Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku mwana warashwe bikazamura umujinya n’ubushyamirane

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku mwana warashwe bikazamura umujinya n’ubushyamirane
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi Bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwatangaje ko bwababajwe n’urupfu rw’umwana wigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza warashwe n’Abapolisi ubwo bahanganaga n’abinjiza magendu mu Rwanda, isasu rigafata uwo mwana wajyaga ku ishuri, bigatuma abaturage bashyamirana n’abapolisi.

Iraswa ry’uyu mwana ryabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki Indwi Ukwakira 2024 mu masaha ya mu gitondo mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu ubwo Abapolisi bahanganaga n’abinjizaga magendu y’imyenda ya caguwa mu Rwanda bayikuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru avuga ko mu uku kurasa kuri abo binjizaga ibicuruzwa mu buryo butemewe, Abapolisi babarasheho, isaru rikayoba rikahuranya mu kico umwana wigaga wari ugiye ku ishuri.

Ibi bikimara kuba, havutse ubushyamirane hagati y’abaturage bari hafi aho, n’abapolisi kubera umujinya w’iraswa ry’uwo muziranenge warashwe ubwo yari agiye mu masomo, aho babateye amabuye.

Ibi byatumye ubuyobozi Bukuru bwa Polisi y’u Rwanda ndetse n’ubw’inzego z’ibanze bujya kuganiriza aba baturage, bunabihanganisha kuri ibi byago.

Umuyobozi Wungirije wa Polisi ushinzwe Ibikorwa, CP Vincent Sano yavuze ko na bo babajwe n’ibi byabaye. Ati “Muri iyo operation ntabwo byadushimishije, twese tuba twababaye kubera ko byagenze gutyo.”

Yaboneyeho gusaba abaturage kutishora mu bikorwa bitemewe ari na byo byabaye intandaro y’iraswa ry’uyu mwana, aho yabanje kuvuga ko ibi byabaye mu ijoro, ariko abaturage bakazamurira rimwe amajwi bavuga ko byabaye mu gitondo amanywa yakambye.

Ati “Umutekano turawufite ibigenda nabi, ibi byabaye turabashakira umuti dufatanyije namwe mwese.”

Yavuze ko mu bikorwa by’abinjiza mu Rwanda ibicuruzwa mu buryo butemewe, ari na byo bishobora kuba icyuho cy’abahungabanya umutekano, bityo ko abantu bakwiye kubicikaho.

Ati “Umucengezi asa natwe, uramutse wirutse; umupolisi yagutandukanya n’umugizi wa nabi gute? Iyo uwo twakekaga ko ari umugizi wa nabi yirutse, nta kundi turarasa.”

Arongera ati “Ndababona mwababaye, natwe twababaye, twaretse akazi ngo tuze twifatanya namwe, ako kababaro kareke gukomeza kudufata ngo mukore amakosa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper na we wavuze ko ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze bwababajwe n’urupfu rw’uyu mwana, avuga ko bufatanya n’umuryango we mu bikorwa byo kumuherekeza.

Amakuru avuga kandi ko hari abandi baturage batandatu na bo bakomerekeye muri iri rasa ryabayeho, bakaba bajyanywe kwa muganga.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yasabye abaturage kwihangana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − five =

Previous Post

Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

Next Post

Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe ku nkoni bivugwa ko zivuza ubuhuha mu banyonzi

Related Posts

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

by radiotv10
25/11/2025
0

In June 2025, Rwanda took a bold step by introducing visa-free travel for all African Union nationals, a landmark policy...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

IZIHERUKA

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca
AMAHANGA

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

25/11/2025
Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe ku nkoni bivugwa ko zivuza ubuhuha mu banyonzi

Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe ku nkoni bivugwa ko zivuza ubuhuha mu banyonzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.