Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RAB yananiwe gusobanurira PAC uko yatanze isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/09/2021
in MU RWANDA
0
RAB yananiwe gusobanurira PAC uko yatanze isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa mbere tariki 13 Nzeri 2021 ubwo ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (RAB) cyitabaga PAC, cyananiwe kwisobanura ku makosa cyakoze mu gutanga isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda ikariha Company BETA COMPANY yakoze inyigo y’isoko, igahindukira ikanahabwa iryo soko ryo gukora igenzura ry’imirimo.

Ni ibintu abadepite bavuze ko binyuranyije n’itegeko ryo gutanga amasoko mu Rwanda.

Ubwo ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kitabaga PAC ku micungire mibi y’umutungo wa Leta mu  2019-2020, PAC yaragagaje ko RAB yatanze amasoko agera ku icumi afite agaciro Ka miliyari 21 na miliyoni 831 zisaga mu buryo budakurikije amategeko. Ayo masoko arimo ayo kugura imashini kubaka amakusanyirizo kugura  imbuto y’imigozi n’ibindi.

Abadepite bagize PAC bagaragaje kutanyurwa n’ibisobanuro byatanzwe na RAB ku isoko rya Miliyari 2 zahawe kampani imwe ngo ikore inyigo bagahindukira bakayiha no gukora umugenzuzi bw’iryo soko.

Perezida wa PAC, Muhakwa Valens, yavuze ko muri RAB habayeho gutanga isoko uwo bahaye isoko banamuha uburenganzira bwo kurigenzura bihita bibangamira imikorere y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta

Umuyobozi wa  RAB yisobanura ntiyemeye ibyatanzwe muri raporo ahubwo ko bemereye umugenzuzi akabyigenzurira.Umuyobozi wa PAC amubajije impamvu babyemereye  umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, DG wa RAB Patrick yahise avuga ko babyemeye mu rwego rwo  kwanga guharira n’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta.

Ni ijambo ritakiriwe neza n’abadepite bagize PAC kuko basabye DG wa RAB kurikura mu mvugo yakoresheje ariko arabyanga.

Nyuma yo kwanga kurikuramo, abadepite bahaye iminota 5 abo muri RAB kujya kwitekerezaho niba bakomeza cyangwa bahagarikiraho bityo abadepite bafata gahunda yo gusohoka.

Abari mu cyumba cy’inama cya RAB nabo basigaye baharira nyuma y’iminota itanu PAC yongeye guterana bityo DG wa RAB akuramo ijambo, kubazwa birakomeza.

Abadepite bagize PAC  basabye abo mu nzego z’ubutabera ko abahawe aya masoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko batangira gukorwaho iperereza.

Amasoko yatanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko harimo iryatwaye miliyari rbyiri aho ryahawe uwagombaga gukora inyigo ndetse akanakora kugenzura imirimo y’isoko yakoreye inyigo kandi ngo binyuranyije  n’amategeko.

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

China: Ubushinwa bwongeye kwibasirwa n’icyorezo cya COVID-19

Next Post

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe
IBYAMAMARE

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.