Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwafashe icyemezo cyo kuburanishiriza mu muhezo urubanza ruregwamo Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] we wifuzaga kuburanira mu ruhame kugira ngo Abanyarwanda bamenye uko ahabwa ubutabera.

Ishimwe Dieudonne uregwa ibyaha bibiri; gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke biganisha ku mibonano mpuzabitsina, yagejejwe imbere y’Urukiko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ariko abanza kugaragaza inzitizi zuko umwe mu banyamategeko be yari ataraza.

Byabaye ngombwa ko Urukiko ruba rusubitsa uru rubanza, rwimurirwa saa yine kugira ngo uwo munyamategeko ategerezwe.

Urukiko rwaje gusubukura urubanza, Ubushinjacyaha buhita burusaba ko rwashyirwa mu muhezo kubera impamvu mbonezabupfura.

Si ubwa mbere uru rubanza rushyizwe mu muhezo kuko no kuva ku rw’ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, yagiye aburanishwa mu muhezo.

Ishimwe Dieudonne wakunze gusaba ko uru rubanza rwe ruburanishirizwa mu ruhame kugira ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ku byo ashinjwa kuko banamenye ifungwa rye, yongeye gutanga iki cyifuzo.

Prince Kid yongeye gusaba ko urubanza rwe ruburanishirizwa mu ruhame kuko Abanyarwanda bakeneye gukurikirana uburyo ahabwa ubutabera.

Yavuze kandi ko ababyeyi b’abakobwa akekwaho gukorera ibyo akurikiranyweho, na bo bakeneye kumenya ibivugwa kuri iki kirego cy’ibikekwa gukorerwa abana babo.

Urukiko rumaze kumva impande zombi, rwategetse ko uru rubanza rubera mu muhezo, rusaba abari mu cyumba cy’iburanisha gusohoka.

Ishimwe Dieudonne akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku bikorwa bikekwa ko byakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, bivugwa ko yabasabaga ko baryamana abizeza kuzegukana amakamba.

Prince Kis ubwo yari ageze ku Rukiko

Photos © Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 18 =

Previous Post

VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

Next Post

Bwa mbere Gatabazi yavuze ku mashusho yagarutsweho cyane akururwa n’urinda Perezida

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Gatabazi yavuze ku mashusho yagarutsweho cyane akururwa n’urinda Perezida

Bwa mbere Gatabazi yavuze ku mashusho yagarutsweho cyane akururwa n’urinda Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.