Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yavuze ko igihe cyose u Rwanda rutarohereza abakekwaho ibyaha bikomeye bakoroye mu Burundi, iki Gihugu kizakomeza kurubona nk’urugifitiye umwenda, icyakora ngo umubano wo uzakomeza.

Yabivuze ubwo yagarukaga ku biganiro bya Leta y’u Burundi n’iy’u Rwanda ku koherezwa kw’abo bantu bavuye mu Burundi bagerageje guhirika ubutegetsi muri 2015.

Ndayishimiye avuga ko ibiganiro biri kugenda neza, kandi ko uko byagenda kose ngo u Rwanda rugomba kohereza abo bantu bakajya kuburanishirizwa mu Burundi.

Perezida Ndayishimiye yabitangaje mu kiganiro yagiranye na BBC, avuga ko hari impamvu nyinshi zizatuma u Rwanda rwubahiriza ubusabe bw’u Burundi.

Yagize ati “Icyo cyarenze Abakuru b’Ibihugu, ubu abahanga ni bo bari kucyigaho ngo barebe uko byakorwa neza.”

Yakomeje avuga ko nubwo ibyo bikiganirwaho, ariko Ibihugu byo byamaze gutera intambwe ishimishije yo kubana.

Ati “Umuntu rero ntimuguma muhanganye mu gihe mugana ku gisubizo, urabizi ko umuntu wakoze iki nta Gihugu na kimwe ashobora guhungiramo, agomba kujya gucirirwa urubanza muri icyo Gihugu uko byagenda kose. Kandi ubutabera ntibujya mu biganiro, ngo uvuge ngo ndica umuntu hanyuma njye mu biganiro.

None ubu nakubwinga ngo gufata umuntu akabigura; Igihugu kikangwa n’ikindi Gihugu kubera umuntu uzapfa ejo. Yewe nta n’ubwo uba uzi aho azapfira. Ese aramutse agupfiriye mu ntoki! Uzi ko ari wowe twahita tuvuga ko watwiciye umuntu? Ni yo mpamvu ntekereza ko byoroshye. Bagomba gucirwa imanza uko byagenda kose. Igihe cyose bazaba bataraza, hariho ideni rizaba rigihari.”

Abo bakekwaho umugambi wo gutembagaza abutegetsi nibashyikirizwa inkiko z’u Burundi, ngo kuva uwo munsi Kigali- Gitega bazasubira kuba abavandimwe.

Ibiganiro byahuje impande zombi mu bihe bitandukanye, byasize umupaka wo ku butaka uhuza Ibihugu byombi wongeye kuba nyabagendwa. Icyakora baherutse kuvuga ko hakiri icyuho mu bucuruzi bw’Ibihugu byombi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + thirteen =

Previous Post

Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Next Post

Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

Related Posts

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Mu gihe intamabara ihanganishije Igisirikare cya Sudan na Rapid Support Forces ikomeje guhindura isura, Guverinoma y’iki Gihugu, yacanye umubano na...

DRCongo: Abasirikare babiri bikekwa ko bari baganjijwe na manyinya bishe barashe abantu 15

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

by radiotv10
07/05/2025
0

Abasirikare babiri bo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo ufite ipeti rya ‘Capitaine’ bivuganywe n'igico batezwe...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.