Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yongeye kugenera ubutumwa abambara ubusa n’abakora ibitarasoni mu ruhame

radiotv10by radiotv10
19/08/2022
in MU RWANDA
0
Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umukobwa uherutse kugaragara mu gitaramo yambaye ikanzu igaragaza imwe mu myanya y’ibanga ye, agejejwe imbere y’Urukiko, Polisi y’u Rwanda yongeye kugenera ubutumwa abiyambika ubusa bakajya mu ruhame.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022, Ubushinjacyaha bwagejeje Mugabekazi Liliane imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rumusabira gufungwa by’agateganyo kugira ngo bukore iperereza ku cyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame akurikiranyweho.

Uyu Mugabekazi ni umukobwa uherutse kugarukwaho cyane mu Rwanda ubwo yagaragaraga mu gitaramo cyaririmbyemo umuhanzi Tayc cyabaye tariki 30 Nyakanga 2022, yambaye ikanzu ibonerana igaragaza imye mu myanya y’ibanga.

Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu bwifuza ko uyu mukobwa akurukiranwa afunze zirimo kuba aramutse arekuwe byatuma n’abandi bakobwa bambara muri ubwo buryo bakaba bagwa mu mutego wo gukora iki cyaha gikurikiranyweho mugenzi wabo.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko bushaka gukomeza gukora iperereza kuri uyu mukobwa we wabwiye Urukiko ko iriya kanzu yari yayigeretseho ikote ariko ko bamufotoye ryahushywe n’umuyaga.

Mugabekazi Liliane, yatawe muri yombi tariki Indwi Kanama 2022 aho ubu afungiye kuri station ya Remera.

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa buburira abantu bose biyambika ubusa mu ruhame ndetse n’abandi bakora ibikorwa biteye isoni.

Mu butumwa Polisi y’u Rwanda yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Polisi y’u Rwanda iributsa abaturarwanda ko umuntu wese wambara ubusa, ukora ibiterasoni mu ruhame ndetse n’uha inzoga umwana uri munsi y’imyaka y’ubukure aba akoze icyaha.”

Polisi y’u Rwanda kandi yaboneyeho kugenera ubutumwa ababyeyi kurinda abana babo kutagwa muri izi ngeso. Iti “Turasaba ababyeyi kwigisha abana no kubarinda kwishora muri ibyo byaha.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yari aherutse kuburira abishora muri izi ngeso mbi zo kwambara imyenda itabahesha icyubahiro.

Mu kiganiro cyatambutse kuri RBA mu cyumweru gishize, CP John Bosco Kabera yari yanenze iyi myambarire igaragaza ibice by’ibanga bya bamwe mu bari n’abategarugori bakomeje kwambara.

Yari yagize ati “Ntibikwiye ku muco, ntibikwiye ku ndangagaciro ariko noneho tukanavuga ko nta polisi tutazabyemera, na bo babyumve, ubwo butumwa tugomba kubutanga.”

Iyi ngingo y’imyambarire ikomeje kuzamura impaka ku mbuga nkoranyambaga aho bamwe biyita ko ari impirimbanyi z’uburenganzira bw’abari n’abategarugori, bavuga ko bakwiye kubareka bakambara uko bashaka ngo kuko ari uburenganzira bwabo.

Gusa abareberera umuco, bo bemeza ko uburenganzira butagomba gusumba Umuco nyarwanda, bakanemeza ko inzego za Leta ziri guhangana n’ingaruka zo kureberera iki kibazo zikaba zikinjiyemo nyuma yo kubona ko “amazi yarenze inkombe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fourteen =

Previous Post

Rusizi: Byumvuhore yafashwe amaze gutuburira abantu babiri abishyuye 98.000Frw y’amiganano

Next Post

Hatahuwe intandaro y’amashusho ya kwizera byavugwaga ko yinjiye idini ya Islam

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe intandaro y’amashusho ya kwizera byavugwaga ko yinjiye idini ya Islam

Hatahuwe intandaro y’amashusho ya kwizera byavugwaga ko yinjiye idini ya Islam

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.