Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yongeye kugenera ubutumwa abambara ubusa n’abakora ibitarasoni mu ruhame

radiotv10by radiotv10
19/08/2022
in MU RWANDA
0
Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umukobwa uherutse kugaragara mu gitaramo yambaye ikanzu igaragaza imwe mu myanya y’ibanga ye, agejejwe imbere y’Urukiko, Polisi y’u Rwanda yongeye kugenera ubutumwa abiyambika ubusa bakajya mu ruhame.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022, Ubushinjacyaha bwagejeje Mugabekazi Liliane imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rumusabira gufungwa by’agateganyo kugira ngo bukore iperereza ku cyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame akurikiranyweho.

Uyu Mugabekazi ni umukobwa uherutse kugarukwaho cyane mu Rwanda ubwo yagaragaraga mu gitaramo cyaririmbyemo umuhanzi Tayc cyabaye tariki 30 Nyakanga 2022, yambaye ikanzu ibonerana igaragaza imye mu myanya y’ibanga.

Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu bwifuza ko uyu mukobwa akurukiranwa afunze zirimo kuba aramutse arekuwe byatuma n’abandi bakobwa bambara muri ubwo buryo bakaba bagwa mu mutego wo gukora iki cyaha gikurikiranyweho mugenzi wabo.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko bushaka gukomeza gukora iperereza kuri uyu mukobwa we wabwiye Urukiko ko iriya kanzu yari yayigeretseho ikote ariko ko bamufotoye ryahushywe n’umuyaga.

Mugabekazi Liliane, yatawe muri yombi tariki Indwi Kanama 2022 aho ubu afungiye kuri station ya Remera.

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa buburira abantu bose biyambika ubusa mu ruhame ndetse n’abandi bakora ibikorwa biteye isoni.

Mu butumwa Polisi y’u Rwanda yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Polisi y’u Rwanda iributsa abaturarwanda ko umuntu wese wambara ubusa, ukora ibiterasoni mu ruhame ndetse n’uha inzoga umwana uri munsi y’imyaka y’ubukure aba akoze icyaha.”

Polisi y’u Rwanda kandi yaboneyeho kugenera ubutumwa ababyeyi kurinda abana babo kutagwa muri izi ngeso. Iti “Turasaba ababyeyi kwigisha abana no kubarinda kwishora muri ibyo byaha.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yari aherutse kuburira abishora muri izi ngeso mbi zo kwambara imyenda itabahesha icyubahiro.

Mu kiganiro cyatambutse kuri RBA mu cyumweru gishize, CP John Bosco Kabera yari yanenze iyi myambarire igaragaza ibice by’ibanga bya bamwe mu bari n’abategarugori bakomeje kwambara.

Yari yagize ati “Ntibikwiye ku muco, ntibikwiye ku ndangagaciro ariko noneho tukanavuga ko nta polisi tutazabyemera, na bo babyumve, ubwo butumwa tugomba kubutanga.”

Iyi ngingo y’imyambarire ikomeje kuzamura impaka ku mbuga nkoranyambaga aho bamwe biyita ko ari impirimbanyi z’uburenganzira bw’abari n’abategarugori, bavuga ko bakwiye kubareka bakambara uko bashaka ngo kuko ari uburenganzira bwabo.

Gusa abareberera umuco, bo bemeza ko uburenganzira butagomba gusumba Umuco nyarwanda, bakanemeza ko inzego za Leta ziri guhangana n’ingaruka zo kureberera iki kibazo zikaba zikinjiyemo nyuma yo kubona ko “amazi yarenze inkombe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + fourteen =

Previous Post

Rusizi: Byumvuhore yafashwe amaze gutuburira abantu babiri abishyuye 98.000Frw y’amiganano

Next Post

Hatahuwe intandaro y’amashusho ya kwizera byavugwaga ko yinjiye idini ya Islam

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe intandaro y’amashusho ya kwizera byavugwaga ko yinjiye idini ya Islam

Hatahuwe intandaro y’amashusho ya kwizera byavugwaga ko yinjiye idini ya Islam

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.