Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
2
RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze amakuru arambuye ku ndwara ya Monkeypox ikomeje kuragara mu bice binyuranye by’Isi, inatanga umucyo ku bibaza niba iyi ndwara y’uruhu yaba yarageze mu Rwanda.

Iyi ndwara ya Monkeypox imaze kugaragara mu Bihugu binyuranye birimo ibyo ku Mugabane w’u Burayi birimo u Bufaransa, Sweden, Espagne, u Butaliyani ndetse no muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru mashya kuri iyi ndwara imaze icyumweru ikomeje kugarukwaho cyane, avuga ko ubu hari gukorwa icukumbura muri ibi Bihugu by’i Burayi ndetse no muri Cananda, muri Australia no muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Muri Canada gusa hari gukorwa ibizamini ku bantu 13 bakekwaho kurwara iyi ndwara ifata uruhu.

Umuntu wa mbere urwaye iyi ndwara, yagaragaye tariki 07 Gicurasi 2022 mu Bwongereza aho uwo murwayi yari aherutse gukorera ingendo muri Nigeria bikaba binakekwa ko ari ho yayikuye.

Iyi ndwara ya Monkeypox ikunze kugaragara cyane mu Bihugu byo muri Afurika yo Hagati n’iy’Iburengerazuba.

Inzego z’ubuzima ku Isi ndetse no mu Bihugu by’i Burayi yamaze kugaragaramo, ziratangaza ko inkomo y’iyi ndwara, itaramenyekana.

Iyi ndwara iterwa na Virus, ntikunze kwanduzanya hagati y’abantu ndetse nta nubwo ikwirakwira mu bantu cyane mu buryo bwa rusange nk’icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze igihe cyarashegeshe Isi.

 

Ntiragera mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) gitangaza ko iyi ndwara ya Monkeypox ihererekanywa binyuze ku gukora ku nyamaswa, ku muntu byamaze kwandura cyangwa no ku bindi bintu iyo virusi yagezeho.

Iki Kigo kandi cyamaze impungenge ku bakekaga ko iyi ndwara yaba yamaze kugera mu Rwanda, kigira kiti “Iyi ndwara ntabwo iragaragara mu Rwanda.”

RBC ikomeza ivuga ko “Inyamaswa zishobora kwanduza abantu iyi virusi binyuze mu kubaruma cyangwa kubashwaratuza inzara. Abantu kandi bashobora kwandura binyuze mu gukora ku matembabuzi ava mu mubiri w’uwanduye cyangwa gukora ku myenda n’ibiryamirwa by’uwanduye.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima cyanagaragaje ingamba zo kwirinda iyi ndwara zirimo kwirinda gukora ku nyamaswa cyane cyane izipfushije, kwirinda gukora ku murwayi cyangwa inyamaswa irwaye no kwirinda gukora ku myenda cyangwa ibiryamirwa by’umurwayi.

Virusi itera #Monkeypox ihererekanywa binyuze ku gukora ku nyamaswa, ku muntu byamaze kwandura cyangwa no ku bindi bintu iyo virusi yagezeho.

Iyi ndwara ntabwo iragaragara mu #Rwanda. https://t.co/3CQAMFbVdA

— Rwanda Biomedical Centre (@RBCRwanda) May 20, 2022

RADIOTV10

Comments 2

  1. Sharifu says:
    4 years ago

    Imana ikiturinde nukiri kandi mushyireho ubukangurambaga bwisuku ndetse mukwirakwize namazi meza

    Reply
  2. DUSENGE says:
    4 years ago

    Ese kuki amafoto yifashishijwe ari ayabirabura kandi numva ibihugu irimo ari mubazungu?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Ntaganda wafunzwe imyaka 4 azira gukurura amacakubiri yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida

Next Post

Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.