Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yavuze ko igihe cyose u Rwanda rutarohereza abakekwaho ibyaha bikomeye bakoroye mu Burundi, iki Gihugu kizakomeza kurubona nk’urugifitiye umwenda, icyakora ngo umubano wo uzakomeza.

Yabivuze ubwo yagarukaga ku biganiro bya Leta y’u Burundi n’iy’u Rwanda ku koherezwa kw’abo bantu bavuye mu Burundi bagerageje guhirika ubutegetsi muri 2015.

Ndayishimiye avuga ko ibiganiro biri kugenda neza, kandi ko uko byagenda kose ngo u Rwanda rugomba kohereza abo bantu bakajya kuburanishirizwa mu Burundi.

Perezida Ndayishimiye yabitangaje mu kiganiro yagiranye na BBC, avuga ko hari impamvu nyinshi zizatuma u Rwanda rwubahiriza ubusabe bw’u Burundi.

Yagize ati “Icyo cyarenze Abakuru b’Ibihugu, ubu abahanga ni bo bari kucyigaho ngo barebe uko byakorwa neza.”

Yakomeje avuga ko nubwo ibyo bikiganirwaho, ariko Ibihugu byo byamaze gutera intambwe ishimishije yo kubana.

Ati “Umuntu rero ntimuguma muhanganye mu gihe mugana ku gisubizo, urabizi ko umuntu wakoze iki nta Gihugu na kimwe ashobora guhungiramo, agomba kujya gucirirwa urubanza muri icyo Gihugu uko byagenda kose. Kandi ubutabera ntibujya mu biganiro, ngo uvuge ngo ndica umuntu hanyuma njye mu biganiro.

None ubu nakubwinga ngo gufata umuntu akabigura; Igihugu kikangwa n’ikindi Gihugu kubera umuntu uzapfa ejo. Yewe nta n’ubwo uba uzi aho azapfira. Ese aramutse agupfiriye mu ntoki! Uzi ko ari wowe twahita tuvuga ko watwiciye umuntu? Ni yo mpamvu ntekereza ko byoroshye. Bagomba gucirwa imanza uko byagenda kose. Igihe cyose bazaba bataraza, hariho ideni rizaba rigihari.”

Abo bakekwaho umugambi wo gutembagaza abutegetsi nibashyikirizwa inkiko z’u Burundi, ngo kuva uwo munsi Kigali- Gitega bazasubira kuba abavandimwe.

Ibiganiro byahuje impande zombi mu bihe bitandukanye, byasize umupaka wo ku butaka uhuza Ibihugu byombi wongeye kuba nyabagendwa. Icyakora baherutse kuvuga ko hakiri icyuho mu bucuruzi bw’Ibihugu byombi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 16 =

Previous Post

Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Next Post

Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.