• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

radiotv10by radiotv10
11/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, barashwe ubwo barwanyaga abapolisi bari bagiye kwereka ibyo bibye.

Aba bagabo babiri bishwe barashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Kanama 2025 nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana.

Yatangaje ko aba bagabo barwanyije Abapolisi ubwo bari bagiye kwerekana ibyo bibye mu bubiko bw’inzoga buherereye mu Mudugudu wa Marembo mu Kagari ka Nyarukombe mu Murenge wa Muyumbu, aho bakekwa gukorera ibyaha bari bakurikiranyweho.

SP Hamdun Twizeyimana yagize ati “Bari bagiye kwerekana ibyo bibye aho babibitse, bimwe mu bicuruzwa bya BLARIRWA n’amashini ya EBM bibye, bagezeyo barwanya Abapolisi bari babaherekeje, barabarasa.”

Yavuze ko ibikoresho bari bagiye kwerekana, ari amakaziye 300 bibye, bakaza kuraswa ubwo bashakaga kunigisha amapingu abapolisi bari babajyanye.

Aba bantu babiri ni bamwe mu batawe muri yombi bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byabereye kuri buriya bubiko mu mpera z’ukwezi gushize, aho babwigabizaga, bakiba bimwe mu byari birimo.

Icyo gihe ubwo bibaga ubu bubiko, hanishwe abagabo babiri, ari bo; Bizimana Mark na Mudaheranwa Venuste bari abazamu babwo.

Nyuma yuko ubu bwicanyi n’ubujura bibaye, inzego z’umutekano zataye muri yombi abantu bakekwaho gukora ibi byaha, barimo na bariya bagabo babiri bishwe barashwe ubwo barwanyaga abapolisi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, yasabye abantu bishoye mu bikorwa nk’ibi kubihagarika kuko “ntabwo inzego z’umutekano n’abaturage tuzareka kubafata ngo tubashyikirize inzego zibishinzwe mu gihe bakoze ibyo byaha.”

Polisi kandi ni kenshi yakunze kugira inama ababa bakekwaho ibyaha, kutarwanya inzego, kuko igihe cyose barwanyije abashinzwe umutekano, na bo baba bagomba kwitabara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

Next Post

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.