Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa avuga ko Igihugu cye kitari kugendera ku byakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America byo gufatira ibihano Ingabo z’u Rwanda ngo na cyo kibikore, kuko atari inzira ikwiye mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC kandi ko bishobora kugira ingaruka mbi ku mikoranire n’u Rwanda mu bya politiki, ahubwo ko inzira ikwiye ari ibiganiro bya politiki, byumwihariko hagati ya Perezida Paul Kagame na Tshisekedi.
Perezida Macron yabitangarije i Nairobi muri Kenya aho amaze iminsi yaritabiriye inama y’imikorenire y’u Bufaransa na Afurika, mu kiganiro yagiranye na France 24.
Yabajijwe impamvu Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano Ingabo z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi bazo, kubera kurushinja kugira uruhare mu bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko Igihugu cye cy’u Bufaransa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ntibifarufatire.
Macron yavuze ko Igihugu cye ndetse n’uriya Muryango icyo bashyize imbere ari ugushyigikira inzira z’ibiganiro ziriho zikorwa hagati y’impande zose zirebwa n’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.
Macron yavuze ko bo icyo bifuza ari ukuba habaho kubaha ubusugire bw’Igihugu hagati y’u Rwanda na DRC, ndetse hagakomeza kubaho ibiganiro bya politiki hagati ya DRC n’umutwe wa M23 nk’uko byatangijwe na Angola, ndetse hakabaho kurandura umutwe wa FDLR kimwe n’indi mitwe yose y’iterabwoba iri mu muri Congo kimwe n’indi yose iri mu bindi Bihugu byo mu Karere.
Ati “Kandi nizera ko muri icyo gihe, nihabaho kubyutsa ibiganiro bifatika nk’uko nabisabye Abaperezida bombi, hakabaho ubuhuza bagahabwa umwanya ku meza y’ibiganiro, bizatuma habaho imishinga ihuriweho ku mpande enye mu gukorera hamwe.”

Macron yabajijwe niba haba habayeho umwanya wo guhura n’Abakuru b’Ibihugu byombi (Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa DRC) hariya muri Kenya, cyane ko bombi bari bahari kuri uyu wa Kabiri, avuga ko yagiye ahura n’umwe ku giti cye, kuko umwuka utaramera neza, ariko ko yizeye ko ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe buzakomeza gukora akazi kabwo kandi bukagera ku musaruro.
Macron avuga ko Leta Zunze Ubumwe za America na zo zakoze akazi gakomeye ndetse zigatuma hagerwa ku isinywa ry’amasezerano y’amahoro, ariko ko kugeza ubu ataraboneka, ubu igikenewe ari uguhuza imbaraga mu gushaka umuti wa biriya bibazo.
Ku kuba Leta Zunze Ubumwe za America zarafatiye Ingabo z’u Rwanda ibihano, ariko ntibiyobokwe n’ibindi Bihugu cyangwa imiryango mpuzamahanga, Macron yavuze ko atabona gufatira iki Gihugu ibihano nk’ibintu byazana umuti w’ibibazo.
Ati “Ntekereza ko uyu munsi abantu bagiye ku gitutu bakabikora ngo ni uko Abanyamerika babikoze, ugashyira umutwaro ku Rwanda, haba hari amahirwe macye yo kumvisha u Rwanda kugirana imikoranire mu bya politiki. Njye nemera ko igikenewe ari ibiganiro hagati y’abayobozi babiri b’ingenzi muri ibi bibazo ariko ni n’ibiganiro bigomba kuzanamo na Uganda, u Burundi nk’Ibihugu byo mu karere bishobora kugaragaza ukuri ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.”
Perezida w’u Bufaransa yavuze ko iki ari cyo gihe ngo ibi bikorwe, hakabaho ibiganiro hagati ya Perezida Paul Kagame na Tshisekedi, kandi ko ari byo Igihugu cye gishyigikiye kurusha ibindi.
RADIOTV10








