Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in MU RWANDA
0
RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ntibwitabiriye inama yabereye i Goma muri DRCongo yahuje Abagaba Bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yafatiwemo imyanzuro yo gushyiraho igisirikare gihuriweho cyo kurwanya imitwe yitwaje intwaro iri muri Congo.

Iyi nama ije ikurikira iy’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabaye muri Mata 2022, igafatirwamo ibyemezo bisaba imitwe yitwaje intwaro yose iba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gushyira hasi intwaro.

Iyi myanzuro y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo muri EAC, ivuga ko imitwe ikomoka muri DRC igomba kwitabira ibiganiro n’ubutegetsi bw’Igihugu kugira ngo igaragaze ibyo irwanira, naho ikomoka hanze igahita itaha.

Mu Mujyi wa Goma, hateraniye indi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bigize EAC uretse u Rwanda rutayitabiriye, yafatiwemo ibyemezo na byo bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Iyi nama yari iyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRC, Gen Célestin Mbala Musense yitabiriwe n’ibindi Bihugu byose birimo iki cya DRC cyayakiriye, u Burundi, Kenya, Tanzania, Uganda na Sudani y’Epfo.

Iyi nama yemeje ko hashyirwaho itsinda ry’Igisirikare gihuriweho n’ingabo z’Ibihugu bigize EAC, rigamije kurandura imitwe yitwaje Intwaro iri mu ri DRCongo.

Ubwo yatangizaga iyi nama, Gen Célestin Mbala yagize ati “dushingiye ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yabereye i Nairobi, Perezida wa DRC yansabye kubatumira muri iyi nama igamije gushakira hamwe uko twashyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya, Robert Kibochi yavuze ko ibibazo by’umutekano n’ituze mu Burasirazuba bwa DRC biri mu bihangayikishije akarere kuko ari ho ndiri y’ibibazo by’umutekano mucye bikunze kugaragara mu bindi Bihugu bigize akarere.

Yagize ati “Nk’akarere tugomba gushyira hamwe imbaraga tukarandura ibibazo by’umutekano tukagarura amahoro n’ituze mu Burasirazuba bwa DRC kugira ngo turusheho gufasha abaturage bacu gukomeza kubyaza umusaruro ukwihuza kwacu.”

Iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bya EAC, irakurikirwa n’indi nama y’impuguke mu bya gisirikare n’umutekano zo muri aka karere baza gushyiraho gahunda n’imirongo y’uburyo iri tsinda rihuriweho n’Igisirikare rizakora.

U Rwanda rutitabiriye iyi nama y’ubuyobozi bw’Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC, rumaze iminsi rufitanye ibibazo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bishingiye ku birego, ibihugu byombi bishinjanya.

DRC ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, na rwo rugashinja iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda gufatanya n’umutwe wa DFLR mu bikorwa byo gushotora u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Umuti w’ikibazo si ukunyamagana cyangwa kwinjira mu ntambara n’u Rwanda-Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Next Post

Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.