Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko haramutse havugwa amakuru ko ikipe ya Rayon Sports yatewe mpaga na Intare FC mu mikino y’Igikombe cy’Amahoro, ubuyobozi bw’iyi kipe bwateye utwatsi aya makuru buvuga ko guterwa mpaga bidakorerwa ku mbuga nkoranyambaga.

Ni umukino wazamuye impaka ndende nyuma yuko habayeho gusubikwa mu buryo butunguranye, bigatuma ubuyobozi bwa Rayon Sports butangaza ko bwikuye muri iki Gikombe cy’Amahoro kigeze muri 1/8.

Nyuma bwaje kwisubiraho buvuga ko bugarutse muri iki Gikombe nyuma yo kuganira n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Gusa ubuyobozi bwa Intare FC bwo bwavuze ko iyi kipe itazakina na Rayon Sports kuko yamaze kwikura muri iki gikombe, bityo ko bazayitera mpaga.

Ibi byatumye hatumizwa inama yo kwiga kuri iki kibazo, ndetse FERWAFA itumiza ubuyobozi bw’aya makipe kugira ngo bugicoce.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 27 Werurwe 2023, FERWAFA yatumije abayobora aya makipe ariko Uwayezu Jean Fidèle uyobora Rayon Sports aba ari we witaba gusa ategereza mugenzi we wa Intare FC araheba.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, haramutse hacaracara amakuru ko Rayon Sports yatewe mpaga muri uyu mukino ariko ubuyobozi bw’iyi kipe bwayahakanye.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Jean Paul Nkurunziza mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yahakanye aya makuru ko ibyo guterwa mpaga babyumvise ariko ko atari byo.

Yagize ati “Ayo makuru koko twayabonye ariko ntabwo twayabonye mu buryo bwa nyabwo, harimo ngo birashoboka ku mbuga nkoranyamba za Twitter. Ntabwo dutererwa mpaga ku mbuga nkoranyambaga.”

Jean Paul avuga ko ubwo basezeraga, bari bashyizemo n’ingingo ivuga ko mu gihe FERWAFA yabegera ikabereka ko impungenge zari zatumye basezera zavuyeho, bagaruka muri iri rushanwa, kandi ko byabayeho, bakabamenyesha ko bazakina tariki 27 Werurwe 2023 ariko Intare na yo ntinyurwe ikajurira ari na bwo hatumizwaga impande zombi ku wa Mbere.

Avuga ko inama y’ubujurire bw’uyu mukino bwabuzwemo Perezida wa Intare FC, ariko ko nka Rayon Sports bategereje kumenyeshwa itariki n’ikibuga bazakiniraho uyu mukino.

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + seven =

Previous Post

Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’

Next Post

Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.