Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino yo gushaka amakipe abiri azahurira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cyateguwe n’Ikigega RNIT, yarangiye Rayon Sports na mucyeba wayo Kiyovu Sports, ziteye intambwe izazihuriza kuri uyu mukino.

Imikino yavuyemo aya makipe, yatangijwe kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri 2023 mu Karere ka Ngoma, aho yari yitabiriwe n’amakipe ane ari yo Rayon Sports, Kiyovu sports, AS Kigali na Etoile de l’Est.

Iyi mikino yatangijwe n’umukino wabaye saa cyenda z’amanywa aho Kiyovu Sports yakinaga na Etoile de l’Est, urangira amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Kiyovu Sports ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyabonetse ku munota wa 19’ gitsinzwe na Djuma, kiza kwishyurwa na Innimest Sunday ku munota wa nyuma w’umukino.

Iminota 90 ikirangira hahise hitazwa Penalikti, aho Kiyovu Sports yatsinda 4-3 za Etoile de l’Est, ihita ikatishe itike y’umukino wa nyuma.

Nyuma y’uyu mukino, ku isaha ya 18:00’ hahise hakurikiraho umukino Rayon Sports yakinagamo na AS Kigali, nab wo urangira amakipe yombi anganya ibitego 2-2.

Rayon Sports yatsindiwe na Akabar Mugadam ndetse na Mussa Essenu, mu gihe AS Kigali yatsindiwe na Akayezu Jean Bosco na Ntirushwa Aime.

Nyuma yo kunganya, hahise hakurikiraho Penaliti, ikipe ya Rayon Sports Itsinda 4-3 kuko Tamale wari wagiye mu kibuga asimbuye Bonheur yari yakuyemo Penaliti bituma Rayon Sports na yo ihita igera ku mukino wa nyuma.

Umukino wa Nyuma wa RNIT Saving Cup uteganyijwe kuri uyu wa Gatanu saa 18:00’ kuri Kigali Pele Stadium, ukazahuza Rayon Sports na Kiyovu Sports, ukazabanzirizwa n’umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uzahuza AS Kigali na Etoile de l’Est uzaba saa 15:00’.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Nyuma y’ukwezi undi wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yahawe inshingano mu kigo mpuzamahanga

Next Post

Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Related Posts

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.