Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in MU RWANDA
0
Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imaze guta muri yombi abantu barenga 10 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa by’urugomo bivugwa mu Mudugudu wa Kabenda wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, uvugwaho kuba waragizwe indiri n’abishoye mu bikorwa bibi, baturuka mu tundi duce.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ibi nyuma yuko bivuzwe ko muri uyu Mudugudu wa Kabenda mu Kagari ka Cyarubanda mu Murenge wa Munyiginya, hakomeje kugaragara urugomo rukabije rukorwa n’insoresore zananiranye.

Bamwe mu batuye muri aka gace, babwiye igitangazamakuru cyitwa BTN ko “umwana wese unaniye ababyeyi” mu tundi duce, “ahita aza gukodesha muri uyu Mudugudu”, bigatuma ibikorwa by’urugomo, birushaho kuba byinshi.

Abatuye muri uyu Mudugudu, bavuga ko hari ubusinzi bukabije bw’abanywa ibisindisha ubundi bakishora mu bikorwa biteza umutekano mucye mu baturage.

Umwe yagize ati “Hari igihe ujya kubona ukabona umuntu ntumuzi muri quartier wabaza n’Umuyobozi w’Umudugudu akakubwira ko atamuzi. Mu by’ukuri ibirara birahari tutazi aho bituruka.”

Undi muturage agira ati “Cyane ni urubyiruko rugenda ruva hirya no hino mu Mirenge itandukanye, bakaza bakahahurira bagakora urugomo […] bakaza bakarwana, urwo rugomo rukaza gutyo. Ni ukuvuga ngo umwana wananiye iwabo wenda nk’i Munyiginya araza hano muri Cyarubanda, kubera azi ko ari ho n’ibindi birara biri, bakahahurira, hasa nk’aho ari mu ihuriro ry’ibirara.”

Aba baturage bavuga ko ntako inzego z’ubuyobozi bw’ibanze zitagize ngo zihangane n’uru rubyiruko ariko bikaba byarananiranye, bagasaba ko hakwiye gushyirwa inzego z’umutekano zigahangana na bo mu buryo bwihariye.

Polisi y’u Rwanda igira icyo ivuga kuri iki kibazo, yatangaje ko yakinjiyemo, ndetse ko aba mbere bakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa bibangamira abatuye muri aka gace, bamaze gutabwa muri yombi.

Uru rwego rwagize ruti “Polisi ifatanyije n’abaturage yakurikiranye iki kibazo cy’urugomo n’ubusinzi muri aka gace. Hamaze gufatwa abarenga 10 kandi ibikorwa byo gukurikirana abandi bacyekwa birakomeje.”

Polisi y’u Rwanda yoboneyeho gusaba abaturage kwirinda kwishora muri ibi bikorwa bibi by’ubusinzi n’urugomo, kuko uru rwego rwabihagurukiye, bityo ko ababirimo bazafatwa bakabiryozwa hakurikijwe amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + four =

Previous Post

Trump yongeye kuvuga ku guhura na Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.