Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RAB yananiwe gusobanurira PAC uko yatanze isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/09/2021
in MU RWANDA
0
RAB yananiwe gusobanurira PAC uko yatanze isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa mbere tariki 13 Nzeri 2021 ubwo ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (RAB) cyitabaga PAC, cyananiwe kwisobanura ku makosa cyakoze mu gutanga isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda ikariha Company BETA COMPANY yakoze inyigo y’isoko, igahindukira ikanahabwa iryo soko ryo gukora igenzura ry’imirimo.

Ni ibintu abadepite bavuze ko binyuranyije n’itegeko ryo gutanga amasoko mu Rwanda.

Ubwo ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kitabaga PAC ku micungire mibi y’umutungo wa Leta mu  2019-2020, PAC yaragagaje ko RAB yatanze amasoko agera ku icumi afite agaciro Ka miliyari 21 na miliyoni 831 zisaga mu buryo budakurikije amategeko. Ayo masoko arimo ayo kugura imashini kubaka amakusanyirizo kugura  imbuto y’imigozi n’ibindi.

Abadepite bagize PAC bagaragaje kutanyurwa n’ibisobanuro byatanzwe na RAB ku isoko rya Miliyari 2 zahawe kampani imwe ngo ikore inyigo bagahindukira bakayiha no gukora umugenzuzi bw’iryo soko.

Perezida wa PAC, Muhakwa Valens, yavuze ko muri RAB habayeho gutanga isoko uwo bahaye isoko banamuha uburenganzira bwo kurigenzura bihita bibangamira imikorere y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta

Umuyobozi wa  RAB yisobanura ntiyemeye ibyatanzwe muri raporo ahubwo ko bemereye umugenzuzi akabyigenzurira.Umuyobozi wa PAC amubajije impamvu babyemereye  umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, DG wa RAB Patrick yahise avuga ko babyemeye mu rwego rwo  kwanga guharira n’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta.

Ni ijambo ritakiriwe neza n’abadepite bagize PAC kuko basabye DG wa RAB kurikura mu mvugo yakoresheje ariko arabyanga.

Nyuma yo kwanga kurikuramo, abadepite bahaye iminota 5 abo muri RAB kujya kwitekerezaho niba bakomeza cyangwa bahagarikiraho bityo abadepite bafata gahunda yo gusohoka.

Abari mu cyumba cy’inama cya RAB nabo basigaye baharira nyuma y’iminota itanu PAC yongeye guterana bityo DG wa RAB akuramo ijambo, kubazwa birakomeza.

Abadepite bagize PAC  basabye abo mu nzego z’ubutabera ko abahawe aya masoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko batangira gukorwaho iperereza.

Amasoko yatanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko harimo iryatwaye miliyari rbyiri aho ryahawe uwagombaga gukora inyigo ndetse akanakora kugenzura imirimo y’isoko yakoreye inyigo kandi ngo binyuranyije  n’amategeko.

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 16 =

Previous Post

China: Ubushinwa bwongeye kwibasirwa n’icyorezo cya COVID-19

Next Post

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.