Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Santarafurika yakiriye ku meza Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’akazi

radiotv10by radiotv10
02/10/2022
in MU RWANDA
0
Perezida wa Santarafurika yakiriye ku meza Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu, byari ibirori bibereye ijisho mu rugo rwa Perezida wa Santarafurika, Faustin Archange Touadéra ruherereye mu Karere ka Damara, nyuma y’aho we na Madamu we batumiye Ingabo z’u Rwanda ngo basangire iby’umugoroba.

Ni ibirori byitabiriwe n’abofisiye bakuru, ba suzofisiye n’abasirikare bo mu bindi byiciro bagera kuri 200, bikaba byabaye mu busabane bwo gusangira, imyiyereko no gucinya akadiho.
Ingabo z’u Rwanda zakiriwe ni izoherejwe gucunga umutekano ku bufatanye bwa Leta y’u n’iya Santarafurika, abanarirwa muri iyo batayo bakaba bagaragaje ubuhanga bafite mu mbyino gakondo no mu mikino njyarugamba nka bimwe mu bikorwa by’ibyidagaduro byaranze ibirori.
Ubwo bagaragazaga impano bafite mu mbyino gakondo, Perezida Touadéra yanze kubyihererana na we abiyungaho si ukubyina kinyarwanda karahava!
Perezida Touadéra aheza ijambo ku bitabiriye ubwo butumire, yashimiye u Rwanda na Perezida wa Repubulika Paul Kagame bashyigikira kandi bagakorana neza na Repubulika ya Santarafurika by’umwihariko mu birebana no gusigasira amahoro n’umutekano.
Umugaba w’Ingabo zisaga 300 zoherejwe muri ubwo butumwa, Col Egide Ndayizeye, yashimiye Perezida Touadéra ku bw’uruhwira yabakiranye ndetse anabineraho kuvuga imyato ubufatanye buzira amakemwa burangwa hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Santarafurika mu guharanira umutekano urambye muri icyo Gihugu.
Santarafurika ni kimwe mu bihugu by’Afurika bikomeje kwishimira uruhare rw’inzego z’umutekano z’u Rwanda mu kubigarurira amahoro.
Iki gihu y’u cyari cyaribasiwe n’amacakubiri aherekejwe n’ubwicanyi bw’urudaca bwakorwaga m’imitwe yitwaje intwaro ya Seleka na Anti Balaka.
Ingabo z’u Rwanda zageze muri icyo Gihugu bwa mbere mwaka wa 2014, zoherejwe mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro (MINUSCA), ariko zikigerayo ariko zikigerayo zahise zigirirwa icyozere zihabwa kurinda Umukuru w’Igihugu, abakozi ba Loni n’abandi banyacyubahiro.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 8 =

Previous Post

Sunrise yatsinze Police yatunguye Kiyovu, bigoranye Rayon ikura amanota atatu i Rubavu

Next Post

CHAN2023 : Uganda na RDC mu itsinda rimwe

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CHAN2023 : Uganda na RDC mu itsinda rimwe

CHAN2023 : Uganda na RDC mu itsinda rimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.