Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko haramutse havugwa amakuru ko ikipe ya Rayon Sports yatewe mpaga na Intare FC mu mikino y’Igikombe cy’Amahoro, ubuyobozi bw’iyi kipe bwateye utwatsi aya makuru buvuga ko guterwa mpaga bidakorerwa ku mbuga nkoranyambaga.

Ni umukino wazamuye impaka ndende nyuma yuko habayeho gusubikwa mu buryo butunguranye, bigatuma ubuyobozi bwa Rayon Sports butangaza ko bwikuye muri iki Gikombe cy’Amahoro kigeze muri 1/8.

Nyuma bwaje kwisubiraho buvuga ko bugarutse muri iki Gikombe nyuma yo kuganira n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Gusa ubuyobozi bwa Intare FC bwo bwavuze ko iyi kipe itazakina na Rayon Sports kuko yamaze kwikura muri iki gikombe, bityo ko bazayitera mpaga.

Ibi byatumye hatumizwa inama yo kwiga kuri iki kibazo, ndetse FERWAFA itumiza ubuyobozi bw’aya makipe kugira ngo bugicoce.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 27 Werurwe 2023, FERWAFA yatumije abayobora aya makipe ariko Uwayezu Jean Fidèle uyobora Rayon Sports aba ari we witaba gusa ategereza mugenzi we wa Intare FC araheba.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, haramutse hacaracara amakuru ko Rayon Sports yatewe mpaga muri uyu mukino ariko ubuyobozi bw’iyi kipe bwayahakanye.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Jean Paul Nkurunziza mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yahakanye aya makuru ko ibyo guterwa mpaga babyumvise ariko ko atari byo.

Yagize ati “Ayo makuru koko twayabonye ariko ntabwo twayabonye mu buryo bwa nyabwo, harimo ngo birashoboka ku mbuga nkoranyamba za Twitter. Ntabwo dutererwa mpaga ku mbuga nkoranyambaga.”

Jean Paul avuga ko ubwo basezeraga, bari bashyizemo n’ingingo ivuga ko mu gihe FERWAFA yabegera ikabereka ko impungenge zari zatumye basezera zavuyeho, bagaruka muri iri rushanwa, kandi ko byabayeho, bakabamenyesha ko bazakina tariki 27 Werurwe 2023 ariko Intare na yo ntinyurwe ikajurira ari na bwo hatumizwaga impande zombi ku wa Mbere.

Avuga ko inama y’ubujurire bw’uyu mukino bwabuzwemo Perezida wa Intare FC, ariko ko nka Rayon Sports bategereje kumenyeshwa itariki n’ikibuga bazakiniraho uyu mukino.

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’

Next Post

Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.