• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino yo gushaka amakipe abiri azahurira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cyateguwe n’Ikigega RNIT, yarangiye Rayon Sports na mucyeba wayo Kiyovu Sports, ziteye intambwe izazihuriza kuri uyu mukino.

Imikino yavuyemo aya makipe, yatangijwe kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri 2023 mu Karere ka Ngoma, aho yari yitabiriwe n’amakipe ane ari yo Rayon Sports, Kiyovu sports, AS Kigali na Etoile de l’Est.

Iyi mikino yatangijwe n’umukino wabaye saa cyenda z’amanywa aho Kiyovu Sports yakinaga na Etoile de l’Est, urangira amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Kiyovu Sports ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyabonetse ku munota wa 19’ gitsinzwe na Djuma, kiza kwishyurwa na Innimest Sunday ku munota wa nyuma w’umukino.

Iminota 90 ikirangira hahise hitazwa Penalikti, aho Kiyovu Sports yatsinda 4-3 za Etoile de l’Est, ihita ikatishe itike y’umukino wa nyuma.

Nyuma y’uyu mukino, ku isaha ya 18:00’ hahise hakurikiraho umukino Rayon Sports yakinagamo na AS Kigali, nab wo urangira amakipe yombi anganya ibitego 2-2.

Rayon Sports yatsindiwe na Akabar Mugadam ndetse na Mussa Essenu, mu gihe AS Kigali yatsindiwe na Akayezu Jean Bosco na Ntirushwa Aime.

Nyuma yo kunganya, hahise hakurikiraho Penaliti, ikipe ya Rayon Sports Itsinda 4-3 kuko Tamale wari wagiye mu kibuga asimbuye Bonheur yari yakuyemo Penaliti bituma Rayon Sports na yo ihita igera ku mukino wa nyuma.

Umukino wa Nyuma wa RNIT Saving Cup uteganyijwe kuri uyu wa Gatanu saa 18:00’ kuri Kigali Pele Stadium, ukazahuza Rayon Sports na Kiyovu Sports, ukazabanzirizwa n’umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uzahuza AS Kigali na Etoile de l’Est uzaba saa 15:00’.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Nyuma y’ukwezi undi wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yahawe inshingano mu kigo mpuzamahanga

Next Post

Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.