Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in MU RWANDA
0
Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imaze guta muri yombi abantu barenga 10 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa by’urugomo bivugwa mu Mudugudu wa Kabenda wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, uvugwaho kuba waragizwe indiri n’abishoye mu bikorwa bibi, baturuka mu tundi duce.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ibi nyuma yuko bivuzwe ko muri uyu Mudugudu wa Kabenda mu Kagari ka Cyarubanda mu Murenge wa Munyiginya, hakomeje kugaragara urugomo rukabije rukorwa n’insoresore zananiranye.

Bamwe mu batuye muri aka gace, babwiye igitangazamakuru cyitwa BTN ko “umwana wese unaniye ababyeyi” mu tundi duce, “ahita aza gukodesha muri uyu Mudugudu”, bigatuma ibikorwa by’urugomo, birushaho kuba byinshi.

Abatuye muri uyu Mudugudu, bavuga ko hari ubusinzi bukabije bw’abanywa ibisindisha ubundi bakishora mu bikorwa biteza umutekano mucye mu baturage.

Umwe yagize ati “Hari igihe ujya kubona ukabona umuntu ntumuzi muri quartier wabaza n’Umuyobozi w’Umudugudu akakubwira ko atamuzi. Mu by’ukuri ibirara birahari tutazi aho bituruka.”

Undi muturage agira ati “Cyane ni urubyiruko rugenda ruva hirya no hino mu Mirenge itandukanye, bakaza bakahahurira bagakora urugomo […] bakaza bakarwana, urwo rugomo rukaza gutyo. Ni ukuvuga ngo umwana wananiye iwabo wenda nk’i Munyiginya araza hano muri Cyarubanda, kubera azi ko ari ho n’ibindi birara biri, bakahahurira, hasa nk’aho ari mu ihuriro ry’ibirara.”

Aba baturage bavuga ko ntako inzego z’ubuyobozi bw’ibanze zitagize ngo zihangane n’uru rubyiruko ariko bikaba byarananiranye, bagasaba ko hakwiye gushyirwa inzego z’umutekano zigahangana na bo mu buryo bwihariye.

Polisi y’u Rwanda igira icyo ivuga kuri iki kibazo, yatangaje ko yakinjiyemo, ndetse ko aba mbere bakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa bibangamira abatuye muri aka gace, bamaze gutabwa muri yombi.

Uru rwego rwagize ruti “Polisi ifatanyije n’abaturage yakurikiranye iki kibazo cy’urugomo n’ubusinzi muri aka gace. Hamaze gufatwa abarenga 10 kandi ibikorwa byo gukurikirana abandi bacyekwa birakomeje.”

Polisi y’u Rwanda yoboneyeho gusaba abaturage kwirinda kwishora muri ibi bikorwa bibi by’ubusinzi n’urugomo, kuko uru rwego rwabihagurukiye, bityo ko ababirimo bazafatwa bakabiryozwa hakurikijwe amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 9 =

Previous Post

Trump yongeye kuvuga ku guhura na Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.