Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Santarafurika yakiriye ku meza Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’akazi

radiotv10by radiotv10
02/10/2022
in MU RWANDA
0
Perezida wa Santarafurika yakiriye ku meza Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu, byari ibirori bibereye ijisho mu rugo rwa Perezida wa Santarafurika, Faustin Archange Touadéra ruherereye mu Karere ka Damara, nyuma y’aho we na Madamu we batumiye Ingabo z’u Rwanda ngo basangire iby’umugoroba.

Ni ibirori byitabiriwe n’abofisiye bakuru, ba suzofisiye n’abasirikare bo mu bindi byiciro bagera kuri 200, bikaba byabaye mu busabane bwo gusangira, imyiyereko no gucinya akadiho.
Ingabo z’u Rwanda zakiriwe ni izoherejwe gucunga umutekano ku bufatanye bwa Leta y’u n’iya Santarafurika, abanarirwa muri iyo batayo bakaba bagaragaje ubuhanga bafite mu mbyino gakondo no mu mikino njyarugamba nka bimwe mu bikorwa by’ibyidagaduro byaranze ibirori.
Ubwo bagaragazaga impano bafite mu mbyino gakondo, Perezida Touadéra yanze kubyihererana na we abiyungaho si ukubyina kinyarwanda karahava!
Perezida Touadéra aheza ijambo ku bitabiriye ubwo butumire, yashimiye u Rwanda na Perezida wa Repubulika Paul Kagame bashyigikira kandi bagakorana neza na Repubulika ya Santarafurika by’umwihariko mu birebana no gusigasira amahoro n’umutekano.
Umugaba w’Ingabo zisaga 300 zoherejwe muri ubwo butumwa, Col Egide Ndayizeye, yashimiye Perezida Touadéra ku bw’uruhwira yabakiranye ndetse anabineraho kuvuga imyato ubufatanye buzira amakemwa burangwa hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Santarafurika mu guharanira umutekano urambye muri icyo Gihugu.
Santarafurika ni kimwe mu bihugu by’Afurika bikomeje kwishimira uruhare rw’inzego z’umutekano z’u Rwanda mu kubigarurira amahoro.
Iki gihu y’u cyari cyaribasiwe n’amacakubiri aherekejwe n’ubwicanyi bw’urudaca bwakorwaga m’imitwe yitwaje intwaro ya Seleka na Anti Balaka.
Ingabo z’u Rwanda zageze muri icyo Gihugu bwa mbere mwaka wa 2014, zoherejwe mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro (MINUSCA), ariko zikigerayo ariko zikigerayo zahise zigirirwa icyozere zihabwa kurinda Umukuru w’Igihugu, abakozi ba Loni n’abandi banyacyubahiro.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + fourteen =

Previous Post

Sunrise yatsinze Police yatunguye Kiyovu, bigoranye Rayon ikura amanota atatu i Rubavu

Next Post

CHAN2023 : Uganda na RDC mu itsinda rimwe

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CHAN2023 : Uganda na RDC mu itsinda rimwe

CHAN2023 : Uganda na RDC mu itsinda rimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.