Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Santarafurika yakiriye ku meza Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’akazi

radiotv10by radiotv10
02/10/2022
in MU RWANDA
0
Perezida wa Santarafurika yakiriye ku meza Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu, byari ibirori bibereye ijisho mu rugo rwa Perezida wa Santarafurika, Faustin Archange Touadéra ruherereye mu Karere ka Damara, nyuma y’aho we na Madamu we batumiye Ingabo z’u Rwanda ngo basangire iby’umugoroba.

Ni ibirori byitabiriwe n’abofisiye bakuru, ba suzofisiye n’abasirikare bo mu bindi byiciro bagera kuri 200, bikaba byabaye mu busabane bwo gusangira, imyiyereko no gucinya akadiho.
Ingabo z’u Rwanda zakiriwe ni izoherejwe gucunga umutekano ku bufatanye bwa Leta y’u n’iya Santarafurika, abanarirwa muri iyo batayo bakaba bagaragaje ubuhanga bafite mu mbyino gakondo no mu mikino njyarugamba nka bimwe mu bikorwa by’ibyidagaduro byaranze ibirori.
Ubwo bagaragazaga impano bafite mu mbyino gakondo, Perezida Touadéra yanze kubyihererana na we abiyungaho si ukubyina kinyarwanda karahava!
Perezida Touadéra aheza ijambo ku bitabiriye ubwo butumire, yashimiye u Rwanda na Perezida wa Repubulika Paul Kagame bashyigikira kandi bagakorana neza na Repubulika ya Santarafurika by’umwihariko mu birebana no gusigasira amahoro n’umutekano.
Umugaba w’Ingabo zisaga 300 zoherejwe muri ubwo butumwa, Col Egide Ndayizeye, yashimiye Perezida Touadéra ku bw’uruhwira yabakiranye ndetse anabineraho kuvuga imyato ubufatanye buzira amakemwa burangwa hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Santarafurika mu guharanira umutekano urambye muri icyo Gihugu.
Santarafurika ni kimwe mu bihugu by’Afurika bikomeje kwishimira uruhare rw’inzego z’umutekano z’u Rwanda mu kubigarurira amahoro.
Iki gihu y’u cyari cyaribasiwe n’amacakubiri aherekejwe n’ubwicanyi bw’urudaca bwakorwaga m’imitwe yitwaje intwaro ya Seleka na Anti Balaka.
Ingabo z’u Rwanda zageze muri icyo Gihugu bwa mbere mwaka wa 2014, zoherejwe mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro (MINUSCA), ariko zikigerayo ariko zikigerayo zahise zigirirwa icyozere zihabwa kurinda Umukuru w’Igihugu, abakozi ba Loni n’abandi banyacyubahiro.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Sunrise yatsinze Police yatunguye Kiyovu, bigoranye Rayon ikura amanota atatu i Rubavu

Next Post

CHAN2023 : Uganda na RDC mu itsinda rimwe

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CHAN2023 : Uganda na RDC mu itsinda rimwe

CHAN2023 : Uganda na RDC mu itsinda rimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.