Sunday, April 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
2
RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze amakuru arambuye ku ndwara ya Monkeypox ikomeje kuragara mu bice binyuranye by’Isi, inatanga umucyo ku bibaza niba iyi ndwara y’uruhu yaba yarageze mu Rwanda.

Iyi ndwara ya Monkeypox imaze kugaragara mu Bihugu binyuranye birimo ibyo ku Mugabane w’u Burayi birimo u Bufaransa, Sweden, Espagne, u Butaliyani ndetse no muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru mashya kuri iyi ndwara imaze icyumweru ikomeje kugarukwaho cyane, avuga ko ubu hari gukorwa icukumbura muri ibi Bihugu by’i Burayi ndetse no muri Cananda, muri Australia no muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Muri Canada gusa hari gukorwa ibizamini ku bantu 13 bakekwaho kurwara iyi ndwara ifata uruhu.

Umuntu wa mbere urwaye iyi ndwara, yagaragaye tariki 07 Gicurasi 2022 mu Bwongereza aho uwo murwayi yari aherutse gukorera ingendo muri Nigeria bikaba binakekwa ko ari ho yayikuye.

Iyi ndwara ya Monkeypox ikunze kugaragara cyane mu Bihugu byo muri Afurika yo Hagati n’iy’Iburengerazuba.

Inzego z’ubuzima ku Isi ndetse no mu Bihugu by’i Burayi yamaze kugaragaramo, ziratangaza ko inkomo y’iyi ndwara, itaramenyekana.

Iyi ndwara iterwa na Virus, ntikunze kwanduzanya hagati y’abantu ndetse nta nubwo ikwirakwira mu bantu cyane mu buryo bwa rusange nk’icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze igihe cyarashegeshe Isi.

 

Ntiragera mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) gitangaza ko iyi ndwara ya Monkeypox ihererekanywa binyuze ku gukora ku nyamaswa, ku muntu byamaze kwandura cyangwa no ku bindi bintu iyo virusi yagezeho.

Iki Kigo kandi cyamaze impungenge ku bakekaga ko iyi ndwara yaba yamaze kugera mu Rwanda, kigira kiti “Iyi ndwara ntabwo iragaragara mu Rwanda.”

RBC ikomeza ivuga ko “Inyamaswa zishobora kwanduza abantu iyi virusi binyuze mu kubaruma cyangwa kubashwaratuza inzara. Abantu kandi bashobora kwandura binyuze mu gukora ku matembabuzi ava mu mubiri w’uwanduye cyangwa gukora ku myenda n’ibiryamirwa by’uwanduye.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima cyanagaragaje ingamba zo kwirinda iyi ndwara zirimo kwirinda gukora ku nyamaswa cyane cyane izipfushije, kwirinda gukora ku murwayi cyangwa inyamaswa irwaye no kwirinda gukora ku myenda cyangwa ibiryamirwa by’umurwayi.

Virusi itera #Monkeypox ihererekanywa binyuze ku gukora ku nyamaswa, ku muntu byamaze kwandura cyangwa no ku bindi bintu iyo virusi yagezeho.

Iyi ndwara ntabwo iragaragara mu #Rwanda. https://t.co/3CQAMFbVdA

— Rwanda Biomedical Centre (@RBCRwanda) May 20, 2022

RADIOTV10

Comments 2

  1. Sharifu says:
    4 years ago

    Imana ikiturinde nukiri kandi mushyireho ubukangurambaga bwisuku ndetse mukwirakwize namazi meza

    Reply
  2. DUSENGE says:
    4 years ago

    Ese kuki amafoto yifashishijwe ari ayabirabura kandi numva ibihugu irimo ari mubazungu?

    Reply

Leave a Reply to Sharifu Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Ntaganda wafunzwe imyaka 4 azira gukurura amacakubiri yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida

Next Post

Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

Related Posts

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

by radiotv10
25/04/2026
0

Guverinoma y’u Bubiligi yamaganiye kure amakuru yavugaga ko iki Gihugu kiri guha intwaro u Burundi ngo buzifashisha mu mugambi wo...

Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

by radiotv10
25/04/2026
0

Starting a business or launching any initiative sounds exciting and it is, but it also demands more than just a...

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

by radiotv10
24/04/2026
0

Kompanyi ya Choplife Gaming Limited (CLG), ikora nka betPawa ku isoko ryo Rwanda ikaba imwe mu zitanga serivisi z’imikino y’amahirwe,...

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

by radiotv10
24/04/2026
0

Bisi 50 zikoresha amashanyarazi zigiye kongerwa muri gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, aho...

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
24/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yakiriye ibiganiro byahuje abagize Komisiyo Ihuriweho hagati y’u Rwanda na DRC...

IZIHERUKA

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda
MU RWANDA

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

by radiotv10
25/04/2026
0

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

25/04/2026
Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

25/04/2026
Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

24/04/2026
Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

24/04/2026
Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

24/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Skills You Need to Start and Grow a Business

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.