Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

PM Ngirente yagoroye iby’iterambere rya Koperative ryari ryarutishijwe imibereho y’abaturage

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
PM Ngirente yagoroye iby’iterambere rya Koperative ryari ryarutishijwe imibereho y’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Rubavu- Minisititi w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yasabye ko hakosorwa ibijyanye n’umusaruro w’inkoko zahawe abatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo, asaba ko amagi ahabwa imiryango yajya agenwa mbere, asigaye akaba ari yo agurishwa ku nyungu za koperative, mu gihe mbere hari hemejwe ko abaturage bazajya bahabwa ayasagutse ku yagurishijwe.

Minisititi w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yatanze uyu murongo ku wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023, ubwo yari yitabiriye umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 29 yo Kwibohora, wabereye mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, ahanatashywe Umudugudu w’Icyitegererezo wa Muhira.

Minisitiri w’Intebe wari uhagarariye Perezida Paul Kagame muri uyu muhango, yabanje no gusura imwe mu miryango 141 yatujwe muri uyu mudugudu, areba imibereho yayo, yishimirwa na buri wese.

Yanasuye kandi bimwe mu bikorwa byashyizwe muri uyu mudugudu bigamije kubateza imbere no gutuma babaho neza, birimo ubworozi bw’inkoko, aho yasobanuriwe ko zizajya zicungwa na koperative y’aba baturage.

Yabajije uwasobanuraga icyateganyijwe mu bijyanye n’uruhare rw’ubu bworozi mu mibereho y’iyi miryango n’abana bayo, ku bijyanye no kubona indyo yuzuye.

Uwasobanuriye Minisitiri w’Intebe iby’ubu bworozi, yavuze ko “Komite Nyobozi ya Koperative igena ko buri muryango uzajya ubona amagi angahe ariko adashobora guhombya koperative.”

Minisitiri w’Intebe utaranyuzwe n’ibi bisobanuro, yahise asaba ko bigororwa, kuko ahubwo imibereho y’abaturage ikwiye kuza mbere, ubundi iterambere rya Koperative rigakurikira.

Ati “Murimo kubicurika, munabikosorere aha, umuntu wejeje amagi, akwiye kubanza akarya, ubwo ni ryari muzajya kurunda amafaranga muri Koperative mukagira miliyoni izi n’izi, abana barwaye Bwaki?”

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente yakomeje agira ati “Buri muryango ujye utwara amagi aya n’aya mu cyumweru, umubare uzwi, asigaye abe ari yo agurishwa, ariko abantu babanje kurya.”

Dr Ngirente yavuze ko intego ya mbere y’uyu mudugudu atari ugucuruza, ahubwo ko ari ukuzamura imibereho myiza y’abaturage bawutujwemo.

Ngirente yasabye ko izi noko zigira uruhare mu mirire y’abaturage ubundi inyungu za koperative zikaza nyuma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Isesengura: Inyungu z’u Rwanda ku nama P.Kagame yahuriyemo n’abandi bayobozi bakomeye

Next Post

Kicukiro: Hari ikigiye gukorwa ku Biro by’Umurenge bavugaga ko bitajyanye n’igihe

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Hari ikigiye gukorwa ku Biro by’Umurenge bavugaga ko bitajyanye n’igihe

Kicukiro: Hari ikigiye gukorwa ku Biro by’Umurenge bavugaga ko bitajyanye n’igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.