Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino yo gushaka amakipe abiri azahurira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cyateguwe n’Ikigega RNIT, yarangiye Rayon Sports na mucyeba wayo Kiyovu Sports, ziteye intambwe izazihuriza kuri uyu mukino.

Imikino yavuyemo aya makipe, yatangijwe kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri 2023 mu Karere ka Ngoma, aho yari yitabiriwe n’amakipe ane ari yo Rayon Sports, Kiyovu sports, AS Kigali na Etoile de l’Est.

Iyi mikino yatangijwe n’umukino wabaye saa cyenda z’amanywa aho Kiyovu Sports yakinaga na Etoile de l’Est, urangira amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Kiyovu Sports ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyabonetse ku munota wa 19’ gitsinzwe na Djuma, kiza kwishyurwa na Innimest Sunday ku munota wa nyuma w’umukino.

Iminota 90 ikirangira hahise hitazwa Penalikti, aho Kiyovu Sports yatsinda 4-3 za Etoile de l’Est, ihita ikatishe itike y’umukino wa nyuma.

Nyuma y’uyu mukino, ku isaha ya 18:00’ hahise hakurikiraho umukino Rayon Sports yakinagamo na AS Kigali, nab wo urangira amakipe yombi anganya ibitego 2-2.

Rayon Sports yatsindiwe na Akabar Mugadam ndetse na Mussa Essenu, mu gihe AS Kigali yatsindiwe na Akayezu Jean Bosco na Ntirushwa Aime.

Nyuma yo kunganya, hahise hakurikiraho Penaliti, ikipe ya Rayon Sports Itsinda 4-3 kuko Tamale wari wagiye mu kibuga asimbuye Bonheur yari yakuyemo Penaliti bituma Rayon Sports na yo ihita igera ku mukino wa nyuma.

Umukino wa Nyuma wa RNIT Saving Cup uteganyijwe kuri uyu wa Gatanu saa 18:00’ kuri Kigali Pele Stadium, ukazahuza Rayon Sports na Kiyovu Sports, ukazabanzirizwa n’umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uzahuza AS Kigali na Etoile de l’Est uzaba saa 15:00’.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 17 =

Previous Post

Nyuma y’ukwezi undi wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yahawe inshingano mu kigo mpuzamahanga

Next Post

Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Related Posts

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

IZIHERUKA

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises
SIPORO

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.