Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko haramutse havugwa amakuru ko ikipe ya Rayon Sports yatewe mpaga na Intare FC mu mikino y’Igikombe cy’Amahoro, ubuyobozi bw’iyi kipe bwateye utwatsi aya makuru buvuga ko guterwa mpaga bidakorerwa ku mbuga nkoranyambaga.

Ni umukino wazamuye impaka ndende nyuma yuko habayeho gusubikwa mu buryo butunguranye, bigatuma ubuyobozi bwa Rayon Sports butangaza ko bwikuye muri iki Gikombe cy’Amahoro kigeze muri 1/8.

Nyuma bwaje kwisubiraho buvuga ko bugarutse muri iki Gikombe nyuma yo kuganira n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Gusa ubuyobozi bwa Intare FC bwo bwavuze ko iyi kipe itazakina na Rayon Sports kuko yamaze kwikura muri iki gikombe, bityo ko bazayitera mpaga.

Ibi byatumye hatumizwa inama yo kwiga kuri iki kibazo, ndetse FERWAFA itumiza ubuyobozi bw’aya makipe kugira ngo bugicoce.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 27 Werurwe 2023, FERWAFA yatumije abayobora aya makipe ariko Uwayezu Jean Fidèle uyobora Rayon Sports aba ari we witaba gusa ategereza mugenzi we wa Intare FC araheba.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, haramutse hacaracara amakuru ko Rayon Sports yatewe mpaga muri uyu mukino ariko ubuyobozi bw’iyi kipe bwayahakanye.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Jean Paul Nkurunziza mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yahakanye aya makuru ko ibyo guterwa mpaga babyumvise ariko ko atari byo.

Yagize ati “Ayo makuru koko twayabonye ariko ntabwo twayabonye mu buryo bwa nyabwo, harimo ngo birashoboka ku mbuga nkoranyamba za Twitter. Ntabwo dutererwa mpaga ku mbuga nkoranyambaga.”

Jean Paul avuga ko ubwo basezeraga, bari bashyizemo n’ingingo ivuga ko mu gihe FERWAFA yabegera ikabereka ko impungenge zari zatumye basezera zavuyeho, bagaruka muri iri rushanwa, kandi ko byabayeho, bakabamenyesha ko bazakina tariki 27 Werurwe 2023 ariko Intare na yo ntinyurwe ikajurira ari na bwo hatumizwaga impande zombi ku wa Mbere.

Avuga ko inama y’ubujurire bw’uyu mukino bwabuzwemo Perezida wa Intare FC, ariko ko nka Rayon Sports bategereje kumenyeshwa itariki n’ikibuga bazakiniraho uyu mukino.

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − seven =

Previous Post

Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’

Next Post

Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.