Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in MU RWANDA
0
RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ntibwitabiriye inama yabereye i Goma muri DRCongo yahuje Abagaba Bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yafatiwemo imyanzuro yo gushyiraho igisirikare gihuriweho cyo kurwanya imitwe yitwaje intwaro iri muri Congo.

Iyi nama ije ikurikira iy’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabaye muri Mata 2022, igafatirwamo ibyemezo bisaba imitwe yitwaje intwaro yose iba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gushyira hasi intwaro.

Iyi myanzuro y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo muri EAC, ivuga ko imitwe ikomoka muri DRC igomba kwitabira ibiganiro n’ubutegetsi bw’Igihugu kugira ngo igaragaze ibyo irwanira, naho ikomoka hanze igahita itaha.

Mu Mujyi wa Goma, hateraniye indi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bigize EAC uretse u Rwanda rutayitabiriye, yafatiwemo ibyemezo na byo bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Iyi nama yari iyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRC, Gen Célestin Mbala Musense yitabiriwe n’ibindi Bihugu byose birimo iki cya DRC cyayakiriye, u Burundi, Kenya, Tanzania, Uganda na Sudani y’Epfo.

Iyi nama yemeje ko hashyirwaho itsinda ry’Igisirikare gihuriweho n’ingabo z’Ibihugu bigize EAC, rigamije kurandura imitwe yitwaje Intwaro iri mu ri DRCongo.

Ubwo yatangizaga iyi nama, Gen Célestin Mbala yagize ati “dushingiye ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yabereye i Nairobi, Perezida wa DRC yansabye kubatumira muri iyi nama igamije gushakira hamwe uko twashyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya, Robert Kibochi yavuze ko ibibazo by’umutekano n’ituze mu Burasirazuba bwa DRC biri mu bihangayikishije akarere kuko ari ho ndiri y’ibibazo by’umutekano mucye bikunze kugaragara mu bindi Bihugu bigize akarere.

Yagize ati “Nk’akarere tugomba gushyira hamwe imbaraga tukarandura ibibazo by’umutekano tukagarura amahoro n’ituze mu Burasirazuba bwa DRC kugira ngo turusheho gufasha abaturage bacu gukomeza kubyaza umusaruro ukwihuza kwacu.”

Iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bya EAC, irakurikirwa n’indi nama y’impuguke mu bya gisirikare n’umutekano zo muri aka karere baza gushyiraho gahunda n’imirongo y’uburyo iri tsinda rihuriweho n’Igisirikare rizakora.

U Rwanda rutitabiriye iyi nama y’ubuyobozi bw’Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC, rumaze iminsi rufitanye ibibazo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bishingiye ku birego, ibihugu byombi bishinjanya.

DRC ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, na rwo rugashinja iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda gufatanya n’umutwe wa DFLR mu bikorwa byo gushotora u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 16 =

Previous Post

Umuti w’ikibazo si ukunyamagana cyangwa kwinjira mu ntambara n’u Rwanda-Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Next Post

Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Related Posts

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

IZIHERUKA

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning
IMIBEREHO MYIZA

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.