• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

radiotv10by radiotv10
03/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC, yatangaje ko hari Abakinnyi b’iyi kipe bagiye bayica ruhinganyuma bakarya amafaranga kugira ngo bayitsindishe, none akaba agiye kubasezerera.

Aganira na RADIOTV10, KNC yahamije ko yamenye amakuru ko mu mikino irenga 4 ya shampiyona hari abakinnyi ba Gasogi bakiriye amafranga ngo batsindishe iyi kipe.

Yanongeyeho kuvuga kandi ko aba bakiriye aya mafaranga, banahindukiraga bakanakangurira bagenzi babo ko na bo bakwemera bakayafata bityo bagatanga amanota.

Abajijwe niba koko afite ibihamya ko abo bakinnyi babikoze ndetse ari byo bagenderaho babasezerera, yagize ati “Hari ikosa tutakora ryo kurenganya umuntu, ariko icyo dufitiye gihamya tugomba kugikora nta kwikanga.”

KNC yongeyeho ko abakinnyi bazasezererwa muri Gasogi atari uko bose bagurishije imikino, ahubwo hari n’abazasezererwa kubera umusaruro udashimishije cyangwa abazaba basoje amasezerano.

Ikirebana n’uko Gasogi United yaba imaze amezi 3 idahemba byanatuma abakinnyi bishora mu kugurisha imikino, KNC yavuze ko icyo kitaba ikibazo ahubwo ngo no ku mukino wa Etincelles batsinzwe 5 kandi bemerewe agahimbazamusyi k’ibihumbi 150 Frw.

KNC yakanguriye n’abandi bayobozi b’amakipe ko bakwiye guhagurukira abakinnyi bakora ibintu nk’ibi we yise umwanda, ku buryo ababikora bacibwa muri shampiyona. Ati “birababaje kubona umuntu yica umwimerere w’umukino, ntibikwiye.”

Gasogi United yigeze kwicara ku mwanya wa mbere w’urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, imaze imikino 9 yikurikiranya idatsinda, aho ubu iri ku mwanya wa 7 n’amanota 39 mu mikino 27 imaze gukina.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndahayo Jean de la Croix says:
    3 years ago

    Ibi nibyo rwose kuko umwanda uri ruhago Nyarwanda uteye isoni,ibaze nawe ikipe yigeze kuyobora urutonde rw’agateganyo ikaba igeze kumwanya wa 7 kdi ntamvune zikabije bigeze bagira ,
    Birababaje

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seven =

Previous Post

Amakuru mashya ku kirego cya Moses Turahirwa ushobora kwisanga imbere y’Urukiko vuba aha

Next Post

U Rwanda rwaje mu myanya yo mu bushorishori ku Isi mu Bihugu byagize itumbagira rikabije ry’ibiciro

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
U Rwanda rwaje mu myanya yo mu bushorishori ku Isi mu Bihugu byagize itumbagira rikabije ry’ibiciro

U Rwanda rwaje mu myanya yo mu bushorishori ku Isi mu Bihugu byagize itumbagira rikabije ry’ibiciro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.