Monday, August 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yakuyeho urujijo ku byo abaturage bakekaga ku mpanuka y’ubwato yahitanye uwari ubutwaye

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in MU RWANDA
0
Polisi yakuyeho urujijo ku byo abaturage bakekaga ku mpanuka y’ubwato yahitanye uwari ubutwaye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru yahakanye amakuru yavugaga ko ubwato bwarohamye mu Kiyaga cya Ruhondo mu Karere ka Musanze igahitana uwari ubutwaye, bishoboka ko bwarimo undi muntu, ivuga ko atari byo.

Ni nyuma yuko iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 24 Kanama 2025 ihitanye umusore witwa Ufitinema Marcel w’imyaka 24.

Nyuma y’iyi mpanuka yabereye mu Kiyaga cya Ruhondo mu Kagari ka Murwa mu Murenge wa Remera, bamwe mu baturage bo muri aka gace, bavugaga ko nyakwigendera ashobora kuba yari kumwe n’undi muntu ubwo iyi mpanuka yabaga.

Umuturage witwa Habumugisha Jean Nepo avuga ko amakuru y’undi muntu wari kumwe na nyakwigendera, na we yayumvanye abandi baturage.

Yagize ati “Twumvise bavuga ko Marcel yari kumwe n’umugenzi, ariko birangira umwe ari we urokotse. Kuri ubu twese turi mu gahinda gusa uwo yari atwaye na we twamubuze kandi ntitumuzi, uwarohamye na we twamubuze turamutegereje ngo turebe ko yazamuka ashyingurwe mu cyubahiro.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi yagize ati “Hari amakuru yuko yari kumwe n’umugenzi, ariko ntabwo ari byo.”

IP Ignace Ngirabakunzi uvuga ko nyakwigendera atari yambaye umwambaro w’ubwirinzi, yatangaje ko Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ryahise ritangira ibikorwa byo gushakisha umurambo wa nyakwigendera ariko ko kugeza mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, wari utaraboneka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, yasabye abaturage bakoresha inzira y’amazi, kujya bibuka kwambara umwambaro w’ubwirinzi kandi bakirinda gutwara ubwato basinze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 8 =

Previous Post

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Next Post

Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

Related Posts

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
25/08/2025
0

Kassim Yussuf wari Umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, wamenyekanye cyane mu kiganiro Samedi Détente kuri Radio Rwanda, yitabye imana azize...

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

by radiotv10
25/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi yibukije amashuri ya Leta n’afashwa na Leta ku bw’amasezerano, kubahiriza amabwiriza yashyizweho muri 2022 agena umusanzu utangwa n’ababyeyi,...

Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

by radiotv10
25/08/2025
0

Abagabo babiri bafatanywe ibilo 30 by’urumogi mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, bavuze ko...

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

by radiotv10
25/08/2025
0

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari barahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baje ku bw’icyemezo cyafatiwe mu nama iherutse...

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

by radiotv10
25/08/2025
0

Rwanda has received 532 Rwandans who had been living as refugees in the Democratic Republic of Congo, they returned after...

IZIHERUKA

Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego
AMAHANGA

Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego

by radiotv10
25/08/2025
0

FARDC na FDLR bahengereye abaturage  baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

FARDC na FDLR bahengereye abaturage baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

25/08/2025
Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

25/08/2025
Eng.- FARDC and FDLR launch attacks in areas including Goma

Eng.- FARDC and FDLR launch attacks in areas including Goma

25/08/2025
Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

25/08/2025
Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

25/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego

FARDC na FDLR bahengereye abaturage baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.