Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

PM Ngirente yagoroye iby’iterambere rya Koperative ryari ryarutishijwe imibereho y’abaturage

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
PM Ngirente yagoroye iby’iterambere rya Koperative ryari ryarutishijwe imibereho y’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Rubavu- Minisititi w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yasabye ko hakosorwa ibijyanye n’umusaruro w’inkoko zahawe abatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo, asaba ko amagi ahabwa imiryango yajya agenwa mbere, asigaye akaba ari yo agurishwa ku nyungu za koperative, mu gihe mbere hari hemejwe ko abaturage bazajya bahabwa ayasagutse ku yagurishijwe.

Minisititi w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yatanze uyu murongo ku wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023, ubwo yari yitabiriye umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 29 yo Kwibohora, wabereye mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, ahanatashywe Umudugudu w’Icyitegererezo wa Muhira.

Minisitiri w’Intebe wari uhagarariye Perezida Paul Kagame muri uyu muhango, yabanje no gusura imwe mu miryango 141 yatujwe muri uyu mudugudu, areba imibereho yayo, yishimirwa na buri wese.

Yanasuye kandi bimwe mu bikorwa byashyizwe muri uyu mudugudu bigamije kubateza imbere no gutuma babaho neza, birimo ubworozi bw’inkoko, aho yasobanuriwe ko zizajya zicungwa na koperative y’aba baturage.

Yabajije uwasobanuraga icyateganyijwe mu bijyanye n’uruhare rw’ubu bworozi mu mibereho y’iyi miryango n’abana bayo, ku bijyanye no kubona indyo yuzuye.

Uwasobanuriye Minisitiri w’Intebe iby’ubu bworozi, yavuze ko “Komite Nyobozi ya Koperative igena ko buri muryango uzajya ubona amagi angahe ariko adashobora guhombya koperative.”

Minisitiri w’Intebe utaranyuzwe n’ibi bisobanuro, yahise asaba ko bigororwa, kuko ahubwo imibereho y’abaturage ikwiye kuza mbere, ubundi iterambere rya Koperative rigakurikira.

Ati “Murimo kubicurika, munabikosorere aha, umuntu wejeje amagi, akwiye kubanza akarya, ubwo ni ryari muzajya kurunda amafaranga muri Koperative mukagira miliyoni izi n’izi, abana barwaye Bwaki?”

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente yakomeje agira ati “Buri muryango ujye utwara amagi aya n’aya mu cyumweru, umubare uzwi, asigaye abe ari yo agurishwa, ariko abantu babanje kurya.”

Dr Ngirente yavuze ko intego ya mbere y’uyu mudugudu atari ugucuruza, ahubwo ko ari ukuzamura imibereho myiza y’abaturage bawutujwemo.

Ngirente yasabye ko izi noko zigira uruhare mu mirire y’abaturage ubundi inyungu za koperative zikaza nyuma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + five =

Previous Post

Isesengura: Inyungu z’u Rwanda ku nama P.Kagame yahuriyemo n’abandi bayobozi bakomeye

Next Post

Kicukiro: Hari ikigiye gukorwa ku Biro by’Umurenge bavugaga ko bitajyanye n’igihe

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Hari ikigiye gukorwa ku Biro by’Umurenge bavugaga ko bitajyanye n’igihe

Kicukiro: Hari ikigiye gukorwa ku Biro by’Umurenge bavugaga ko bitajyanye n’igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.