Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RAB yananiwe gusobanurira PAC uko yatanze isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/09/2021
in MU RWANDA
0
RAB yananiwe gusobanurira PAC uko yatanze isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa mbere tariki 13 Nzeri 2021 ubwo ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (RAB) cyitabaga PAC, cyananiwe kwisobanura ku makosa cyakoze mu gutanga isoko rya miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda ikariha Company BETA COMPANY yakoze inyigo y’isoko, igahindukira ikanahabwa iryo soko ryo gukora igenzura ry’imirimo.

Ni ibintu abadepite bavuze ko binyuranyije n’itegeko ryo gutanga amasoko mu Rwanda.

Ubwo ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kitabaga PAC ku micungire mibi y’umutungo wa Leta mu  2019-2020, PAC yaragagaje ko RAB yatanze amasoko agera ku icumi afite agaciro Ka miliyari 21 na miliyoni 831 zisaga mu buryo budakurikije amategeko. Ayo masoko arimo ayo kugura imashini kubaka amakusanyirizo kugura  imbuto y’imigozi n’ibindi.

Abadepite bagize PAC bagaragaje kutanyurwa n’ibisobanuro byatanzwe na RAB ku isoko rya Miliyari 2 zahawe kampani imwe ngo ikore inyigo bagahindukira bakayiha no gukora umugenzuzi bw’iryo soko.

Perezida wa PAC, Muhakwa Valens, yavuze ko muri RAB habayeho gutanga isoko uwo bahaye isoko banamuha uburenganzira bwo kurigenzura bihita bibangamira imikorere y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta

Umuyobozi wa  RAB yisobanura ntiyemeye ibyatanzwe muri raporo ahubwo ko bemereye umugenzuzi akabyigenzurira.Umuyobozi wa PAC amubajije impamvu babyemereye  umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, DG wa RAB Patrick yahise avuga ko babyemeye mu rwego rwo  kwanga guharira n’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta.

Ni ijambo ritakiriwe neza n’abadepite bagize PAC kuko basabye DG wa RAB kurikura mu mvugo yakoresheje ariko arabyanga.

Nyuma yo kwanga kurikuramo, abadepite bahaye iminota 5 abo muri RAB kujya kwitekerezaho niba bakomeza cyangwa bahagarikiraho bityo abadepite bafata gahunda yo gusohoka.

Abari mu cyumba cy’inama cya RAB nabo basigaye baharira nyuma y’iminota itanu PAC yongeye guterana bityo DG wa RAB akuramo ijambo, kubazwa birakomeza.

Abadepite bagize PAC  basabye abo mu nzego z’ubutabera ko abahawe aya masoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko batangira gukorwaho iperereza.

Amasoko yatanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko harimo iryatwaye miliyari rbyiri aho ryahawe uwagombaga gukora inyigo ndetse akanakora kugenzura imirimo y’isoko yakoreye inyigo kandi ngo binyuranyije  n’amategeko.

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

China: Ubushinwa bwongeye kwibasirwa n’icyorezo cya COVID-19

Next Post

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.