Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RAB yananiwe gusobanurira PAC uko yatanze isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/09/2021
in MU RWANDA
0
RAB yananiwe gusobanurira PAC uko yatanze isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa mbere tariki 13 Nzeri 2021 ubwo ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (RAB) cyitabaga PAC, cyananiwe kwisobanura ku makosa cyakoze mu gutanga isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda ikariha Company BETA COMPANY yakoze inyigo y’isoko, igahindukira ikanahabwa iryo soko ryo gukora igenzura ry’imirimo.

Ni ibintu abadepite bavuze ko binyuranyije n’itegeko ryo gutanga amasoko mu Rwanda.

Ubwo ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kitabaga PAC ku micungire mibi y’umutungo wa Leta mu  2019-2020, PAC yaragagaje ko RAB yatanze amasoko agera ku icumi afite agaciro Ka miliyari 21 na miliyoni 831 zisaga mu buryo budakurikije amategeko. Ayo masoko arimo ayo kugura imashini kubaka amakusanyirizo kugura  imbuto y’imigozi n’ibindi.

Abadepite bagize PAC bagaragaje kutanyurwa n’ibisobanuro byatanzwe na RAB ku isoko rya Miliyari 2 zahawe kampani imwe ngo ikore inyigo bagahindukira bakayiha no gukora umugenzuzi bw’iryo soko.

Perezida wa PAC, Muhakwa Valens, yavuze ko muri RAB habayeho gutanga isoko uwo bahaye isoko banamuha uburenganzira bwo kurigenzura bihita bibangamira imikorere y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta

Umuyobozi wa  RAB yisobanura ntiyemeye ibyatanzwe muri raporo ahubwo ko bemereye umugenzuzi akabyigenzurira.Umuyobozi wa PAC amubajije impamvu babyemereye  umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, DG wa RAB Patrick yahise avuga ko babyemeye mu rwego rwo  kwanga guharira n’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta.

Ni ijambo ritakiriwe neza n’abadepite bagize PAC kuko basabye DG wa RAB kurikura mu mvugo yakoresheje ariko arabyanga.

Nyuma yo kwanga kurikuramo, abadepite bahaye iminota 5 abo muri RAB kujya kwitekerezaho niba bakomeza cyangwa bahagarikiraho bityo abadepite bafata gahunda yo gusohoka.

Abari mu cyumba cy’inama cya RAB nabo basigaye baharira nyuma y’iminota itanu PAC yongeye guterana bityo DG wa RAB akuramo ijambo, kubazwa birakomeza.

Abadepite bagize PAC  basabye abo mu nzego z’ubutabera ko abahawe aya masoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko batangira gukorwaho iperereza.

Amasoko yatanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko harimo iryatwaye miliyari rbyiri aho ryahawe uwagombaga gukora inyigo ndetse akanakora kugenzura imirimo y’isoko yakoreye inyigo kandi ngo binyuranyije  n’amategeko.

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

China: Ubushinwa bwongeye kwibasirwa n’icyorezo cya COVID-19

Next Post

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose
SIPORO

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.