Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yongeye kugenera ubutumwa abambara ubusa n’abakora ibitarasoni mu ruhame

radiotv10by radiotv10
19/08/2022
in MU RWANDA
0
Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umukobwa uherutse kugaragara mu gitaramo yambaye ikanzu igaragaza imwe mu myanya y’ibanga ye, agejejwe imbere y’Urukiko, Polisi y’u Rwanda yongeye kugenera ubutumwa abiyambika ubusa bakajya mu ruhame.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022, Ubushinjacyaha bwagejeje Mugabekazi Liliane imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rumusabira gufungwa by’agateganyo kugira ngo bukore iperereza ku cyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame akurikiranyweho.

Uyu Mugabekazi ni umukobwa uherutse kugarukwaho cyane mu Rwanda ubwo yagaragaraga mu gitaramo cyaririmbyemo umuhanzi Tayc cyabaye tariki 30 Nyakanga 2022, yambaye ikanzu ibonerana igaragaza imye mu myanya y’ibanga.

Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu bwifuza ko uyu mukobwa akurukiranwa afunze zirimo kuba aramutse arekuwe byatuma n’abandi bakobwa bambara muri ubwo buryo bakaba bagwa mu mutego wo gukora iki cyaha gikurikiranyweho mugenzi wabo.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko bushaka gukomeza gukora iperereza kuri uyu mukobwa we wabwiye Urukiko ko iriya kanzu yari yayigeretseho ikote ariko ko bamufotoye ryahushywe n’umuyaga.

Mugabekazi Liliane, yatawe muri yombi tariki Indwi Kanama 2022 aho ubu afungiye kuri station ya Remera.

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa buburira abantu bose biyambika ubusa mu ruhame ndetse n’abandi bakora ibikorwa biteye isoni.

Mu butumwa Polisi y’u Rwanda yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Polisi y’u Rwanda iributsa abaturarwanda ko umuntu wese wambara ubusa, ukora ibiterasoni mu ruhame ndetse n’uha inzoga umwana uri munsi y’imyaka y’ubukure aba akoze icyaha.”

Polisi y’u Rwanda kandi yaboneyeho kugenera ubutumwa ababyeyi kurinda abana babo kutagwa muri izi ngeso. Iti “Turasaba ababyeyi kwigisha abana no kubarinda kwishora muri ibyo byaha.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yari aherutse kuburira abishora muri izi ngeso mbi zo kwambara imyenda itabahesha icyubahiro.

Mu kiganiro cyatambutse kuri RBA mu cyumweru gishize, CP John Bosco Kabera yari yanenze iyi myambarire igaragaza ibice by’ibanga bya bamwe mu bari n’abategarugori bakomeje kwambara.

Yari yagize ati “Ntibikwiye ku muco, ntibikwiye ku ndangagaciro ariko noneho tukanavuga ko nta polisi tutazabyemera, na bo babyumve, ubwo butumwa tugomba kubutanga.”

Iyi ngingo y’imyambarire ikomeje kuzamura impaka ku mbuga nkoranyambaga aho bamwe biyita ko ari impirimbanyi z’uburenganzira bw’abari n’abategarugori, bavuga ko bakwiye kubareka bakambara uko bashaka ngo kuko ari uburenganzira bwabo.

Gusa abareberera umuco, bo bemeza ko uburenganzira butagomba gusumba Umuco nyarwanda, bakanemeza ko inzego za Leta ziri guhangana n’ingaruka zo kureberera iki kibazo zikaba zikinjiyemo nyuma yo kubona ko “amazi yarenze inkombe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eight =

Previous Post

Rusizi: Byumvuhore yafashwe amaze gutuburira abantu babiri abishyuye 98.000Frw y’amiganano

Next Post

Hatahuwe intandaro y’amashusho ya kwizera byavugwaga ko yinjiye idini ya Islam

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe intandaro y’amashusho ya kwizera byavugwaga ko yinjiye idini ya Islam

Hatahuwe intandaro y’amashusho ya kwizera byavugwaga ko yinjiye idini ya Islam

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.