Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in MU RWANDA
0
RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ntibwitabiriye inama yabereye i Goma muri DRCongo yahuje Abagaba Bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yafatiwemo imyanzuro yo gushyiraho igisirikare gihuriweho cyo kurwanya imitwe yitwaje intwaro iri muri Congo.

Iyi nama ije ikurikira iy’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabaye muri Mata 2022, igafatirwamo ibyemezo bisaba imitwe yitwaje intwaro yose iba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gushyira hasi intwaro.

Iyi myanzuro y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo muri EAC, ivuga ko imitwe ikomoka muri DRC igomba kwitabira ibiganiro n’ubutegetsi bw’Igihugu kugira ngo igaragaze ibyo irwanira, naho ikomoka hanze igahita itaha.

Mu Mujyi wa Goma, hateraniye indi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bigize EAC uretse u Rwanda rutayitabiriye, yafatiwemo ibyemezo na byo bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Iyi nama yari iyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRC, Gen Célestin Mbala Musense yitabiriwe n’ibindi Bihugu byose birimo iki cya DRC cyayakiriye, u Burundi, Kenya, Tanzania, Uganda na Sudani y’Epfo.

Iyi nama yemeje ko hashyirwaho itsinda ry’Igisirikare gihuriweho n’ingabo z’Ibihugu bigize EAC, rigamije kurandura imitwe yitwaje Intwaro iri mu ri DRCongo.

Ubwo yatangizaga iyi nama, Gen Célestin Mbala yagize ati “dushingiye ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yabereye i Nairobi, Perezida wa DRC yansabye kubatumira muri iyi nama igamije gushakira hamwe uko twashyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya, Robert Kibochi yavuze ko ibibazo by’umutekano n’ituze mu Burasirazuba bwa DRC biri mu bihangayikishije akarere kuko ari ho ndiri y’ibibazo by’umutekano mucye bikunze kugaragara mu bindi Bihugu bigize akarere.

Yagize ati “Nk’akarere tugomba gushyira hamwe imbaraga tukarandura ibibazo by’umutekano tukagarura amahoro n’ituze mu Burasirazuba bwa DRC kugira ngo turusheho gufasha abaturage bacu gukomeza kubyaza umusaruro ukwihuza kwacu.”

Iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bya EAC, irakurikirwa n’indi nama y’impuguke mu bya gisirikare n’umutekano zo muri aka karere baza gushyiraho gahunda n’imirongo y’uburyo iri tsinda rihuriweho n’Igisirikare rizakora.

U Rwanda rutitabiriye iyi nama y’ubuyobozi bw’Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC, rumaze iminsi rufitanye ibibazo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bishingiye ku birego, ibihugu byombi bishinjanya.

DRC ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, na rwo rugashinja iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda gufatanya n’umutwe wa DFLR mu bikorwa byo gushotora u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 16 =

Previous Post

Umuti w’ikibazo si ukunyamagana cyangwa kwinjira mu ntambara n’u Rwanda-Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Next Post

Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.