Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA
0
Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Raila Odinga uherutse gutsindwa amatora ya Perezida muri Kenya, ntanyurwe, akiyambaza Urukiko rw’Ikirenga, uru Rukiko rwategetse Komisiyo y’Igihugu y’amatora kumwemerera kwirebera amajwi yabaruwe no gusubiramo ibarura ry’amajwi y’abatoreye kuri site zimwe.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022 nyuma yuko rwakiriye ikirego cya Raila Odinga rukanakiburanisha mu gihe icya William Ruto giteshejwe agaciro.

Nation Media Group dukesha aya makuru, ivuga ko Urukiko rw’Ikirenga muri Kenya, rwategetse Komisiyo y’Amatora guha uburenganzira Ihuriro rya Azimio la Umoja ryari rihagarariwe na Odinga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, rikareba uburyo ibarura ry’amajwi ryagenze.

Urukiko kandi rwategetse Komisiyo y’Amatora guha Raila Odinga uburenganzira bwo gukora igenzura ku dusanduku tw’impapuro z’itora two kuri site 14 zatoreweho.

Izo site zirimo ikigo cy’ishuri cya Nandi Hills n’icya Sinendeti Primary School byo muri Nandi, harimo kandi ibigo by’amashuri abanza bya Belgut, Kapsuser na Chepkutum byo muri Kericho; hakaba site z’itora nka Jomvi, Mikindani n’iya Minisiteri y’Ibigega by’amazi biri biri i Mombasa.

Urukiko rw’Ikirenga rwategetse Komisiyo y’Amatora gushyira mu bikorwa iki cyemezo mu gihe cy’amasaha 48, izi site zikaba zafunguwe, hakongera kuba igikorwa cyo kubarura amajwi.

Komisiyo y’amatora yahawe kuva saa munani z’amanywa kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama kugeza saa munani z’amanywa zo ku wa Kane tariki 01 Nzeri 2022, ikaba yagejeje ku Rukiko no ku mpande zose ibyavuye muri iri barura rigiye kongera gukorwa.

Iki cyemezo kigira kiti “Buri ruhande ruzaba ruhagarariwe n’abantu babiri kandi ibizakorwa byose muri icyo gihe bizaba bigenzurwa n’umwanditsi w’Urukiko ndeste n’umukozi warwo. Umwanditsi w’Urukiko azatanga raporo bitarenze saa kumi n’imwe zo ku ya 01 Nzeri 2022 ubundi ashyikirize kopi impande zose.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye

Next Post

Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha

Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.