• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yifurije mugenzi we umunsi mwiza w’ubwigenge

radiotv10by radiotv10
05/07/2021
in MU RWANDA
0
Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yifurije mugenzi we umunsi mwiza w’ubwigenge
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yifurije mugenzi we Perezida Joe Biden kugira umunsi mwiza w’Ubwigenge.

Kuri iki Cyumweru tariki 04 Nyakanga wa umunsi Leta Zunze Ubumwe za America zizihirizaho igihe zaboneyeho ubwigenge.

Benshi bifurije kiriya gihugu cy’igihangange kugira umunsi mwiza w’Ubwigenge. Mu babikifurije harimo na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi.

Mu butumwa yanyijije kuri Twitter, Perezida Evariste Ndayishimiye yagize ati “Uyu munsi ndifuriza Perezida Joe Biden n’Abanyamerika bose umunsi mwiza w’ubwigenge.”

Yakomeje agira ati “Mu izina rya Guverinoma y’u Burundi ndetse no ku giti cyanjye, nifatanyije n’abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za America baba mu Burundi ndetse n’ahandi ku isi kwizihiza itariki ya 04 Nyakanga, umunsi w’ishema no kwishyira ukizana.”

Abanyamerika baba mu Rwanda na bo baraye bizihije umunsi w’Ubwigenge bw’igihugu cyabo mu birori byahujwe no kwizihiza umunsi wo Kwibohora.

Uhagararariye Leta Zunze Ubumwe za America, Peter Vrooman yavuze ko tariki 04 Nyakanga ari umunsi wihariya ku Banyamerika n’Abanyarwanda.

Leta Zunze Ubumwe za America zirabura imyaka itanu ngo zizihize isabukuru y’imyaka 250 zimaze zibonye ubwigenge mu gihe u Rwanda rubura imyaka itatu ngo rwizihize isabukuru y’imyaka 30 rumaze rwibohoye.

Inkuru ya Jean Paul Mugabe/Radio &TV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 17 =

Previous Post

Umugabo washakishwaga akekwaho kwica umugore we, bamusanze mu kiyaga yapfuye

Next Post

DR Congo: Leta igiye kongera imbaraga za gisirikare mu duce tubiri

Related Posts

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

by radiotv10
01/07/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) kirakangurira abafatabuguzi bacyo gukoresha neza amazi muri iki gihe cy’impeshyi, no gushaka...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

by radiotv10
01/07/2026
0

Inama y’Abaminisitisi yayobowe na Perezida Paul Kagame, yasuzumiwemo ingingo zinyuranye zirimo ibirebana n’ubukungu bw’u Rwanda, kunoza amatora mu buyobozi bw'inzego...

Next Post
DR Congo: Leta igiye kongera imbaraga za gisirikare mu duce tubiri

DR Congo: Leta igiye kongera imbaraga za gisirikare mu duce tubiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.