Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative yagejewe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative yagejewe imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Prof Harelimana Jean Bosco wahoze ayobora Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amakoperative (RCA), uregwa hamwe na bagenzi be babiri, bakurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro, bagejejwe imbere y’Urukiko ngo baburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, ariko basubizwa aho bafungiye bataburanye.

Prof Harelimanam aregwa muri dosiye imwe n’Umukozi Ushinzwe Amasoko muri RCA, Claver Hakizimana, ndetse n’uwari umukozi ushinzwe ububiko mu kigo cy’amakoperative, Gahongayire Liliane.

Bakurikiranyweho ibyaha birimo gutanga nabi amasoko ya Leta ndetse n’icyaha cyo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro.

Batawe muri yombi mu byumweru bibiri bishize tariki 14 Nzeri 2023, n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwakoze iperereza, rukanashyikiriza dosiye Ubushinjacyaha, na bwo bwaregeye Urukiko.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023, Prof Harelimana Jean Bosco n’abo baregwa hamwe, bageze ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo baburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Umwe mu baregwa, ari we Hakizimana Claver, yagaragaje inzitizi zo kuba adafite umwunganira mu mategeko, kandi ko yifuza kuburana yunganiwe, bityo ko urubanza rwasubikwa kugira ngo Avoka we azamwunganire.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ari uburenganzira bw’uregwa kuba yaburana yunganiwe, bityo ko Urukiko rwabisuzuma, rukaba rwasubika urubanza, rukarwimurira ku yindi tariki.

Umushinjacyaha kndi yavuze ko Avoka wa Hakizimana Claver ari we Me Munyemana Pascal, yamenye atinze amakuru y’uru rubanza ko rwashyize none tariki 27 Nzeri, akaba atabonye umwanya wo gutegura dosiye n’umukiliya we.

Uregwa Hakizimana Claver na we wagize icyo avuga kuri iyi nzitizi, yavuze ko aho bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB, bamenyeshejwe ko bari kuzaburana kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, amaze kumva impande zombi, yasubitse urubanza, arwimurira kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023.

Prof Harelimana Jean Bosco yahoze ayobora RCA
Kuri uyu wa Gatatu ubwo abaregwa bari mu Rukiko (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + two =

Previous Post

Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Next Post

Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho

Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.