• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yemeje ko umusore w’imyaka 22 wavugwagaho ibikorwa bigayitse birimo gufata ku ngufu abagore n’abakorwa, yarashwe nyuma yo kwiruka ashaka gucika inzego ubwo yari n’ubundi yari avuye kwiba anitwaje intwaro gakondo.

Ni nyuma yuko abaturage bo mu Kagari ka Rwaza mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bagaragaje ikibazo cy’uyu musore witwa Nzabarinda Alphonse wari ubarembeje kubera ibikorwa bye by’urugomo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yemereye RADIOTV10 ko uyu musore w’imyaka 22 yarashwe ku ya 10 Gicurasi 2026 ubwo yageragezaga gutoroka inzego.

Yavuze ko “Nzabarinda yakoraga ibikorwa bigayitse byo guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage, birimo ubujura bwo gutega igico ndetse no gufata ku ngufu abakobwa n’abagore.”

Yakomeje agira ati “Taliki 10 Gicurasi 2026 abaturage bamenyesheje Polisi yo mu Karere ka Gisagara ko bamubonye yikoreye ibintu anitwaje intwaro gakondo arimo kwinjira mu gashamba kitwa Cyezuburo kari mu Murenge wa Save abapolisi bahageze yarababonye ariruka, umwe mu bapolisi aramurasa arapfa.”

Polisi kandi ivuga ko yasanze Nzabarinda Alphonse yari amaze igihe gito afunguwe mu Igororero rya Karubanda, aho yari yarahaniwe ibyaha by’ubujura bwitwaje intwaro gakondo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 11 =

Previous Post

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Next Post

What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

What to do in case of sexual assault at work in Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.