ruherereyemo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Pologne, Andrzej Duda uteregerejwe mu Rwanda aho azanasura ubutaka butagatifu i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, yageze muri Kenya, yakirwa na Perezida w’iki Gihugu, William Ruto.

Perezida Andrzej Duda yageze muri Kenya kuri iyi Cyumweru tariki 04 Gashyantare 2024, ariko yakiriwe na Perezida William Ruto kuri uyu wa Mbere tariki 05 Gashyantare.

Andrzej Duda akiva mu Gihugu cye, Igihugu yahise ageramo ni Kenya, mu ruzinduko arimo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Perezida wa Pologne uherekejwe n’umugore we Agata Kornhauser-Duda, kuri uyu wa Mbere ubwo bakirwaga na Perezida William Ruto, bari kumwe kandi n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu cya cya Pologne, aho yaganiriye na Ruto ingingo zinyuranye zirimo kongerera imbaraga umubano w’Ibihugu byombi.

Perezida Andrzej Duda kandi ategerejwe mu Rwanda no muri Tanzania, naho azagirana ibiganiro n’Abakuru b’ibi Bihugu mu gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byabo.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro by’umukuru w’igihugu muri Pologne, Perezida Andrzej Duda azagera mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gashyantare 2024.

Ubwo azaba ageze mu Rwanda, Perezida wa Pologne azagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, ndetse banayobore isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye n’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi.

Muri uru ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, Andrzej Duda na Madamu we Agata Kornhauser-Duda, bazanasura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi.

Andrzej Duda na Agata Kornhauser-Duda basanzwe ari Abakristu Gatulika, biteganyijwe ko tariki 08 Gashyantare bazanasura i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, ahazwi nko ku Butaka Butagatifu, ahabereye amabonekerwa ya Bikiramariya.

Ubwo yakirwaga na William Ruto kuri uyu wa Mbere

Bamuha ikaze
Yakiranywe icyubahiro

Perezida Ruto na Andrzej Duda bagiranye ibiganiro

Banayoboye isinywa ry’amasezerano
Banatanze imbwirwaruhame zagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi
Bishimiye ibiganiro bagiranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bigateza intugunda bigiye gufatwaho icyemezo

Next Post

Guverinoma ya Congo yeruye ivuga ko FARDC yananiwe imbere ya M23

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma ya Congo yeruye ivuga ko FARDC yananiwe imbere ya M23

Guverinoma ya Congo yeruye ivuga ko FARDC yananiwe imbere ya M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.